• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Guterana amagambo hagati ya Donald Trump n’Inzego z’Ubutasi bizagarukira he ?

Guterana amagambo hagati ya Donald Trump n’Inzego z’Ubutasi bizagarukira he ?

Ubwanditsi 18 Jan 2017 ITOHOZA

Mumpera z’icyumweru turangije umuyobozi mukuru wa Central Intelligence Agency ( (CIA), Gen. John Brennan nibwo yatumiwe na Television imwe muzikomeye muri Amerika ya Fox News ishaka kumubaza kubibazo biri hagati ya perezida watowe muri Amerika Donald Trump n’inzego z’iperereza. Nubwo abayobozi beshi b’ibigo by’iperereza ry’igihugu cy’Amerika bazahindurwa ubwo Trump azaba amaze gufata ubutegetsi muburyo bwemewe, ariko imipango y’imikorere y’ibi bigo irakomeza nubwo Trump yagira ibyo ahindura hari umurongo ngenderwaho udahindurwa.

Uyu muyobozi yikomye perezida ugiye kujyaho avuga ko agomba guhindra imyumvire kubera ko isi yahindutse kandi irimo kwihuta. Yanavuze ko hari ibihugu ku isi bituma ibintu birimo guhinduka, kumwanya wa mbere hakaba haza Uburusiya n’Ubushinwa. Brennan yakomeje avuga ko atiyumvisha na gato igituma perezida watowe yifata kuriya nko kugihugu cy’Uburusiya, yakomeje agira ati: “I don’t think that Trump has a full understnding of Russian capabilities, plans and the actions they are taking on the world” ni ukuvuga ngo: Ntabwo ntekereza ko Trump asobanukiwe imbaraga, imigambi,n’ibikorwa Uburusiya burimo gukora ku isi.
-5406.jpg

Gen. John Brennan

Uyu muyobozi uyobora CIA kuva muri 2013 yakomeje avuga ko adashobora kwiyumvisha na none ukuntu kugeza n’ubu Trump atarasobanukirwa impamvu bafatiye ibihano igihugu cy’Uburusiya, avuga ko iki ari ikibazo gikomeye ku kuntu abona ibintu kuburyo bwe bwihariye. Brennan yakomeje aburira Trump ko agomba kwitonda cyane munzira ndende agiye gutangira ngo cyane yitondere ibibazo bafitanye n’igihugu cy’Uburusiya, bafata nk’umwanzi wabo wa mbere.

-5405.jpg
Nyuma y’amasaha make umuyobozi wa CIA avuze ibi, perezida watowe Donald Trump utajya apfana ijambo yahise asubiza John Brennan ko gusebanya bitagombera imyumvire ihanitse kuruta iy’umuntu yagira ngo yumve ko Uburusiya ari ikibazo gikomeye kuri Amerika. Ikindi Trump yacyuriye Brennan ko gusohora amakuru y’ibinyoma (fake news) bidasaba imyumvire ihanitse. Aha yakomozaga kumakuru bivugwa ko inzego z’iperereza z’Amerika zahaye ibinyamakuru hanyuma bikaza gutangazwa kugira ngo bigaragare ko Uburusiya bwagize uruhare mubyavuye mu matora.

John Brennan yavuze ko inzego z’ubutasi zitakagombye kugirana ibibazo na perezida uriho ngo kubera ko imyanzuro ivuye mubyo baba bakoze ituma abayobozi bashobora gufata imyanzuro n’ibyemezo bikwiriye munzego zitandukanye. Ngo kuba Trump agereranya inzego z’ubutasi n’abanazi bo mu budage bakoze genocide y’abayahudi ngo we biramurenze, ngo ibi bigaragaza ko Trump agikeneye kwigishwa ikinyabupfura.

Muribuka ko igihe perezida John Kennedy warashwe yari yavuze ko agiye guhindura inzego z’iperereza akazigabamo udupande 1000. Yarabibasiye, avuga ko hari ibintu bidasobanutse bigomba guhinduka, none se na Trump nibwo buryo agiye guhanganamo n’izi nzego ziperereza?

Hari ikintu John Brennan yavuze gikubiyemo ibintu byinshi ubwo yavugaga ko Trump akwiriye kongera wigishwa indangagaciro za politike iranga igihugu cy’igihangage Amerika ngo kubera ko mu minsi iri imbere azaba ari imbere y’ibibazo bikomeye birebana na Iran, Syria, Korea y’Amajyaruguru, Crimea, Ukraine, n’ibindi biri mu karere k’iburasirazuba. Yavuze ko Trump azahura n’ibibazo byinshi atiteze kumunsi wambere akigera kubutegetsi.

-5404.jpg

Perezida Trump

Nubwo Tump ari perezida, ariko hari ibyemezo atazemererwa gupfa gufata. Ikindi nubwo afite abajyanama, we akaba adafite ubunararibonye muri politike, none ho kubera uko ateye akaba adashaka kuvugirwamo ibi byose biragaragara ko ubutegetsi bwe bushobora kuzahura n’ibibazo by’ingutu.

Inzego z’iperereza muri Amerika zigizwe n’ibigo 17, bivuga ko Trump adashobora kugenzura no kumenya ibikorerwa aho hose, ikindi Trump agoswe n’abayobozi b’ibi bigo hafi ya bose badashaka kumva umuntu ubabwira igihugu cy’Uburisiya mu matwi yabo, ibi rero bikaba bitazorohera Trump n’ubuyobozi bwe mu byemezo bimwe na bimwe. Ni ukuvuga ko imikoranire ashaka kugirana na Putin ishobora kumukoraho mu buryo runaka.

Burya hari umugani uvuga ngo igiti cyose kigwa aho gihengamiye. Ese Trump ni igiki gikomeje gutuma akunda igihugu cy’Uburusiya bigeze hariya? Yanavuze ko mu bayobozi agomba kuzahura nabo byihutirwa Putin aza kumwanya wa mbere.

Tubitege amaso kuko kuwa gatanu w’iki cyumweru aribwo Trump azarambika akaboko ke kuri Bibiliya kugira ngo abe perezida wa 45 w’Amerika.

Hakizimana Themistocle

2017-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Buruseli : Rudasingwa yateguye umuhango wo kwibuka Habyarimana, Interahamwe  na  Ex. FAR, baguye kurugamba

Buruseli : Rudasingwa yateguye umuhango wo kwibuka Habyarimana, Interahamwe na Ex. FAR, baguye kurugamba

Ubwanditsi 24 Sep 2016
Ubuhamya bubabaje bw’undi munyarwanda washimutanywe n’abakoresha be muri Uganda

Ubuhamya bubabaje bw’undi munyarwanda washimutanywe n’abakoresha be muri Uganda

Ubwanditsi 12 Apr 2019
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Ubwanditsi 10 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yaho Nyina umubyara asahuriye Ambasade akigurira inzu muri Amerika, umuhungu we Bikorwa Freeman arakataje mu ngengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Nyuma yaho Nyina umubyara asahuriye Ambasade akigurira inzu muri Amerika, umuhungu we Bikorwa Freeman arakataje mu ngengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 26 Apr 2021
Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irihanangiriza abantu batanga ruswa ngo bahabwe uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 18 Feb 2017
Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo
ITOHOZA

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru