• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Editorial 06 Jan 2017 Mu Mahanga

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda azitabira Ubutumire bw’igihugu cy’Ubuhinde guhera ku wa 09-12 Mutarama 2017, Biteganyijwe ko perezida Kagame azajyana n’itsinda ry’abarwiyemezamirimo bo mu Rwanda ku butumire bwa minisitiri w’intebe w’Ubuhinde Narendra Modi watumiye u Rwanda mu nama ku bukungu izaba ibera muri iki gihugu

Iyi nama izitabirwa n’abashoramari batandukanye baturutse mu bice bitandukanye by’isi, ni andi mahirwe ku Rwanda kuko umukuru w’igihugu azabona umwanya wo kuganira n’aba bashoramari akabereka amahirwe ari mu gushora imari mu Rwanda ku buryo byitezwe ko nyuma y’iyi nama u Rwanda rushobora kuzunguka abashoramari b’abanyamahanga benshi.

-5259.jpg

Abikorera b’Abanyarwanda bazaherekeza Perezida Kagame

Mu kwezi kwa cumi banki y’isi yashyize ahagaragara igipimo kizwi nka doing business Report aho u Rwanda rwaje ku mwanya wa kabiri ku korohereza abashoramari muri Afurika n’amanota 69.8% nyuma y’Ibirwa bya Maurice byagize 72%.

Muri iyi nama kandi biteganyijwe ko perezida Kagame azagirana ibiganiro by’akazi na minisitiri w’intebe w’Ubuhinde bizabera mu mujyi wa Gandhinagar uherereye mu burengerazuba bw’Ubuhinde.

Iyi nama umukuru w’igihugu azitabira izaba ibaye ku nshuro ya munani, izaba ifite insanganyamatsiko “Ubukungu burambye n’iterambere ry’abaturage”“Sustainable Economic and Social Development.”

Muri iyi nama higwa ku bintu bitandukanye birebana n’ubukungu, kwerekana ahaba hari amahirwe mu ishoramari, gusinyana amasezerano hagati y’ibihugu cyangwa hagati ya barwiyemezamirimo batandukanye.

Umubano w’u Rwanda n’Ubuhinde mu bukungu umaze gushing imizi, mu Rwanda hamaze kugera ibikorwa bitandukanye by’Abahinde birimo ubucuruzi ndetse by’umwihariko Abashoramari b’Abahinde nibo bubatse urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabugogo rutanga megawati 28 rwuzuye rutwaye miliyoni z’Amadorali y’Amerika 108.

-5258.jpg

Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame aganira na Hri Pranab Mukherjee w’Ubuhinde muri 2014

2017-01-06
Editorial

IZINDI NKURU

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Editorial 29 Oct 2016
Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Editorial 26 Sep 2022
88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

Editorial 17 Feb 2017
Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Archeveque Ntagali wigeze kuba umukuru w’itorero Anglican muri Uganda yasabye imbabazi mu ruhame kubera ibyaha byo gusambana

Editorial 27 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze
UBUKUNGU

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Editorial 10 Jan 2017
Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside
Mu Rwanda

Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Editorial 11 Jul 2017
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi
Mu Mahanga

Perezida Kagame yibukije abayobozi ko Imana yabaremanye ubushobozi

Editorial 16 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru