• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda : Imvururu zishingiye gushyiraho Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles Mumbere atabwa muri yombi

Uganda : Imvururu zishingiye gushyiraho Leta nshya, ikazaba ifite izina rya ‘Repubulika ya Yiira’ . Zatumye umwami Charles Mumbere atabwa muri yombi

Ubwanditsi 28 Nov 2016 ITOHOZA

Ku cyumweru taliki ya 27/11/2016 muri Uganda havutse imvururu mu gace ka Ruwenzori zatumye umwami w’ako gace witwa Charles Mumbere atabwa muri yombi akaba agiye koherezwa mu murwa mukuru wa Kampala. Umuvugizi w’igipolisi cya Uganda yabwiye itangazamakuru ko uwo mwami ashinjwa ibyaha byo “gushyigikira izo mvururu”.

Itabwa muri yombi ry’uyu mwami ritewe n’imvururu zimaze icyumweru zivutse mu karere ka Ruwenzori ko muri Uganda gahana umupaka n’igihugu cya Congo (RDC).

Izo mvururu zafashe intera yo hejuru kuri uyu wa gatandatu taliki ya 26/11/2016 aho abantu bagera kuri 55 baguye muri izo mvururu. Ubushyamirane bwatangiye muri ako karere biturutse ku matora rusange yabaye muri Uganda mu kwezi kwa Gashyantare uyu mwaka.

Umubare w’abamaze guhitanwa n’izo mvururu uri kugenda wiyongera, hamaze gupfa abapolisi 14 n’abantu 41 bamaze kwicwa bari mubagaba ibyo bitero, polisi ya Uganda ikaba ivuga ko abo bagaba ibyo bitero bamaze gutsindwa.

Umuvugizi wa polisi ya Uganda, Felix Kaweesi avuga ko mu gihe igipolisi cy’icyo gihugu gifatanyije n’ingabo za Uganda barimo bakora irondo hafi y’ingoro y’umwami wa Ruwenzori mu gitondo cyo kuwa gatandatu taliki ya 26/11/2016, nibwo ingabo zirinda umwami wa Ruwenzori zabagabyeho igitero, hakaba harabaye ukurasana gukomeye hagati y’imitwe yombi.

Uwo muvugizi wa polisi avuga ko hari ibindi bitero-shuma bagabweho mu duce tunyuranye muri ako karere, ndetse n’imodoka y’igipolisi iratwikwa. Igipolisi cya Uganda kikaba cyemeza ko ibyo bitero byayigabweho byari biteguye neza, abagaba ibyo bitero bakaba bari bitwaje intwaro zo mu bwoko bwa masotela na grenades.

Polisi ya Uganda ikaba icyeka ko abagaba ibyo bitero bashobora kuba ari abarwanyi bo mu mutwe wa ADF Nalu barwanya ubutegetsi bwa Uganda bafite ibirindiro ku butaka bwa Congo cyangwa se akaba ari undi mutwe mushya w’abarwanyi uhabwa intware n’izo nyeshyamba za ADF.

Polisi ya Uganda isanga izi mvururu nshya zivutse muri Uganda zifite isura ya politiki y’abantu bashaka gushinga leta nshya yigenga muri Uganda, iyo leta ikazaba ifite izina rya “Repubulika ya Yiira”.

Source: RFI

-4823.jpg

Umwami Charles Mumbere

-4821.jpg

Ubukwe bw’ Umwami Charles Wesley Mumbere

-4822.jpg

Imodoka iriho imbunda kurugo rw’umwami

2016-11-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

Ubwanditsi 14 Feb 2017
Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Ubwanditsi 12 Feb 2020
Uganda: Ni iki cyihishe inyuma y’ingendo bivugwa ko Kayumba Nyamwasa akunze gukorera muri Uganda?

Uganda: Ni iki cyihishe inyuma y’ingendo bivugwa ko Kayumba Nyamwasa akunze gukorera muri Uganda?

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Ubwanditsi 02 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.
Amakuru

“Mu nama y’ibihugu bivuga igifaransa, Francophonie”,Tshisekedi yagaragaje ubwana muri politiki na dipolomasi.

Ubwanditsi 07 Oct 2024
Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition
Mu Mahanga

Rwanda 2015: Winding up Business with a unique selling proposition

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Meya Uwanzwenuwe na perezida wa Ibuka bateye utwatsi amakuru yacicikanye avuga ko Visi Meya yanze kwakira urumuri rw’ icyizere
ITOHOZA

Meya Uwanzwenuwe na perezida wa Ibuka bateye utwatsi amakuru yacicikanye avuga ko Visi Meya yanze kwakira urumuri rw’ icyizere

Ubwanditsi 15 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru