• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

Ubwanditsi 16 Nov 2016 POLITIKI

Kuru uyu wa 15 Ugushyingo 2016, ubwo abanyepolitiki batandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bari bateraniye kumvira hamwe icyo Perezida Joseph Kabila atangaza ku kijyanye no kwiyamamariza kuyobora indi manda, aba banyepolitiki batunguwe n’imvugo yakoresheje mu kubabwira icyo atekereza.

Perezida Kabila yavuze ko nta kintu azigera ahindura ku biteganywa n’itegeko nshinga ryo mu gihugu ku bijyanye na manda y’umukuru w’igihugu, ndetse ko itegekonshinga ari ryo rizubahirizwa.

Ibi byabaye nk’ibiteza impaka mu bari bitabiriye iyi nama barimo abadepite, abo mu ishyaka riri ku butegetsi ndetse n’abatavuga rumwe na ryo, kuko itegekonshinga ryo muri iki gihugu riteganya ko umukuru w’igihugu agomba kuva ku butegetsi ari uko habonetse undi umusimbura.

Abatavuga rumwe na leta bavuga ko iyi mvugo ya Perezida Kabira ibitse byinshi birimo n’amayeri yo kugundira ubutegetsi.

Delly Sessanga, umwe mu batavuga rumwe na Leta yagize ati; “Nkurikije imyitwarire nabonanye perezida mu mvugo ye, nsanga ashobora kuzagaragaza ibyo atekereza ku kwiyamamaza habura nk’iminsi micye ngo amatora abe. Njye nsanga hakwiye ibiganiro byimbitse ku kijyanye n’amatora kugirango bitazabangama.”

Tryphon Kinkey Mulumba wari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, mu kiganiro yagiranye na bamwe mu bagize Inteko ishingamategeko yagize ati, “Ndabona ibi bisa n’ibiduhaye umukoro. Ntiturebe ko yavuze ijambo ryiza agahabwa amashyi, ahubwo turebe icyo yashatse kuvuga kuko ibyo yavuze bishobora kuzagira inkurikizi.”

Iyi nama yabaye mu gihe Perezida Kabila yagiriwe icyizere n’abatavuga rumwe na we kuyobora inzibacyuho izageza mu mwaka wa 2018, ari nabwo hateganyijwe amatora y’umukuru w’igihugu.

Ku itariki ya 14 Ugushyingo 2016, nibwo Minisitiri w’Intebe muri iki gihugu yeguye ku mirimo ye hamwe na Guverinoma ye yose, aho mu ibaruwa bashyikirije Kabila bavuze ko bubahirije ibikubiye mu masezerano yari aherutse gusinywa hagati y’ishyaka riri ku butegetsi n’abatavuga rumwe na ryo, ko Minisitiri w’Intebe agomba guturuka mu batavuga rumwe na Leta.

-4695.jpg

Perezida wa Congo Joseph Kabila

2016-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Ubwanditsi 18 Jun 2024
Urugendo rw’iminsi ibiri  Perezida Paul  Kagame agirira muri  Morocco  ( Video )

Urugendo rw’iminsi ibiri Perezida Paul Kagame agirira muri Morocco ( Video )

Ubwanditsi 21 Jun 2016
“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

“Nubwo byagaze, byange mbyirire yenda bwacya kabiri” – Perezida Ndayishimiye

Ubwanditsi 20 Feb 2025
RDC: Ishyaka riri ku butegetsi, PPRD, riravuga ko Kabila ari perezida kandi azahora ari perezida

RDC: Ishyaka riri ku butegetsi, PPRD, riravuga ko Kabila ari perezida kandi azahora ari perezida

Ubwanditsi 11 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda
Amakuru

Intara y’Iburasirazuba: Imikwabu itandukanye yafashe ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha
Mu Rwanda

Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Kagame abona imikoranire ikwiye hagati ya leta na ‘Opozisiyo’

Ubwanditsi 15 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru