• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»CHUB: Umwe mu banyeshuli bariye ibiryo bihumanye yaguye mu bitaro bigakekwa ko atitaweho bihagije n’abaganga

CHUB: Umwe mu banyeshuli bariye ibiryo bihumanye yaguye mu bitaro bigakekwa ko atitaweho bihagije n’abaganga

Ubwanditsi 15 May 2017 ITOHOZA

Ku mugoroba wo kuri icyi cyumweru ahagana saa yine z’ijoro nibwo umunyeshuli muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye yitabye Imana aguye mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) bikekwa ko azize malariya yiyongereye ku burwayi yatewe n’ibiryo byaba byari bihumanye yariye muri kaminza mu ijoro ryo kuwa 10/5/2017.

Umunyeshuli witabye Imana akaba yitwa Augustin Nahimana akaba yigaga mu mwaka wa mbere w’ishami ry’ubukungu.

Umwe mu banyeshuli wabaye hafi ya Nahimana mu burwayi bwe yatangaje ko uretse uburwayi yatewe n’ibiryo yari yariye bishobora kuba byaramuguye nabi hanaziyemo na malariya ariko yo ngo abaganga bakayirangarana ntibamwiteho uko bikwiye n’ubwo ngo abarwaza be bari bakomeje kubinginga ngo baze bamwiteho babona ameze nabi.

Yagize ati:”mu byo yari arwaye bitewe n’ibiryo bihumanye yariye haziyemo na malariya, mu gitondo cyo kuri iki cyumweru iramurenga abamurwaje bakomeza gusaba abaganga ko baza bakamureba ko babona malariya yamurenze arimo avugishwa ariko bakomeza kwirengagiza n’aho bamuhereye imiti ntiyagira icyo imumarira ku mugoroba yitaba Imana”.

Ubuyobozi bw’Ibitaro gusa Dr. Augustin Sendeya uyobora ibitaro bya CHUB buvuga ko koko uyu munyeshuli wari urwariye muri ibi bitaro yitabye Imana ku mugoroba wo kuri iki cyumweru mu ma saa yine z’ijoro bikekwa ko ari ingaruka z’ibiryo bishobora kuba byari bihumanye yariye hakaza kwiyongeramo na malariya.

Dr. Sendegeya akaba yatangaje ko andi makuru kuri uru rupfu rw’umunyeshuli ibitaro biza kuyatangaza mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki 15/5/2017.

-6583.jpg

Nyakwigendera Augustin Nahimana

Umuganga uvura indwara zisanzwe z’imbere mu mubiri utashatse ko amazina ye atangazwa yavuze ko uko yabyumvise aba banyeshuli bafashwe n’uburyo bahise bagezwa kwa muganga nta ndwara yakagombye kuba yahitanye Augustin Nahimana cyane ko ibivugwa ko yari arwaye byose bifite imiti ibivura bigakira iyo bikurikiranwe hakiri kare.

Yagize ati:” ari malariya iravurwa igakira iyo ikurikiranwe kare ndetse n’umurwayi akitabwaho, ari uguhumana guturutse ku biribwa cyangwa ibinyobwa nabyo iyo bimenyekanye kare bitaraguhitana imiti yabyo irahari rwose, keretse ari indi ndwara yari yihishe yari arwaye bitari ibyo yaba yararangaranwe n’abaganga”.

Mu ijoro ryo kuwa 10/5/2017 abanyeshuli 12 bajyanwe mu bitaro bya Kaminuza bya Butare nyuma yo kugubwa nabi bikekwa ko byatewe n’ibiryo bishobora kuba byari bihumanye baririye muri resitora ya make iri muri Kaminuza.

Abanyeshuli baguwe nabi bikekwa ko ari ibiryo bariye bafashwe bacisha hasi no hejuru ndetse baribwa no mu nda.

Kaminuza ibamo restora abanyeshuli bariramo bakurikije amikoro yabo. Abarwaye bakajya no mu bitaro ni abari baririye mu ya make igaburira mu nyubako yahozemo resitora yitwaga “Mu gikonali”.

Polisi ntiragira icyo itangaza mu byavuye mu iperereza uretse ko amakuru avugwa yemeza ko yabaye itaye muri yombi bamwe mu bakozi ba resitora aba banyeshuli barwaye bari baririyemo.

Gusa hari n’andi makuru nayo Umuryango utaremeza avuga ko Polisi yaba yanatangiye iperereza ku baganga bakurikiranaga uyu munyeshuli witabye Imana ngo hamenyekane niba nta burangare bagize ku buzima bwe kugeza ubwo ashizemo umwuka.

2017-05-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Arusha : Rujugiro araburana imitungo yahuguje abanyarwanda bavuye i Burundi

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Rwamagana: Umugore w’imyaka 30 yajujubije abaturage abiba ihene akanabomora n’amazu

Rwamagana: Umugore w’imyaka 30 yajujubije abaturage abiba ihene akanabomora n’amazu

Ubwanditsi 04 Jun 2017
Uwemezaga ko Col. Theoneste Bagosora arengana arashaka  kuba Perezida w’Abanyarwanda

Uwemezaga ko Col. Theoneste Bagosora arengana arashaka kuba Perezida w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 30 Mar 2017
Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Isesengura : Ibihugu by’Akarere bishobora kurwana intambara yeruye muri DR.Congo kubera “Abanyamulenge “

Ubwanditsi 22 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi
Mu Rwanda

Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura
Amakuru

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Ubwanditsi 11 Aug 2021
Amavubi asezerewe na Congo
IMIKINO

Amavubi asezerewe na Congo

Ubwanditsi 30 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru