• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Ubwanditsi 25 Dec 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 24 Ukuboza 2016, kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo habereye umuhango wo gusoza icyiciro cya 6 cy’ubukangurambaga n’ubufatanye ku mutekano n’isuku, hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali bwari bumaze amezi 6, hanahembwa abababaye indashyikirwa mu bikorwa byo guharanira isuku ndetse no kubungabunga umutekano.

Minisitiri w’umutungo kamere Vincent Biruta wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yashimye ubufatanye buri hagati ya Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali, aho yavuze ati:”ubufatanye buriho mu mutekano n’isuku, burerekana ko ubufatanye bw’inzego zitandukanye tubukomeje ntacyo tutageraho”.

Yasabye ko ibyakozwe muri ubu bukangurambaga byaba umuco, abantu bakirinda kujugunya no gushyira imyanda aho babonye, akaba yavuze ati: ”Umujyi wacu uzwiho isuku n’umutekano mu mahanga, ibi biraharanirwa kandi biva kuri Politiki n’imihigo igihugu kiba cyarihaye ndetse n’inzego zibishinzwe zibikora neza”.

Yanasabye imirenge yagize amanota macye kwigira ku mirenge byegeranye yagize amanota meza, anasaba ko abayobora imirenge yose mu mujyi wa Kigali bazahura, abagize amanota meza bagasangiza abandi uko bakora ngo bagire amanota meza.

Minisitiri Biruta yasabye ko abantu bakomeza kwamagana no gucika ku mico mibi ikigaragara kuri bamwe, abajugunya amacupa aho babonye, abinjiza amashashi mu gihugu, kuko bibangamira ibidukikije. Aha yavuze ati:”Ikoreshwa ry’amashashi ku isi rikomeje uko rimeze ubu, twazagera mu mwaka wa 2050, amashashi ari mu biyaga no mu Nyanja aruta amafi yazaba arimo.”

Yanaboneyeho umwanya wo kongera gusaba abantu kwirinda kumena imyanda mu bishanga no gufatanya kubirinda ndetse no kutubaka mu nkengero kuko “bitugiraho ingaruka twese.”

Yasoje asaba ko ubu bufatanye bwakongerwamo imbaraga, abantu bakarushaho gutera amashyamba n’ibyatsi aho biri ngombwa, anakangurira abanyarwanda muri rusange n’abanyakigali by’umwihariko kudatema amashyamba adakuze bashaka inkwi n’amakara, ahubwo bagakoresha gazi, dore ko inahendutse kurusha inkwi n’amakara nk’uko yabivuze.

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Monique Mukaruliza, yashimiye Polisi y’u Rwanda kubera imikoranire muri gahunda yo kunoza isuku n’umutekano bafitanye.
Yavuze ati:”Ndashimira Polisi y’u Rwanda na buri wese ugira uruhare ngo umutekano n’isuku bitsimbatare, kuko bihesha isura nziza umujyi wa Kigali, n’igihugu cyacu muri rusange.”

Yakomeje avuga ati:”Ibyagezweho tugomba kubyubakiraho ngo turusheho gukataza mu isuku n’umutekano kuko byombi ari inkingi ikomeye mu iterambere ry’igihugu.”

Yasabye ababonye amanota ari hasi kongera imbaraga, ku buryo umwaka utaha bazaza ku isonga, anavuga ko ibikorwa by’ubukangurambaga bidasojwe, ahubwo hatangiye indi ntambwe y’imihigo mishya.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, mu ijambo rye yavuze ko ubufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’umujyi wa Kigali buzahoraho, kandi ibihembo bikajya bitangwa buri mwaka.

Yavuze ati:”Twiyemeje kugira umujyi utekanye kandi usukuye, duharanira ubuzima bwiza bw’abaturage, kandi tuzakomeza gushyira mu bikorwa ibiteganywa n’amategeko no kwigisha abatarumva ubu bukangurambaga.”

IGP Gasana yavuze ko mu rwego rwo kwita ku bidukikije Polisi y’u Rwanda yateye ubusitani n’amashyamba kuri hegitari zigera kuri 600 mu Rwanda hose, mu minsi ishize hakaba haranakozwe umukwabu wo kureba niba hari amashashi agikoreshwa, hafatwa arenga ibihumbi 500 yinjiye mu buryo bwa magendu, anaburira abayinjiza n’abayakoresha ko bazakomeza gushakishwa bagahanwa.

Yanasabye abanyarwanda gukomeza guhanahana amakuru mu gukumira no kurwanya ibyaha,kugirango igihugu gikomeze umuvuduko gifite mu iterambere, barushaho kurwanya ibyaha by’ikoranabuhanga, ndengamipaka, icuruzwa ry’abantu,ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubujura, ibiyobyabwenge cyane cyane mu rubyiruko, ruswa igaragara mu nzego zitandukanye n’ibindi.

IGP Gasana yasoje yifuriza abanyarwanda iminsi mikuru myiza, ababwira ko bazizihiza iminsi mikuru yabo neza kuko mu Rwanda umutekano uhari ariko ntawe ubangamiye undi.

Yavuze ati:”Muri iyi minsi mikuru ntawe ubujijwe kwishima, abateguye ibitaramo bakabikora ariko hakirindwa urusaku rukabije rubuza umutekano w’abandi, kandi bikubahiriza amasaha yagenwe.”

Umurenge wa Remera wo mu karere ka Gasabo niwo wabaye indashyikirwa mu bukangurambaga ku mutekano n’isuku, ukaba wahembwe igikombe n’imodoka, uwahize abandi mu ndirimbo ni Twizeyimana Froduard wo mu murenge wa Nyarugenge akarere ka Nyarugenge wahembwe ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda, naho uwabaye uwa mbere mu mivugo aba Umugwaneza Yvette wo mu murenge wa Jari akarere ka Gasabo, nawe wahembwe ibihumbi 500 y’u Rwanda.

-5160.jpg

2016-12-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Ubwanditsi 21 Aug 2023
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Ubwanditsi 03 Apr 2023
Ibyanenzwe na Perezida Kagame m ‘Umushyikirano : ‘Imitangire ya serivisi mbi n’ abashima ibyagezweho  kandi umuntu adakwiye kubyirata’

Ibyanenzwe na Perezida Kagame m ‘Umushyikirano : ‘Imitangire ya serivisi mbi n’ abashima ibyagezweho kandi umuntu adakwiye kubyirata’

Ubwanditsi 19 Dec 2016
IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 15 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye
Amakuru

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

Ubwanditsi 15 Dec 2022
Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe
ITOHOZA

Umuntu wese winjiye mu rubanza rw’abo kwa Rwigara yasatswe

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi
SHOWBIZ

Umugabo wabenze umugore ku munsi w’ubukwe i Kigali yararongoye undi i Burundi

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru