• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Isaranganywa ry’Ubutegetsi mu Rwanda rishobora kuzamo ibibazo by’Itegeko

Isaranganywa ry’Ubutegetsi mu Rwanda rishobora kuzamo ibibazo by’Itegeko

Editorial 15 May 2017 POLITIKI

Nubwo ntawahamya adashidikanya ko isaranganywa ry’Ubutegetsi mu Rwanda rigomba kuba ari imwe mu mpamvu nini zituma Abaturage b’iki gihugu batajya mu myiryane ya politike, ariko byaba ari no kwibeshya cyane abantu batekereje yuko nta kibazo kirimo iyo mu gihugu hariho ubutegetsi benshi batibonamo !

Ibi ababa babibona ukundi twabibutsa wa mugani wa kinyarwanda twese twasanzeho, igira iti : ‘ Ingabo zitarimo izawe ntizigatabaruke’ cyangwa ‘ngo ibiryo utaryaho birakameneka’ ! Ibi ntaho bitandukaniye no kuvuga ngo ingoma itari iyawe iragahirima !

Mu gushakisha ukuntu buri mu nyarwanda cyangwa benshi mu banyarwanda bakwibona mu butegetsi buriho, niho hazira kwa kubusaranganya.

Isaranya ry’ubutegetsi ririho mu Rwanda rifite umurongo ngenderwaho, ugenwa n’amategeko kugira ngo ishyirwa mu bikorwa ryaryo rubahirizwe nta mpaka !

-6531.jpg

Ngarambe Francois Umunyamabanga Mukuru wa FPR-INKOTANYI

Twemeranyweho yuko isaranganywa ry’ubutegetsi rikorwa hano mu Rwanda ari ryiza, cyane yuko riri no mu mategeko, bivuze ko rigomba kwubahirizwa byanze bikunze.

Ariko na none kuba iryo saranganya ry’imyanya y’ubutegetsi riri mu mategeko, hari igihe bishobora kuzatuzanira ibibazo byatugora kubyigobotoramo. Hari igihe ku ruhande rumwe tuzaba dutegekwa isaranganywa ariko ku rundi dutegekwa kudakora iryo saranganya.

Reka ibi tubivugeho tubanje guterera ijisho ku majwi yavuye mu matora y’abadepite mu mwaka wa 2003, 2008 na 2013, dufatiye ku mitwe ya politike bigaragara yuko ariyo ikomeye kurusha iyindi hano mu Rwanda.

Mu matora y’abadepite 2003 umutwe wa politike (ishyaka) wabonye intebe nyinshi mu nteko nshingamategeko ni RPF, yabonye izingana na 73.78 %. Ishyaka ryakurikiyeho ni PSD yabonye imyanya y’abadepite ingana na 12.31%, haza PL yabonye angana na 10.56 %.

-6532.jpg

Dr Vincent Biruta, umuyobozi wa PSD

Muri 2008 RPF yabonye imyanya y’abadepite ingana na 78.76 %, PSD ibona 13.12 %, naho PL ibona ingana na 7.50 %.Nomu matora aherutse y’abadepite 2013 ibyavuyemo ntabwo bitandukanye cyane n’ibyo muri 2003 na 2008, kuko RPF yabonye imyanya y’abadepite ingana na 76.22 %, PSD 13.03 %, naho PL ibona 9.29 %.

Kuko RPF ariyo yakomeje gutsinda amatora ni nayo yakomeje gushyiraho
guverinoma ariko muri bwa buryo bwo gusaranganya imyanya nk’uko itegeko rivuga yuko ishyaka ryatsinze amatora ritemerewe kurenza imyanya y’ubutegetsi isaga 50 %. Itegeko kandi rikavuga yuko Perezida
wa Repubulika agomba kutaba akomoka mu ishyaka rimwe na Perezida w’inteko nshingamategeko, umutwe w’abadepite.

Nubwo iryo saranganya ry’ubutegetsi kugeza ubu nta kibazo kirivugwaho ariko abanyarwanda bagomba kwitegura uko babyifatamo, ubwo buryo bwo gusaranganya ubutegetsi buramutse bujemo ibibazo kandi nta wundi biturutseho uretse ku itegeko ubwaryo.

-6533.jpg

Abayobozi ba PL

Uko tumaze kubibona n’uko amashyaka abiri gusa yo muri opozisiyo niyo yakomeje kugira amahirwe yo kubona amajwi asaga 5 %. Ayo ni PSD na PL ariko nayo ukabona yuko buri rimwe ryakomeje kugenda ribona amajwi make cyane, bikanarihesha n’imyanya mike cyane mu nteko nshingamategeko.

Ibi ariko nibura bituma haboneka ishyaka rihabwa
umwanya wa Perezida w’inteko nshingamategeko nk’uko bisabwa n’amategeko.

Ikibazo gihari rero n’uko bishobora gushoboka ntihaboneke ishyaka ryo muri opozisiyo ribona ya majwi angana na 5 % ngo rijye mu nteko. Icyo gihe umwanya wa Perezida w’inteko nshingamategeko wahabwa nde ?

Ibi biramutse bibaye byaba ari ikibazo cyagorana cyane kukikuramo. Ibi byagorana, cyane kuko muri iya matora yose twavuze nta mukandida wigenga wari wageza amajwi 5 % asabwa n’itegeko ngo nibura abe yagoboka agirwe Perezida w’inteko !

Casmiry Kayumba

2017-05-15
Editorial

IZINDI NKURU

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Senateri Tito yavuze ku budasa bwagaruriye u Rwanda umucyo nyuma ya Jenoside

Editorial 17 Apr 2018
Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Liberiya: George Weah ategerejwe na benshi mu muhango wo kurahirira kuba umukuru w’igihugu.

Editorial 22 Jan 2018
Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Raporo ishinja Ubufaransa uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi yakiriwe neza, ariko irimo inenge kuko hari ibyagizwe ubwiru

Editorial 28 Mar 2021
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Editorial 04 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahoze muri FDLR na RNC bifatanyije na Rusesabagina mu gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abahoze muri FDLR na RNC bifatanyije na Rusesabagina mu gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 07 May 2018
Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe
Amakuru

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Editorial 29 Jul 2021
APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021
Amakuru

APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Editorial 14 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru