• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2017 Mu Mahanga

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi baheruka guhabwa inshingano nshya barimo Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, akaba n’umwe mu bagize guverinoma, Claire Akamanzi; Senateri Dr. Richard Sezibera; Umushinjacyaha Mukuru, Jean Bosco Mutangana na Richard Muhumuza, Umucamanza mu Rukiko Rw’Ikirenga; Prof Shyaka Anastase, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB na Dr Usta Kaitesi umwungirije.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yabibukije ko u Rwanda rufite urugendo rurerure rwo kwiteza imbere mu buryo bwinshi n’inzego nyinshi.

Ati “Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi. Ibisigaye rero ni ukuzuza izo nshingano, twihuta, twuzuza ibyo dushinzwe neza, kugira ngo tugere ku ntego bidatinze, kandi biranashoboka ko bitanavunana cyane iyo abantu bakorera hamwe.”

Yavuze ko ibyo igihugu kimaze kugeraho bigaragaza ibishoboka mu gihe kiri imbere, abasaba kwita ku gushyira mu bikorwa icyerekezo igihugu gifite haba no mu gushaka amikoro yifashishwa mu gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye mu burezi, ubuvuzi n’ibindi.

Gusa yavuze ko ibintu byose bisaba ko abaturage baba bafite umutekano, kuko iyo ubuze nta na kimwe gishoboka.

Ati “Mu byo dukora byose, tugomba guha Abanyarwanda, igihugu cyacu, umutekano, ku neza no ku ngufu, kuko bibuze n’ibindi byose ntabwo byashoboka. Ariko ngira ngo uko turi hano n’ubwo tumaze uburebure bw’igihe butandukanye mu nshingano dufitiye Abanyarwanda, ngira ngo buri wese ari hano muri iyi nteko, agomba kuba azi aho tuva, aho tujya, icyifuzo, inshingano buri wese afite uko ziremereye, ibyo byose turabyumva, ntawe utabyumva n’umwe.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko hari n’ikibazo cy’inshingano hari ubwo zigeraho zikibagirana abantu bakajya mu bindi, asaba ko ibitagenda neza “bikosorwa bidatinze.”

Ati “Ariko muri ibyo byose, ikibihuza ni imiyoborere, imyifatire, imikoreshereze y’imari ijya muri ibyo byose, abayobozi uko bifata… turifuza ko byadufasha kugera kuri ibyo byifuzo byose dufitiye igihugu cyacu.”

Yavuze ko igisigaye ari urugamba rwo kugira ngo buri wese ashyire mu nshingano ibyo azi kandi yumva neza, kugira ngo inyungu zigere ku gihugu cyose.

Inama y’abaminisitiri yo kuwa 9 Ukuboza 2016 niyo yemeje Mutangana nk’Umushinjacyaha Mukuru, asimbuye Richard Muhumuza wagizwe Umucamanza mu Rukiko Rw’Ikirenga, bakabanza kwemezwa na Sena.

Naho Inama y’abaminisitiri yo kuwa kuwa 3 Gashyantare yo niyo yemeje Prof Shyaka na Dr Kaitesi nk’abayobozi ba RGB, mu gihe Dr Richard Sezibera wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yatowe kuwa 1 Ukuboza nk’umusenateri uhagarariye Intara y’Amajyepfo, asimbuye Jean Dieu Mucyo witabye Imana.

-5683.jpg

Perezida Kagame

-5685.jpg

Prof. Shyaka Anastase ari kumwe na Mme we nawe ari mubayobozi barahiriye inshingano

-5684.jpg

Claire Akamanzi umuyobozi wa RDB, akaba n’umwe mu bagize guverinoma, Senateri Dr. Richard Sezibera, Richard Muhumuza, Umucamanza mu Rukiko Rw’Ikirenga n’ Umushinjacyaha Mukuru Jean Bosco Mutangana.

2017-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’abanyarwanda muri Haiti bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Ubwanditsi 21 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Ubwanditsi 24 Oct 2019
Muri FDLR n’Ibitsimbanyi Byayo, Aho Bukera Baramarana Bapfa Ubusambo n’Ibisabano!
Amakuru

Muri FDLR n’Ibitsimbanyi Byayo, Aho Bukera Baramarana Bapfa Ubusambo n’Ibisabano!

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe
Amakuru

Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe

Ubwanditsi 15 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru