• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uko byagenze kugira ngo umujura yibe televiziyo mu rugo rwa Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda

Uko byagenze kugira ngo umujura yibe televiziyo mu rugo rwa Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda

Editorial 15 Apr 2017 Mu Rwanda

Mu ijoro ryo ku itariki ya 10 Mata 2017, umujura yaciye mu idirishya yinjira mu rugo rwa Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda, Richard Kabonero, yiba televiziyo nini (flat screen) yari iri mu nzu arangije arigendera nta murinzi umubonye.

Uru rugo rwa Ambasaderi ruherereye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Ubusanzwe uru rugo rwa Ambasaderi rurindwa n’abarinzi babifitiye ubushobozi gusa muri ririya joro ntabwo bigeze barabukwa umujura kugeza ubwo yaciye idirishya akinjira mu nzu.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, SP Emmanuel Hitayezu, asobanura uko byagenze kugira ngo Ambasaderi Kabonero yibwe, yavuze ko umujura umwe wabikoze yafashwe nyuma y’iperereza.

Aganira na IGIHE dukesha iyi nkuru yagize ati “Hari abarinzi…Ni kwa kundi ushobora gusanga basinziriye cyangwa bahuze noneho bakabacunga ku ijisho bagaca mu rundi ruhande batarimo. Ariko amakuru amaze kumenyekana nibwo habayeho kubakurikirana hafatwa uwo wabigizemo uruhare.”

Nyuma yo gufashwa akagarurirwa televiziyo, Ambasaderi Richard Kabonero, yashimye Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi umujura wateye iwe mu rugo, ikanagaruza ibyibwe.

Mu butumwa yanyujije kuri twitter ye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, Amb. Kabonero yagize ati “Turashimira cyane RNP ku butabazi bwihuse kandi bw’ingirakamaro mu guta muri yombi umuntu wakekwagaho kwiba mu rugo rwacu.”

Yakomeje agira ati “Turashima abapolisi bayobowe na ACP Rogers Rutikanga n’abapolisi ba RNP ku kazi gakomeye mu kutugarurira umutungo wacu.”

-6308.jpg

ACP Rogers Rutikanga

Ambasaderi Kabonero usanzwe akuriye bagenzi be bahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda aherutse guhabwa inshingano nshya na Perezida w’igihugu cye, Yoweli Kaguta Museveni, aho yamugize Ambasaderi wa Uganda muri Tanzania.

Uyu mugabo yahagarariye igihugu cye mu Rwanda kuva mu 2006. Mbere yaho yakoraga muri Ambasade ya Uganda i Washington kuva mu 1994 kugera mu 2005. Yari yaranabaye Ambasaderi wa Uganda muri Kenya kuva mu 1990 kugera mu 1994.

Wonekha Oliver uzamusimbura kuri uyu mwanya mu Rwanda asanzwe ari umunyapolitiki ubimazemo igihe muri Uganda. Yari Ambasaderi wa Uganda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mbere yaho yabaye umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu ahagarariye abagore bo mu Karere ka Mbale (2001–2006) na Bududa (2006–2011). Mbere y’uko yinjira muri Politiki, yakoraga mu bijyanye no gutunganya ikawa.

Ambasaderi Kabonero avuye mu Rwanda igihugu cye gituye umutwaro w’ubukode bwa miliyoni zigera kuri 90 Frw ku mwaka cyatangaga ku nyubako yakoreragamo ibiro bya Ambasaderi.

Kuwa 10 Ukuboza 2015 nibwo Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni yafunguye inyubako ya Ambasade ya Uganda i Kigali iherereye ku Kacyiru, yuzuye itwaye akayabo ka miliyari umunani z’amashilingi ya Uganda, akabakaba hafi miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda.

-6307.jpg

Ambasaderi wa Uganda mu Rwanda, ucyuye igihe Richard Kabonero

Source : IGIHE

2017-04-15
Editorial

IZINDI NKURU

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Addis Ababa : Perezida Kagame yagejeje raporo ku bakuru bibihugu

Editorial 30 Jan 2017
Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Editorial 07 Sep 2021
Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe

Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe

Editorial 20 Oct 2018
‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

Editorial 04 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wasesekaye i Kigali ( Yavuguruwe )
Amakuru

Umugogo w’Umwami Kigeli V Ndahindurwa wasesekaye i Kigali ( Yavuguruwe )

Editorial 09 Jan 2017
Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah
Amakuru

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Editorial 12 Sep 2022
Abantu 33 bafatiwe mu gikorwa  cyo kurengera umugezi wa Nyabarongo
Mu Mahanga

Abantu 33 bafatiwe mu gikorwa cyo kurengera umugezi wa Nyabarongo

Editorial 03 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru