• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Ubwanditsi 26 Feb 2017 ITOHOZA

Baca umugani mu kinyarwanda ngo ” Amaraso arasama” kenshi iyo umuntu yavushije amaraso ntasinzira iyo shusho igaruka kenshi muri we hari n’abata umutwe bakarara bagenda ku irimbi nka Kayumba Nyamwasa usigaye urara ku irimbi rya Col. Karegeya.

Hashize iminsi hibukwa rupfu rwa Col Patrick Karegeya, wapfuye urupfu abenshi batabashije gusobanukirwa, aguye muri imwe mu mahoteri yo mu gihugu cya Afrika y’epfo, hakaba hagikorwa iperereza ku cyaba cyaramuhitanye. Ariko mugihe hibukwa Karegeya hajye hanibukwa umuhanzi Jean Christophe Matata yahitanye.

Nkuko bigaragara mu kinyamakuru cyandikirwa muri Africa y’epfo, ngo hari ibimenyetso police yaho yabashije gukusanya k’urupfu rwa Karegeya, ariko bikaba bitarajya ahagaragara ngo bimurikirwe itangazamakuru, kuko hari n’ibindi bagikusanya.

Weekend Post ku rupapuro rwayo rwa 4, ngo hari umwe mu bakozi ba Hotel karegeya yarayemo wabatangarije ko hari ifoto yabonetse mu byuma bishinzwe gucunga umutekano, yaba yarasigayemo ku bw’amahirwe kuko andi yahanaguwe. Ikaba rero yarashyikirijwe police nka kimwe mu bimenyetso bishya.

Icyatumye ngo iyo foto bemeza ko ari iya nyakwigendera Patrick Karegeya, ngo ni uko hagaragara ho ikarita y’ubuhunzi yamwemereraga kuba muri Africa y’epfo, yari yataye ku gitanda yari aryamanyeho n’umukobwa utaramenyekana nubu bagishakisha amakuru ye.

-5866.jpg

Kayumba Nyamwasa mu irimbi

Weekend Post, ikomeza ivuga ko amakuru bakesha abakozi ba hotel, ari uko ngo Karegeya nubundi yari asanzwe ahatemberera, akanaharara, arikumwe n’abantu batandukanye biganjemo igitsina gore. Mu makuru agenda acaracara rero ngo ni uko bakeka ko Karegeya yaba yarishwe nuriya mugore bararanye iryo joro atumwe na Kayumba, kubera urwikekwe kuko akenshi ngo uwo mugore bamubonanaga rimwe na Kayumba ubundi na karegeya.

-5867.jpg

Patrick Karegeya ( RIP)

Police yagerageje kubarura ingendo zose Karegeya yagiye agirira muri iyo hotel, ngo barebe uwo bararanye nyuma. Cyokora ngo ushyirwa mu majwi ni umugore w’umurundikazi, batashatse gutangaza izina rye mu gihe iperereza rigikomeje.

Mwibuke ko uyu murundikazi bikekwa ko ari nawe wahitanye umuhanzi w’icyamamare w’Umurundi Jean Christophe Matata watabarutse tariki 3 Mutarama 2011 nyuma yo gukorera ibitaramo bitatu mu mujyi wa Johanesbourg muri Afrika y’Epfo.

-5864.jpg

Uwari umuhanzi w’icyamamare Jean Christophe Matata

Uyu mukobwa wari ihabara rya Patrick Karegeya waguye mu buhungiro muri Afurika y’Epfo yivugiye ko uyu mugabo yaba ari inyuma y’iyicwa ry’uyu muhanzi. Ibi yabidutangarije mu ibanga rikomeye ubwo twamusangaga mu gihugu cy’u Burundi kitarazamo ibibazo.

ati: Ni koko urupfu rw’uyu muhanzi rwavuzweho ibintu bitandukanye cyane cyane mu nshuti ze ndetse na bagenzi be b’abahanzi bakundaga gukurikirana imibereho ye (…) ariko byose byabazwa Karegeya

Karegeya na Matata bakunze umukobwa umwe

Iperereza ryakozwe n’ikinyamakuru Rushyashya, rivuga ko Patrick Karegeya wari mu buhungiro muri Afrika y’ Epfo ari we wacuze umugambi wo kwivugana uwo muhanzi.
Mu kiganiro kirambuye ikinyamakuru cyacu cyagiranye n’Umurundikazi utarashatse ko izina rye ritangazwa ku mpamvu z’umutekano we, uvuga ko yari ihabara rya Karegeya, yatangaje byinshi bitari bizwi.

Yatangiye agira ati “Nari nsanzwe ndi inshuti magara ya Nyakwigendera Matata kuva i Burundi (n’amarira abunga mumaso ). Nari maze imyaka irenga 7 ntabonana na Matata ariko twongeye kubonana ubwo yansagaga muri Afrika y’ Epfo”.

Abajijwe imvo n’imvano y’umugambi wo kwica Matata; uwo mukobwa yavuze ko nyuma y’imyaka 7 atabonana na Matata, bahuye nyuma y’igitaramo cya mbere cyabereye mu mujyi wa Durban aho yari yatumiwe n’Abarundi batuye muri Afrika y’Epfo.

Ati ‘’mu ijoro ryo kuwa 31 Ugushyingo 2010 twavanye i Durban tujyana i Johannesburg aho nari nsanzwe ntuye kuko nawe yagombaga gufata umwanya wo kuruhuka kugira ngo ategure igitaramo cye.”

Yakomeje atangaza ko n’ubwo yari asanzwe ari ihabara rya Karegeya, icyo gihe yajyanaga na Matata i Johannesburg yari azi neza ko Karegeya yagombaga kujya muri Tanzania cyangwa muri Somalia.

Yatunguwe ngo no kubona ubutumwa bugufi bwa Karegeya bugira buti ”urugendo rwanjye rwapfuye ubishoboyewansaga hano (…)”.

Umukobwa ntiyazuyaje yitaba uwo yitaga umutware we aho avuga ko yagiye afite ubwoba kuko yakekaga ko Karegeya yamenye ko yaryamanye na Matata.

Karegeya yari azi umubano uyu mukobwa afitanye na Matata

Uyu mukobwa akomeza ati “Nakubiswe n’inkuba kuko Karegeya yambwiraga uko nabonanyena Matata aho nahuriye nawe, ibyo twakoze byose nk’aho yari ahari, ambwira ko Matata atamwizera kuko ngo ashobora gukoreshwa n’abantu baziranye nawe mu Rwanda bakaba bamutuma kumugiririra nabi ankoresheje. Namwemereye ko koko twaryamanye ariko ko ntacyo yigeze ambaza kuri Karegeya.”

Ubwo Karegeya yamubwiye ko agiye kumuha misiyo yo kujya gusaka mu bintu bya Matata akareba no muri telefone ye abamuhamagaye n’ubutumwa baba bamwandikiye ndetse n’abazimwohereje.

Yamubwiye ko byamugora, amubwira ko atagira ikibazo ko agiye kumuha umuti ari bumushyirire mu cyo kunywa nibagera mu cyumba ugatuma asinzira bityo agakora iyo misiyo.

-5865.jpg

Muri ako kabari i Johannesburg niho Col. Karegeya yakundaga kwicara niho yandikiye sms ihabara rye muri aya magambo ” ”urugendo rwanjye rwapfuye ubishoboyewansaga hano (…)”.

Karegeya yatandukanye n’uwo mukobwa amuhaye umuti mvaruganda wo guha Matata, kugira ngo umusinzirize amusake abone uko aza kureba ibintu byose afite mu madosiye ye na telefone igendanwa.

Umukobwa yakomeje atangariza Rushyashya ko amaze kubikora yabibwiye Karegeya, nawe yohereza uwitwa Frank Ntwali, muramu wa Kayumba Nyamwasa ngo amusanga kuri hoteli amuha amadosiye ye na telefone ye arebamo ibyo yari akeneye arangije aragenda.

-5862.jpg

Uri iburyo ni Frank Ntwali, muramu wa Kayumba Nyamwasa n’umurundikazi wakoze ishyano

Bucyeye Matata yabwiye uyu mukobwa ko yumva atameze neza. Ngo yahise atinya kujyana na nyakwigendera mu gitaramo cye cya nyuma cyabereye i Cape Town.

Abakurikirikiranye urugendo rwa JC Matata batangaza ko nyakwigendera yatangiye kwerekana ibimenyetso by’intege nke mbere no hagati y’igitaramo yagiriye i Cape Town. Ndetse ko na nyuma y’urupfu rwe hari dosiye ze zabuze.

Aho nta n’ubwo yashoboye kurangiza igitaramo kuko yahise ajyanwa igitaraganya mu bitaro bya Somerset Hospital i Cape Town aho yahise ashiramo umwuka ahagana mu saa yine z’ijoro ryo ku itariki ya 3 Mutarama 2011.

-5863.jpg

Uyu mukobwa n’ikiniga kinshi avuga ko yumvise inkuru y’uko Matata yapfuye, ari bwo yabonye ko umuti Karegeya yamuhaye ushobora kuba bwari uburozi.

Akomeza avuga ko nyuma yo gukora ayo marorerwa yahinduye telefone kugira ngo Karegeya namushaka amubure kuko yabonaga nawe ashobora kumugira nka Matata.

Gutinya Karegeya byatumye abishyira ahagaragara

Ngo yatumyeho kenshi uyu mukobwa ko amushaka akoresheje Ntwari Frank, abona ko nawe ashaka kumuhitana, aribwo yafashe icyemezo cyo guhunga ava muri Afrika y’Epfo asubira i Burundi. Yahisemo kubivuga kubera ubwoba kuko amaze iminsi abona ibimenyetso ko ashobora kwicwa.

N’ubwo hari abavuze ko nyakwigendera yazize idwara y’ibihaha (infection pulmonaire) nta mpapuro za muganga zibigaragaza nk’uko Rushyashya yabitangarijwe n’umuhungu we Pappy Matata utuye ku Kivugiza i Nyamirambo.

Nyakwigendera Jean-Christophe Matata yavukiye i Bujumbura mu gace ka Kinama, aho ise umubyara yari Umunyekongo w’umurundi naho nyina akaba Umunyarwandakazi. Yatabarutse tariki 3 Mutarama 2011 nyuma yo gukorera ibitaramo bitatu mu gihugu cya Afurika y’Epfo aho yababaje benshi bakundaga muzika ye dore ko yari icyamamare mu karere ndetse no muri Afurika muri rusange.

Cyiza D.

2017-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abashakashatsi mu by’ikirere bazatangira koherereza ubutumwa ibindi biremwa biba kuyindi mibumbe iri mw’Isanzure

Abashakashatsi mu by’ikirere bazatangira koherereza ubutumwa ibindi biremwa biba kuyindi mibumbe iri mw’Isanzure

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

RUSHYASHYA 09 Mar 2026
Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Ubwanditsi 21 Aug 2019
Gutera Kongo imirwi (balkanisation) bizabazwe mbere na mbere Perezida Tshisekedi

Gutera Kongo imirwi (balkanisation) bizabazwe mbere na mbere Perezida Tshisekedi

Ubwanditsi 18 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]
UBUKUNGU

Ufitiye umwenda leta agiye gukomanyirizwa [ gushyirwa mu kato ]

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi
HIRYA NO HINO

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi
Mu Rwanda

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Ubwanditsi 21 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru