• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Editorial 28 Dec 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu 2016 Ingabo z’Igihugu n’Inzego z’umutekano zakoze ibishoboka zikagumana icyizere cyuzuye cy’Abanyarwanda, ashimangira ko ibikorwa biri kwigaragaza mu karere no ku rwego mpuzamahanga bisaba ko bahora biteguye gutanga ubufasha aho bikenewe.

Ni ubutumwa yageneye inzego zose zishinzwe umutekano mu gihugu, aho atangira agira ati “Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda, umuryango wanjye no mu izina ryanjye bwite, ndifuza gufata uyu mwanya ngo nifurize abagabo n’abagore bagize Ingabo z’u Rwanda n’Inzego z’Umutekano hamwe n’imiryango yabo, Noheli Nziza n’Umwaka Mushya Muhire wa 2017.”

Perezida Kagame yashimye ubwitange n’ubunyamwuga bagaragagaje, byanagize uruhare mu gukemura ibibazo abaturage bakomeza guhura nabyo mu bice bitandukanye by’uyu mugabane, bagira n’uruhare mu kugarura icyizere ahantu n’igihe byari bikenewe cyane.

Ati “Mu gihe twegereje umwaka mushya wo gukomeza gukorera Abanyarwanda, dufite umwanya wo gusubiza amaso ku ngorane n’ibyiza twabonye muri uyu mwaka no kureba ahakeneye kongerwamo imbaraga kurushaho.”

“Ibyo tubona mu karere no ku rwego mpuzamahanga, n’amasomo twakuye mu mateka yacu bitwibutsa ko Ingabo z’Igihugu n’Inzego z’Umutekano bagomba gushyira umutima ku kazi kabo, kuba maso no kwiyemeza nk’uko bisanzwe. Mushobora kwitabazwa igihe icyo aricyo cyose kandi mugomba kuba mwiteguye kugira icyo mukora haba mu gihugu cyangwa hanze yacyo, ku neza y’amahoro n’umutekano.”

Perezida Kagame kandi yashimiye inzego z’umutekano kuba zarabashije nanone kuzuza inshingano zazo mu kurinda abaturage n’u Rwanda kugeza muri izi mpera z’umwaka.

Ati “Ibikorwa n’imikorere yanyu byagize uruhare rukomeye ku gihugu cyacu: Umutekano n’ituze, ari nabyo ibikorwa byose by’iterambere n’imibereho myiza y’igihugu cyacu bishingiyeho.”

Yavuze ko mu gukomeza gusigasira indagagaciro z’Ingabo z’u Rwanda n’Inzego z’Umutekano zirimo ikinyabupfura, gukunda igihugu n’ubunyamwuga, nta gushidikanya bazakomeza kwesa imihigo, abibutsa ko “igihugu cyose kibafitiye icyizere kandi kibahanze amaso nk’abagabo n’abagore biyemeje kukirwananirira no kukirinda mwambaye impuzankano.”

Umwaka wa 2016 usize hari bimwe mu bikorwa byagiye bigambirira guhungabanya umutekano w’u Rwanda ariko bigakomwa mu nkokora.

Harimo nk’igitero cyagabwe n’abarwanyi bikekwa ko ari FDLR mu ijoro rishyira kuwa 16 Mata 2016 kuri station ya polisi iri mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Bugeshi, bahita basubizwa inyuma, bikekwa ko bashakaga kwiba Umurenge SACCO wa Bugeshi.

Polisi y’u Rwanda nayo yagaragaye mu bikorwa bitandukanye birimo guhangana n’abakekwaho iterabwoba n’ibindi byaha bitandukanye, barimo abafatiwe mu bice bitandukanye by’igihugu.

Umwaka wa 2016 urangiye u Rwanda ari igihugu cya gatanu mu gutanga abasirikare n’abapolisi benshi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kugarura amahoro kuko rufitemo intumwa 6146, zigizwe n’abasirikare 5136, abapolisi 978 n’indorerezi za gisirikare 32; mu butumwa butandatu butandukanye.

Burimo ubuhuriweho n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe n’Umuryango w’Abibumbye muri Darfur (UNAMID); muri Sudani y’Epfo (UNMISS); muri Haiti (MINUSTAH); muri Liberia (UNMIL); muri Abyei (UNISFA) na Côte d’Ivoire (UNOCI).

Mu bihe bishize u Rwanda rwemeye kohereza abasirikare bagera kuri 850 muri Repubulika ya Centrafrique mu kunganira intumwa mpuzamahanga zari ziri gufasha mu kugarura ibintu mu buryo, (MISCA).

-5166.jpg

Perezida Kagame yahaye umukoro buri wese ku giti cye mu Ngabo z’u Rwanda n’Inzego z’Umutekano, ko mu mwaka mushya akwiye no gutekereza ku kindi kintu cyakorwa hagamijwe kurushaho guteza imbere igihugu.

Source :Igihe.com

2016-12-28
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Editorial 06 Apr 2023
Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ruganda rw’Amazi ya Huye

Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ruganda rw’Amazi ya Huye

Editorial 04 Apr 2016
Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Editorial 02 Aug 2022
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda
Mu Mahanga

Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Editorial 22 Jun 2018
Diane Rwigara na nyina basubiye mu rukiko
INKURU NYAMUKURU

Diane Rwigara na nyina basubiye mu rukiko

Editorial 16 Nov 2017
Abantu 28 bari barajyanywe mu bikorwa by’ubucuruzi bw’abantu mu mahanga bafashijwe kugaruka mu gihugu
Mu Mahanga

Abantu 28 bari barajyanywe mu bikorwa by’ubucuruzi bw’abantu mu mahanga bafashijwe kugaruka mu gihugu

Editorial 20 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru