• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Editorial 25 Dec 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 24 Ukuboza 2016, kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo habereye umuhango wo gusoza icyiciro cya 6 cy’ubukangurambaga n’ubufatanye ku mutekano n’isuku, hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali bwari bumaze amezi 6, hanahembwa abababaye indashyikirwa mu bikorwa byo guharanira isuku ndetse no kubungabunga umutekano.

Minisitiri w’umutungo kamere Vincent Biruta wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yashimye ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali, aho yavuze ati:”ubufatanye buriho mu mutekano n’isuku, burerekana ko ubufatanye bw’inzego zitandukanye tubukomeje ntacyo tutageraho”.

Yasabye ko ibyakozwe muri ubu bukangurambaga byaba umuco, abantu bakirinda kujugunya no gushyira imyanda aho babonye, akaba yavuze ati: ”Umujyi wacu uzwiho isuku n’umutekano mu mahanga, ibi biraharanirwa kandi biva kuri Politiki n’imihigo igihugu kiba cyarihaye ndetse n’inzego zibishinzwe zibikora neza”.

Yanasabye imirenge yagize amanota macye kwigira ku mirenge byegeranye yagize amanota meza, anasaba ko abayobora imirenge yose mu mujyi wa Kigali bazahura, abagize amanota meza bagasangiza abandi uko bakora ngo bagire amanota meza.

Minisitiri Biruta yasabye ko abantu bakomeza kwamagana no gucika ku mico mibi ikigaragara kuri bamwe, abajugunya amacupa aho babonye, abinjiza amashashi mu gihugu, kuko bibangamira ibidukikije. Aha yavuze ati:”Ikoreshwa ry’amashashi ku isi rikomeje uko rimeze ubu, twazagera mu mwaka wa 2050, amashashi ari mu biyaga no mu Nyanja aruta amafi yazaba arimo.”

Yanaboneyeho umwanya wo kongera gusaba abantu kwirinda kumena imyanda mu bishanga no gufatanya kubirinda ndetse no kutubaka mu nkengero kuko “bitugiraho ingaruka twese.”

Yasoje asaba ko ubu bufatanye bwakongerwamo imbaraga, abantu bakarushaho gutera amashyamba n’ibyatsi aho biri ngombwa, anakangurira abanyarwanda muri rusange n’abanyakigali by’umwihariko kudatema amashyamba adakuze bashaka inkwi n’amakara, ahubwo bagakoresha gazi, dore ko inahendutse kurusha inkwi n’amakara nk’uko yabivuze.

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Monique Mukaruliza, yashimiye Polisi y’u Rwanda kubera imikoranire muri gahunda yo kunoza isuku n’umutekano bafitanye.
Yavuze ati:”Ndashimira Polisi y’u Rwanda na buri wese ugira uruhare ngo umutekano n’isuku bitsimbatare, kuko bihesha isura nziza umujyi wa Kigali, n’igihugu cyacu muri rusange.”

Yakomeje avuga ati:”Ibyagezweho tugomba kubyubakiraho ngo turusheho gukataza mu isuku n’umutekano kuko byombi ari inkingi ikomeye mu iterambere ry’igihugu.”

Yasabye ababonye amanota ari hasi kongera imbaraga, ku buryo umwaka utaha bazaza ku isonga, anavuga ko ibikorwa by’ubukangurambaga bidasojwe, ahubwo hatangiye indi ntambwe y’imihigo mishya.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, mu ijambo rye yavuze ko ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali buzahoraho, kandi ibihembo bikajya bitangwa buri mwaka.

Yavuze ati:”Twiyemeje kugira umujyi utekanye kandi usukuye, duharanira ubuzima bwiza bw’abaturage, kandi tuzakomeza gushyira mu bikorwa ibiteganywa n’amategeko no kwigisha abatarumva ubu bukangurambaga.”

IGP Gasana yavuze ko mu rwego rwo kwita ku bidukikije Polisi y’u Rwanda yateye ubusitani n’amashyamba kuri hegitari zigera kuri 600 mu Rwanda hose, mu minsi ishize hakaba haranakozwe umukwabu wo kureba niba hari amashashi agikoreshwa, hafatwa arenga ibihumbi 500 yinjiye mu buryo bwa magendu, anaburira abayinjiza n’abayakoresha ko bazakomeza gushakishwa bagahanwa.

Yanasabye abanyarwanda gukomeza guhanahana amakuru mu gukumira no kurwanya ibyaha,kugirango igihugu gikomeze umuvuduko gifite mu iterambere, barushaho kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, ndengamipaka, icuruzwa ry’abantu,ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubujura, ibiyobyabwenge cyane cyane mu rubyiruko, ruswa igaragara mu nzego zitandukanye n’ibindi.

IGP Gasana yasoje yifuriza abanyarwanda iminsi mikuru myiza, ababwira ko bazizihiza iminsi mikuru yabo neza kuko mu Rwanda umutekano uhari ariko ntawe ubangamiye undi.

Yavuze ati:”Muri iyi minsi mikuru ntawe ubujijwe kwishima, abateguye ibitaramo bakabikora ariko hakirindwa urusaku rukabije rubuza umutekano w’abandi, kandi bikubahiriza amasaha yagenwe.”

Umurenge wa Remera wo mu karere ka Gasabo niwo wabaye indashyikirwa mu bukangurambaga ku mutekano n’isuku, ukaba wahembwe igikombe n’imodoka, uwahize abandi mu ndirimbo ni Twizeyimana Froduard wo mu murenge wa Nyarugenge akarere ka Nyarugenge wahembwe ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda, naho uwabaye uwa mbere mu mivugo aba Umugwaneza Yvette wo mu murenge wa Jari akarere ka Gasabo, nawe wahembwe ibihumbi 500 y’u Rwanda.

-5160.jpg

2016-12-25
Editorial

IZINDI NKURU

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Editorial 29 Aug 2016
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Editorial 30 Jun 2016
Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Editorial 22 Jun 2018
FERWAFA yareze Uganda muri CAF

FERWAFA yareze Uganda muri CAF

Editorial 27 Apr 2016
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Editorial 29 Aug 2016
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Editorial 30 Jun 2016
Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Editorial 22 Jun 2018
FERWAFA yareze Uganda muri CAF

FERWAFA yareze Uganda muri CAF

Editorial 27 Apr 2016
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye Talon wa Benin

Editorial 29 Aug 2016
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Editorial 30 Jun 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru