• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

RDC: Ijambo rya Perezida Kabila ryateje impagarara mu banyepolitiki

Ubwanditsi 16 Nov 2016 POLITIKI

Kuru uyu wa 15 Ugushyingo 2016, ubwo abanyepolitiki batandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bari bateraniye kumvira hamwe icyo Perezida Joseph Kabila atangaza ku kijyanye no kwiyamamariza kuyobora indi manda, aba banyepolitiki batunguwe n’imvugo yakoresheje mu kubabwira icyo atekereza.

Perezida Kabila yavuze ko nta kintu azigera ahindura ku biteganywa n’itegeko nshinga ryo mu gihugu ku bijyanye na manda y’umukuru w’igihugu, ndetse ko itegekonshinga ari ryo rizubahirizwa.

Ibi byabaye nk’ibiteza impaka mu bari bitabiriye iyi nama barimo abadepite, abo mu ishyaka riri ku butegetsi ndetse n’abatavuga rumwe na ryo, kuko itegekonshinga ryo muri iki gihugu riteganya ko umukuru w’igihugu agomba kuva ku butegetsi ari uko habonetse undi umusimbura.

Abatavuga rumwe na leta bavuga ko iyi mvugo ya Perezida Kabira ibitse byinshi birimo n’amayeri yo kugundira ubutegetsi.

Delly Sessanga, umwe mu batavuga rumwe na Leta yagize ati; “Nkurikije imyitwarire nabonanye perezida mu mvugo ye, nsanga ashobora kuzagaragaza ibyo atekereza ku kwiyamamaza habura nk’iminsi micye ngo amatora abe. Njye nsanga hakwiye ibiganiro byimbitse ku kijyanye n’amatora kugirango bitazabangama.”

Tryphon Kinkey Mulumba wari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, mu kiganiro yagiranye na bamwe mu bagize Inteko ishingamategeko yagize ati, “Ndabona ibi bisa n’ibiduhaye umukoro. Ntiturebe ko yavuze ijambo ryiza agahabwa amashyi, ahubwo turebe icyo yashatse kuvuga kuko ibyo yavuze bishobora kuzagira inkurikizi.”

Iyi nama yabaye mu gihe Perezida Kabila yagiriwe icyizere n’abatavuga rumwe na we kuyobora inzibacyuho izageza mu mwaka wa 2018, ari nabwo hateganyijwe amatora y’umukuru w’igihugu.

Ku itariki ya 14 Ugushyingo 2016, nibwo Minisitiri w’Intebe muri iki gihugu yeguye ku mirimo ye hamwe na Guverinoma ye yose, aho mu ibaruwa bashyikirije Kabila bavuze ko bubahirije ibikubiye mu masezerano yari aherutse gusinywa hagati y’ishyaka riri ku butegetsi n’abatavuga rumwe na ryo, ko Minisitiri w’Intebe agomba guturuka mu batavuga rumwe na Leta.

-4695.jpg

Perezida wa Congo Joseph Kabila

2016-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Ubwanditsi 12 Jul 2024
U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier

Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Abadepite ba Kenya muri EALA bazatorwa tariki 13 z.uku kwezi

Ubwanditsi 01 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame
HIRYA NO HINO

Itangazamakuru rya EAC rikuririza ikibazo cy’u Rwanda na Uganda – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona
Amakuru

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ubwanditsi 11 Nov 2024
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine
Amakuru

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Ubwanditsi 13 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru