• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Ubwanditsi 22 Feb 2017 ITOHOZA

Abimukira batagira ibyangombwa bari bafunzwe kubera amakosa yo gutwara ibinyabiziga cyangwa se kwiba ibintu muri za butike, kimwe n’abandi bigeze gufungirwa ibindi byaha bikomeye nibo iyi gahunda yo kwirukanwa izibandaho.
.
Ibi n’ibyemezo Ubutegetsi bwa Trump bwatanze nyuma yaho arahiriye kuyobora iki gihugu, muri gahunde ze Trump yiyamamaza yavuze ko azirukana abimukira baba muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, aya mabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimikira ni igikorwa cyikihutishwa cyane.

Iri tegeko ntabwo rije rihindura andi mategeko arebana n’abimukira baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ariko ni ukugirango hakazwe umurego kugirango amategeko yari asanzweho ashyirwe mu bikorwa vuba na bwangu. Habarirwa abagera kuri miliyoni 11 baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, babimukira batagira ibyangombwa.

-5825.jpg

-5824.jpg

Ifoto abashinzwe guhashya abimukira bafashe ukekwaho kuba umwimukira ahitwa Los Angeles

Ushinzwe itangazamakuru muri Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Sean Spicer, kuwa Kabiri yavuze ko aya mabwiriza mashyashya atavuga ko hazirukanwa abantu benshi cyane, ko ahubwo yashyizweho kugirango byorohereze abashinzwe inzego zishinzwe gushyira mu bikorwa amategeko asanzwe yanditswe mu bitabo.

“Perezida yashakaga guha ububasha busesuye abashinzwe gushyira uyu mugambi mu bikorwa,” akaba ari ibyavuzwe na Bwana Spicer.

“Ubutumwa buturutse muri Perezidansi n’urwego rushinzwe umutekano mu gihugu nuko abo bantu bari mu gihugu, bashobora guhungabanya ituze ryacu, cyangwa se bakaba barakoze icyaha icyo aricyo cyose, nibo bazabimburira abandi kugenda.”

Itangazamakuru rikaba rivuga ko kubera uyu musako udasanzwe, uhiga bukware abimukira, byatumye benshi batinya gukingura.

Ese ni iki cyaba cyarahindutseho kuva ku gihe cya Obama?

Urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano mu gihugu ntirwigeze ruhindura ibyari byarashyizweho mu gihe cya Obama, bijyanye no kudahungabanya abimukira binjiye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu buryo bunyuranije n’amategeko, nk’abana, bityo ibi bikaba bifite ingaruka ku nzirakarengane zigera ku bihumbi 750.000 bazwi nka “Dreamers”, ugenekereje mu Kinyarwanda ni abantu bari mu nzozi.

Ariko ibi byo byakabije, kuko birenga ku mabwiriza yari yarashyizweho n’ubutegetsi bucyuye igihe, kuko amabwiriza yavugaga ko abakoze ibyaha bikomeye cyane, birimo guhungabanya umutekano w’igihugu, cyangwa se abimukira babaga aribwo bakimara gukandigiza ikirenge muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aribo bagenda.

Ibi byose bizakenera amafaranga menshi cyane, ndetse n’abakozi, bityo ubutegetsi bwa Trump bukazasaba inteko ishinga amategeko kugirango hongerwe abandi bakozi, mu rwego rwo kugirango icyo cyibazo gikemuke. Akaba ari muri uru rwego abenegihugu basanzwe n ‘abasanzwe bashinzwe gushyira mu bikorwa iyi gahunda basabwe gusenyera umugozi umwe, kugirango iki gikorwa cyigende neza bafata ndetse no gufunga abimukira batagira ibyangombwa.

Ese ni iki gishyashya muri aya mabwiriza?

Aya mabwiriza yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri aha ububasha guhita basubiza abimukira iyo baturutse ako kanya bakimara kubafata.

Ku butegetsi bwa Obama, ibi byakorwaga gusa ku bantu batari bakarengeje iminsi 14 gusa, kandi bari ku burebure nibura bungana na mile 100, zinagana 160 km uvuye ku mupaka.

Muri aya mabwiriza mashyashya, abashinzwe kwirukana abimukira bafite ububasha bwo gusubizayo abimukira batagira ibyangombwa, abimukira bari barengeje imyaka ibiri baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Leta ikaba iteganya gutanga akazi ku bandi bakozi 10.000, naho urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka rukaba rugiye guha akazi abantu 5000, kugirango aya mabwiriza ashobore gushyirwa mu bikorwa.

Ushinzwe umutekano wo mu gihugu,John Kelly, yanditse agira ati, : “Ukwiyongera kw’abimukira ku mupaka wo mu Majyepfo y’igihugu kwarenze ubushobozi bw’inzego zishinzwe imipaka n’amikoro, bityo bikaba bishyira mukaga umutekano wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.”

Iyi nyandiko ya Kelly irimo amabwiriza yo gukaza amategeko yari asanzwe agenga abimukira bajya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yo kwirukana ababa muri icyo gihugu nta byangombwa, babasubiza mu gihugu cya Mexico, hatitawe ku nkomoko yabo.

-5823.jpg

Ifoto igaragaza abashinzwe imipaka bafata umwimukira udafite ibyangombwa ku mupaka wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika hafi na Leta ya Texas

Ntibiramenyekana, niba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zifite ububasha bwo gutegeka igihugu cya Mexico kwemera abanyamahanga.

Aya mabwiriza aturuka he?

Ni ugushyira mu bikorwa itegeko rya Trump ryashyizweho umukono ku wa 25 Mutarama 2017, nyuma y’iminsi mike amaze kujya ku butegetsi.

Aya mabwiriza mashyashya ntiyigeze agaragaza aho amafaranga azubaka urukuta rwa Trump azaturuka, naho abimukira bazaba bamaze gufatwa bazajya bafungirwa.

Iyi nyandiko itanga amabwiriza yo gukoresha uburyo bwose buhari kwagura iyi gahunda, ari nako hongerwa ahazajya hafungirwa abafashwe batagira ibyangombwa, ariko wenda, inteko ishobora kongera amafaranga azakoreshwa muri iki gikorwa, kugirango hubakwe ahandi hazajya hafungirwa abimukira batagira ibyangombwa.

2017-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rushyashya Yashyize Hanze Kayumba Na Sisulu Mu Mibanire Y’u Rwanda Na Afurika Y’epfo

Rushyashya Yashyize Hanze Kayumba Na Sisulu Mu Mibanire Y’u Rwanda Na Afurika Y’epfo

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Ubwanditsi 22 Jul 2016
Umwaka wa 2015 usize abapadiri batatu ba Diyoseze ya Cyangugu aribo  Padri Thomas NAHIMANA,Fortunatus RUDAKEMWA na Padiri Eugene DUSABIREMA ibyabo bitarasobanuka

Umwaka wa 2015 usize abapadiri batatu ba Diyoseze ya Cyangugu aribo Padri Thomas NAHIMANA,Fortunatus RUDAKEMWA na Padiri Eugene DUSABIREMA ibyabo bitarasobanuka

Ubwanditsi 03 Jan 2016
Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

Ubwanditsi 02 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram
POLITIKI

Perezida Kagame mu bayobozi bo muri Afurika bakurikirwa n’abantu benshi kuri instagram

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko  [ Yavuguruwe ]
Mu Rwanda

Perezida Kagame na Madamu bifatanyije n’’Urubyiruko m’Urugendo ‘Walk to Remember ‘ rutanga ubutumwa bw’icyizere ku rubyiruko [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 08 Apr 2017
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 04 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru