• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Guterana amagambo hagati ya Donald Trump n’Inzego z’Ubutasi bizagarukira he ?

Guterana amagambo hagati ya Donald Trump n’Inzego z’Ubutasi bizagarukira he ?

Ubwanditsi 18 Jan 2017 ITOHOZA

Mumpera z’icyumweru turangije umuyobozi mukuru wa Central Intelligence Agency ( (CIA), Gen. John Brennan nibwo yatumiwe na Television imwe muzikomeye muri Amerika ya Fox News ishaka kumubaza kubibazo biri hagati ya perezida watowe muri Amerika Donald Trump n’inzego z’iperereza. Nubwo abayobozi beshi b’ibigo by’iperereza ry’igihugu cy’Amerika bazahindurwa ubwo Trump azaba amaze gufata ubutegetsi muburyo bwemewe, ariko imipango y’imikorere y’ibi bigo irakomeza nubwo Trump yagira ibyo ahindura hari umurongo ngenderwaho udahindurwa.

Uyu muyobozi yikomye perezida ugiye kujyaho avuga ko agomba guhindra imyumvire kubera ko isi yahindutse kandi irimo kwihuta. Yanavuze ko hari ibihugu ku isi bituma ibintu birimo guhinduka, kumwanya wa mbere hakaba haza Uburusiya n’Ubushinwa. Brennan yakomeje avuga ko atiyumvisha na gato igituma perezida watowe yifata kuriya nko kugihugu cy’Uburusiya, yakomeje agira ati: “I don’t think that Trump has a full understnding of Russian capabilities, plans and the actions they are taking on the world” ni ukuvuga ngo: Ntabwo ntekereza ko Trump asobanukiwe imbaraga, imigambi,n’ibikorwa Uburusiya burimo gukora ku isi.
-5406.jpg

Gen. John Brennan

Uyu muyobozi uyobora CIA kuva muri 2013 yakomeje avuga ko adashobora kwiyumvisha na none ukuntu kugeza n’ubu Trump atarasobanukirwa impamvu bafatiye ibihano igihugu cy’Uburusiya, avuga ko iki ari ikibazo gikomeye ku kuntu abona ibintu kuburyo bwe bwihariye. Brennan yakomeje aburira Trump ko agomba kwitonda cyane munzira ndende agiye gutangira ngo cyane yitondere ibibazo bafitanye n’igihugu cy’Uburusiya, bafata nk’umwanzi wabo wa mbere.

-5405.jpg
Nyuma y’amasaha make umuyobozi wa CIA avuze ibi, perezida watowe Donald Trump utajya apfana ijambo yahise asubiza John Brennan ko gusebanya bitagombera imyumvire ihanitse kuruta iy’umuntu yagira ngo yumve ko Uburusiya ari ikibazo gikomeye kuri Amerika. Ikindi Trump yacyuriye Brennan ko gusohora amakuru y’ibinyoma (fake news) bidasaba imyumvire ihanitse. Aha yakomozaga kumakuru bivugwa ko inzego z’iperereza z’Amerika zahaye ibinyamakuru hanyuma bikaza gutangazwa kugira ngo bigaragare ko Uburusiya bwagize uruhare mubyavuye mu matora.

John Brennan yavuze ko inzego z’ubutasi zitakagombye kugirana ibibazo na perezida uriho ngo kubera ko imyanzuro ivuye mubyo baba bakoze ituma abayobozi bashobora gufata imyanzuro n’ibyemezo bikwiriye munzego zitandukanye. Ngo kuba Trump agereranya inzego z’ubutasi n’abanazi bo mu budage bakoze genocide y’abayahudi ngo we biramurenze, ngo ibi bigaragaza ko Trump agikeneye kwigishwa ikinyabupfura.

Muribuka ko igihe perezida John Kennedy warashwe yari yavuze ko agiye guhindura inzego z’iperereza akazigabamo udupande 1000. Yarabibasiye, avuga ko hari ibintu bidasobanutse bigomba guhinduka, none se na Trump nibwo buryo agiye guhanganamo n’izi nzego ziperereza?

Hari ikintu John Brennan yavuze gikubiyemo ibintu byinshi ubwo yavugaga ko Trump akwiriye kongera wigishwa indangagaciro za politike iranga igihugu cy’igihangage Amerika ngo kubera ko mu minsi iri imbere azaba ari imbere y’ibibazo bikomeye birebana na Iran, Syria, Korea y’Amajyaruguru, Crimea, Ukraine, n’ibindi biri mu karere k’iburasirazuba. Yavuze ko Trump azahura n’ibibazo byinshi atiteze kumunsi wambere akigera kubutegetsi.

-5404.jpg

Perezida Trump

Nubwo Tump ari perezida, ariko hari ibyemezo atazemererwa gupfa gufata. Ikindi nubwo afite abajyanama, we akaba adafite ubunararibonye muri politike, none ho kubera uko ateye akaba adashaka kuvugirwamo ibi byose biragaragara ko ubutegetsi bwe bushobora kuzahura n’ibibazo by’ingutu.

Inzego z’iperereza muri Amerika zigizwe n’ibigo 17, bivuga ko Trump adashobora kugenzura no kumenya ibikorerwa aho hose, ikindi Trump agoswe n’abayobozi b’ibi bigo hafi ya bose badashaka kumva umuntu ubabwira igihugu cy’Uburisiya mu matwi yabo, ibi rero bikaba bitazorohera Trump n’ubuyobozi bwe mu byemezo bimwe na bimwe. Ni ukuvuga ko imikoranire ashaka kugirana na Putin ishobora kumukoraho mu buryo runaka.

Burya hari umugani uvuga ngo igiti cyose kigwa aho gihengamiye. Ese Trump ni igiki gikomeje gutuma akunda igihugu cy’Uburusiya bigeze hariya? Yanavuze ko mu bayobozi agomba kuzahura nabo byihutirwa Putin aza kumwanya wa mbere.

Tubitege amaso kuko kuwa gatanu w’iki cyumweru aribwo Trump azarambika akaboko ke kuri Bibiliya kugira ngo abe perezida wa 45 w’Amerika.

Hakizimana Themistocle

2017-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ADEPR: Zahinduye imirishyo. Hatowe Rev.Karuranga Euphrem, naho Rev.Rurangirwa Emmanuel akama ikimasa.

ADEPR: Zahinduye imirishyo. Hatowe Rev.Karuranga Euphrem, naho Rev.Rurangirwa Emmanuel akama ikimasa.

Ubwanditsi 30 May 2017
Hagaragajwe ibimenyetso binyomoza Corneille uvuga ko umuryango we wishwe na FPR

Hagaragajwe ibimenyetso binyomoza Corneille uvuga ko umuryango we wishwe na FPR

Ubwanditsi 13 Oct 2016
U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

U Rwanda rwagaragaje inyungu yo kohereza abagore benshi mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 06 May 2018
Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Umwaka urashize Paul Rusesabagina ageze mu butabera bw’u Rwanda: Urubanza rwaranzwe n’udushya no kurashya imigeri!

Ubwanditsi 24 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona
Mu Rwanda

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 09 Jul 2017
P.Kagame arasubira i Paris ?
POLITIKI

P.Kagame arasubira i Paris ?

Ubwanditsi 10 May 2018
Uko u Rwanda rwahishuye  Umugambi  w’Ubugambanyi rukikura  mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu  [ Yavuguruwe ]
Mu Mahanga

Uko u Rwanda rwahishuye Umugambi w’Ubugambanyi rukikura mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru