• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida Perezida mu matora

Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida Perezida mu matora

Ubwanditsi 19 Mar 2017 POLITIKI

Kuri iki cyumweru, Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda/DGPR) ryakoze inama y’abagize Kongere y’Ishyaka yemerejwemo ko Dr Frank Habineza ariwe uzarihagararira mu matora ya Perezida wa Repubulika.

Iyi nama yabereye kuri Croix Rouge ku Kacyiru, mu mujyi Kigali yamurikiwemo ibikorwa Ishyaka riteganya gukora mu myaka irindwi iri imbere (Program Politique), ndetse hanemezwa burundu Frank Habineza nk’Umukandida uzahagararira Ishyaka mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba ku matariki 03 na 04 Kanama 2017.

Mu ijambo yavuze amaze kwemezwa, Frank Habineza yabwiye andi mashyaka yitabiriye iyi Kongere ko naramuka atowe bazakorana neza, kandi ngo azaharanira ko Abanyarwanda bagira ibiryo byinshi inzara igacika.

Gusa, yanagaragarije abayoboke b’ishyaka DGPR inzitizi ikomeye bafite muri aya matora ahanini ishingiye ku bushobozi kugira ngo abashe guhatana mu matora ya Perezida wa Repubulika.

Yagize ati “Kugira ngo tuzakure intsinzi muri aya matora birasaba ko muhaguruka mukamamaza ishyaka aho muri hose, mu mirenge, utugari n’imidugudu. Tuzakenera amafaranga arenga miliyari n’igice, kandi azava muri mwe, ufite ibigori, amasaka…agurishe…mutange umusanzu, bizasaba ubwitange bukomeye.”

Habineza yavuze ko kuba ishyaka ryabo ryaremewe rigahabwa uburenganzira bwo gukorera mu gihugu, ngo ni uko mu Rwanda hari Demokarasi.

Ati “Ntabwo turi ishyaka rirwanya Leta, ahubwo turi ishyaka ritavuga rumwe nayo. Tubwira abayobora igihugu ngo bakosore ibintu runaka cyangwa mureke tuze tubyikemurire.”

Nyuma y’ijambo rye, DGPR ryagaragaje gahunda rifite mu myaka irindwi iri imbere irimo impinduka mu rwego rw’ubutabera, ikoranabuhanga, umutekano, umuco n’imyidagaduro, itangazamakuru n’ibindi.

Kugeza ubu, byibura abanyapolitike bane nibo bamaze kwemeza ko bazahatana mu matora ya Perezida wa Republika y’uyu mwaka gusa Komisiyo y’igihugu y’amatora izemeza urutonde ntakuka rw’abazahatana ku itariki 27 Kamena.

Biteganyijwe ko Umukandida w’ishyaka DGPR azahangana na Perezida Paul Kagame uzahagararira FPR-Inkotanyi, Philippe Mpayimana, na Padiri Thomas Nahimana wakomeje gutangaza ko azatahuka akaza guhangana mu matora ariko akaba ataraza.

-6133.jpg

Frank Habineza avuga ijambo nyuma yo kwemezwa nk’Umukandida uzahagararira DGPR mu matora ya Perezida.

-6132.jpg

Izi ntoki ebyiri ngo ziravuga ko igihe ari iki

2017-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Amashyaka PL na PSD mu nzira yo gutangaza abakandida babo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika?

Ubwanditsi 31 May 2017
Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwanditsi 09 Sep 2024
U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC

U Bufaransa bwashyizeho ubuhagarariye muri EAC

Ubwanditsi 05 May 2018
Uganda: Minisitiri W’umutekano, Gen. Tumwiine Aravugwaho Kwigarurira Ku Ngufu Ubutaka Bw’abaturage

Uganda: Minisitiri W’umutekano, Gen. Tumwiine Aravugwaho Kwigarurira Ku Ngufu Ubutaka Bw’abaturage

Ubwanditsi 04 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAFCC: Inzozi za APR FC zo kugera mu matsinda ziyoyokeye i Kigali, nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC
IMIKINO

CAFCC: Inzozi za APR FC zo kugera mu matsinda ziyoyokeye i Kigali, nyuma yo gusezererwa na Djoliba AC

Ubwanditsi 17 Mar 2018
PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo
Mu Rwanda

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Ubwanditsi 17 May 2017
Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019
Amakuru

Emery Bayisenge yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Saif Sporting Club yo muri Bangladesh yigeze gukinira muri 2019

Ubwanditsi 09 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru