• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Ubwanditsi 08 Jul 2016 Mu Mahanga

Madamu Jeannette Kagame yibaza impamvu leta yashyizeho gahunda yo gupima ubwandu bwa Virusi itera Sida mu bigo nderabuzima byose, ariko urubyiruko rw’abangavu n’ingimbi ntiruyitabire uko bikwiye.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 7 Nyakanga 2016 mu gikorwa cyo gutangiza ubukangurambaga bwiswe ‘All – In’, bugamije gukangurira buri wese kugira uruhare mu kurandura virusi itera Sida cyane cyane mu rubyiruko.

Ubu bukangurambaga buri mu bujya bukorwa n’Umuryango w’Abadamu b’Abakuru b’Ibihugu by’Afurika (OAFLA), bugamije kurandura Virusi itera Sida.

Isuzuma ryakozwe n’Ikigo cy’Ubuzima mu Rwanda (RBC), ryagaragaje ko abangavu n’ingimbi bitabira gahunda yo kwipimisha bagahabwa n’ubujyanama ari 27% gusa by’abakobwa na 22% by’abahungu.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ubu bwitabire bukiri hasi cyane, yibaza impamvu ibitera.

Yagize ati “Byaba bituruka kuki? Ni uko wenda mwaba mutazi ko ihari? Ese ni uko mwumva ko yaba itabareba cyangwa se ababishinzwe ntabwo babafasha uko bikwiye. Ibi bibazo nagira ngo tubirebere hamwe tubishakire umuti niba dushaka kugera ku ntego Isi yihaye, n’intego igihugu cyacu cyihaye.”

Yakomeje avuga ko kumenya izi mpamvu bifasha gufatanya gushyiraho ingamba zifatika ariko mbere na mbere asaba urubyiruko kugana ibigo nderabuzima bakisuzumisha kuko inzira nziza yo kwirinda ari ukumenya uko uhagaze.

Madamu Jeannette Kagame yibukije urubyiruko ko rugize igice kinini cy’Abanyarwanda, kuko Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare mu Rwanda kigaragaza ko abangavu n’ingimbi bari hagati y’imyaka 10-24 bangana na 33% by’abaturage bose b’u Rwanda.

Yasabye urubyiruko kuzirikana ko bitezweho byinshi mu guteza imbere igihugu no kurinda ibyagezweho.

Yagize ati “Muri umubare munini w’Abanyarwanda kandi tubatezeho byinshi mu gukomeza kubaka igihugu cyacu, kurinda ibyagezweho, kubyarira u Rwanda no gukomeza gukomera ku gaciro k’Abanyarwanda.”

“Igihugu cyacu cyanyuze muri byinshi kandi giharanira gukora byinshi biteza imbere Abanyarwanda n’urubyiruko by’umwihariko, ni ngombwa rero ko tugira abaherezwa agakoni, bazaragwa uru Rwanda bafite ubuzima bwiza, kugira ngo ibyo twagezeho bikomeze gutera imbere.”

-3230.jpg

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yasabye urubyiruko guhindura imyumvire

Abana b’abakobwa nibo bandura Virusi itera Sida kurusha abandi, bigaragara ko muri 2014 mu bwandu bushya bwagaragaye, 74% bari abakobwa bakiri bato.

Madamu Jeannette Kagame yabibukije ko bakwiye gushyiraho ingamba zikomeye kugira ngo birinde kuko bafite ibibazo kurusha abandi.

Imibare yerekana ko 34% by’abana banduye virusi itera Sida aribo bonyine bafata imiti. Yasabye ababyeyi gufatanya kugira ngo abana bagize ibyago byo kwandura bayifate neza kandi bakomeze kugira ubuzima bwiza.

Umwe mu rubyiruko witwa Uwase Nadege, w’imyaka 25, yatanze ubuhamya bw’uko yavukanye Virusi itera Sida akabimenya afite imyaka 16, akaba arangije Kaminuza kandi yizeye ejo hazaza heza.

Yashishikarije urubyiruko kwifata abo binaniye bagakoresha agakingirizo bakita ku buzima kuko aribwo gaciro kabo.

Yagize ati “Ubuzima bwacu ni bwiza kandi turabukeneye, mwifate kuko birashoboka, nibyanga mukoreshe agakingirizo. Muhe agaciro imibiri yanyu kuko niko gaciro k’ejo hazaza, mwigata.”

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Binagwaho Agnes, yabwiye urubyiruko ko Guverinoma ikora ibishoboka byose ariko ko urubyiruko rukwiye guhindura imyumvire rukarinda ubuzima kugira ngo ibikorwa bitazapfa ubusa.

Uhagarariye amashami yose y’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda, Lamin Manneh, yashimye uruhare rwa Madamu Jeannette Kagame n’Umuryango ayobora Imbuto Foundation, mu guteza imbere urubyiruko no gushyiraho gahunda zo guhashya virusi itera Sida mu rubyiruko rw’u Rwanda.

Yagarutse ku rwego urubyiruko rwugarijwe na Virusi itera Sida, abashishikariza kurinda ubuzima bwabo, kwipimisha bakamenya uko bahagaze no kwirinda kugirango bakomeze kuryoherwa n’ubwiza bw’igihugu cyabo.

Yasezeranyije ko amashami ahagarariye yiteguye gutera ingabo mu bitugu u Rwanda mu kurandura icyorezo cya Sida.

Muri iki gikorwa hanahembwe abayobozi bane b’Uturere twubahirije neza gahunda yo gufasha ababyeyi kutanduza Virusi itera Sida abana bababyara (EMTCT).

Abo bayobozi ni Erasme Ntazinda wa Nyanza, Muzungu Gerald wa Kirehe, Deogratias Nzamwita wa Gakenke na François Ndayisaba wa Karongi, bahembewe ko mu myaka ibiri ishize nta mwana n’umwe wigeze wanduzwa na nyina.

-3229.jpg

Urubyiruko rwitabiriye ibi biganiro

Source: Igihe.com

2016-07-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Rulindo: Abanyeshuri bigishijwe uko bagomba gukoresha neza umuhanda

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Ubwanditsi 02 Aug 2022
Hasohotse ubushakashatsi bw’uko Jenoside yateguwe igashyirwa mu bikorwa aho Habyalimana yavukaga

Hasohotse ubushakashatsi bw’uko Jenoside yateguwe igashyirwa mu bikorwa aho Habyalimana yavukaga

Ubwanditsi 27 Apr 2016
Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Ubwanditsi 12 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu magambo aryoheye amatwi, Safi Madiba yamaze amatsiko abirirwa bamushinja gushaka umugore bataberanye
SHOWBIZ

Mu magambo aryoheye amatwi, Safi Madiba yamaze amatsiko abirirwa bamushinja gushaka umugore bataberanye

Ubwanditsi 03 Oct 2017
Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara
Mu Mahanga

Kagame Insitute of Good Governance!”-Edith Mukantagara

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu
Mu Rwanda

Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Ubwanditsi 24 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru