• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Bujumbura yabujije abadepite bayo muri EALA kuza I Kigali ariko ibikorwa birakomeje

Bujumbura yabujije abadepite bayo muri EALA kuza I Kigali ariko ibikorwa birakomeje

Ubwanditsi 06 Mar 2017 ITOHOZA

Inama y’inteko rusange ya gatanu y’abadepite muri EALA yatangiye imirimo yayo uyu munsi hano mu Rwanda ariko u Burundi bwabujije abayiserukira kuyizamo, ariko ikindi gice cya’Abadepite b’Ababarundi kiyirimo !

Buri gihugu kigize EAC gifite abadepite icyenda mu nteko nshingamategeko y’uwo muryango ariko batanu gusa nibo bumviye ubutegetsi bwa Petero Nkurunziza, bandika buvuga yuko badashobora kuzitabira iyo nama ngo kubera impamvu z’umutekano wabo, naho abandi bane bakaba bari muri iyo nama y’inteko ya EALA izarangiza imirimo yayo tariki 16 z’uku kwezi.

Abo badepite batanu bumviye amabwiriza y’ubutegetsi mu Burundi bakaba bataraje muri iyo nama ya EALA, ikomeje imirimo mu nyubako y’inteko nshingamategeko y’u Rwanda ni Emerence Bucumi, Leonce Ndarubyariye, Jean Marie Muhirwa, Isabelle Nahayo na Emmanuel Nengo.

Abitabiriye iyo nama y’inteko ya EALA basnzwe bazwi yuko batavuga rumwe na leta kubera yuko barwanyije manda ya gatatu ya Nkurunziza kuko itari yubahirije itegeko nshinga ikaba yarinaciye ukubiri n’amasezerano ya Arusha, yari yarashoboye kugarura amahoro muri icyo gihugu.

Abo badepite bane ni Jeremie Ngendakumana wo mu ishyaka CNDD-FDD akaba ari nawe wari warasimbuye Rajab Hussein ku buyobozi bwaryo. Undi ni Yves Nsabimana ukomoka muri FRODEB – Nyakuri, naho abandi babibiri bakaba bakomoka muri UPRONA igice cya Nditije.

Abo ni Frederic Ngenzebuhoro na Martin Nduwinama, wigeze kuba Visi Perezida muri guverinoma ya Nkurunziza biturutse kuri ya masezerano ya Arusha ateganya yuko iyo Perezida wa Repubulika ari Umuhutu, Visi Perezida we agomba kuba ari umututsi ! Abo badepite bane b’u Burundi bari mu nama ya EALA hano mu Rwanda basanzwe bakora ariko bari mu buhungiro.

Kuva u Burundi bwajya mu bibazo muri 2015 ubutegetsi muri icyo gihugu bwakomeje kwikoma u Rwanda ngo rushyigikira ababurwanya, kugeza n’aho buhagarika ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi. Ubutegetsi mu Burundi kandi ntabwo bukitabira amanama y’akarere cyangwa mpuzamahanga akorerwa hano mu Rwanda.

-6036.jpg

Perezida Paul Kagame afungura inama ya EALA

Umwaka ushize hano mu Rwanda habereye inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma zigize umuryango w’uubumwe bwa Afurika, u Burundi ntibwayitabira.

Bwari bwohereje ababuserukira ariko baharaye rimwe bucya bahambira, barataha ngo ntabwo bari bizeye umutekano wabo ! Hari n’inama y’abayobozi ba Polisibo mu karere ko mu burasirazuba bwa Afurika iherutse kubera hano mu Rwanda, ubutegetsi mu Burundi bwanga kohereza ababuserukira !

Uburundi ubu bufite impunzi zisaga ibihumbi 70 ziri hano mu Rwanda kandi zikaba zifashwe kivandimwe, ikintu gihora giteye impungenge ubutegetsi bwa Nkurunziza, bigatuma bwarahisemo kwibasira u Rwanda nk’uko bwijundika u Bubiligi ngo ntibufata abanyapolitike barwanya leta y’u Burundi kandi ngo bacumbitse muri icyo gihugu!

Casmiry Kayumba

2017-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

N.Korea iratangaza ko yiteguye kurwana intambara y’imperuka na Leta ya Amerika

N.Korea iratangaza ko yiteguye kurwana intambara y’imperuka na Leta ya Amerika

Ubwanditsi 28 Sep 2017
Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

RUSHYASHYA 13 Jan 2026
Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo

Capitaine Théophile Twagiramungu yafatiwe muri Kivu y’amajyepfo

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Ubwanditsi 09 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi 50 bahuguwe ku gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha
Mu Mahanga

Abapolisi 50 bahuguwe ku gukusanya no kurinda ibimenyetso by’ahabereye icyaha

Ubwanditsi 14 Apr 2016
Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano
Mu Mahanga

Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol
IMIKINO

Abafana ba Rayon Sports bahawe umukoro imbere ya Costa do Sol

Ubwanditsi 05 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru