• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA   |   19 Jun 2025

  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abakozi ba nyakabyizi barasaba koroherezwa gutora

Abakozi ba nyakabyizi barasaba koroherezwa gutora

Editorial 25 May 2017 Mu Rwanda

Bamwe mu bakozi bo mu ngo na ba nyakabyizi barasaba koroherezwa kwitabira gahunda y’amatora,ndetse bakazahabwa n’umwanya wo gutora Perezida wa Repubulika mu matora yo muri Kanama 2017.

Ibi barabisaba mu gihe hitegurwa amatora y’Umukuru w’igihugu,bagasaba abakoresha kumva ko abakozi bo muri ibi byiciro bakwiye guhabwa uburenganzira bwabo.

Hitiyise Emmanuel(izina rihinduye) wo mu murenge wa Rubavu,afite imyaka 19 imwemerera gutora,akora akazi ko mu rugo,avuga ko abakoresha babo babima uruhushya rwo kwitabira inama bakavuga ko bituma batamenya gahunda zigezweho za Leta harimo n’amatora.

Yagize ati:”…ba boss ntibatwemerera kuva mu kazi kandi tuba dushaka kujya mu nama n’abandi ariko gutora tuzatora….numva bajya batanga umwanya natwe tukajya mu nama nk’abandi…”

Ibi Hitihise abisangiye n’abandi bakozi bo mu ngo mu turere twa Nyabihu na Rubavu,batashatse gufatwa amajwi n’amazina yabo ntatangazwe kubera gutinya ba shebuja bagaragaza ko babuzwa kujya mu bikorwa binyuranye kubera akazi baba bahawe.

Tuyisenge Ceraphine ukora muri Papeterie mu murenge wa Rambura ugiye gutora bwa mbere kuko yujuje imyaka 21,we avuga ko nta umubuza kwitabira gahunda za Leta harimo n’amatora.

Tuyisenge agira ati:”…barandeka nkajya mu nama,…turakinga tukajyayo;ntabwo boss(umukoresha) bimubangamira.Nzakinga njye gutora ndabyemerewe…”
Tuyisenge asaba ko abandi bakoresha na bo bafasha abakozi babakorera kwitabira gahunda zose zirebana n’amatora kuko ari uburenganzira bwabo kandi bikaba bidatwara umwanya munini.

Yagize ati:”…ubutumwa natanga ni uko babareka bakajya gutora bava mu matora wenda bagakora kuko gutora ni byiza.

Abakoresha bavuga ko batabuza abakozi babo kwitabira gahunda za Leta zirimo n’amatora.

Iribagiza Bernadette,umucuruzi wo mu murenge wa Karago,akarere ka Nyabihu, avuga ko aha umwanya abakozi be bakajya mu nama zihugura abaturage ku matora kandi ko azabaha n’umwanya bakajya gutora.

Iribagiza yagize ati:”…iyo igihe cy’inama kigeze,abakozi bose turababwira bakajya mu nama kugira ngo bitabire igikorwa cya Leta,amatora turayiteguye.

Ibyo Iribagiza avuga ntanyuranya na Noheli Dusengimana ucururiza mu murenge wa Karago,akarere ka Nyabihu uvuga ko atakwima umwanya abakozi be.

Umuhuzabikorwa wa Komisiyo y’igihugu y’amatora mu ntara y’Iburengerazuba, Hadji Djamada Karimunda avuga ko bahura n’abakoresha babasaba korohereza abakozi babo,akanasaba abakoresha kumva uruhare babifitemo.

Yagize ati:”…Ibyo tubisaba abakoresha tukababwira ko na bo ari abanyarwanda nk’abandi bafite uburenganzira bwabo busesuye kuba bakwitabira ibikorwa by’amatora.Ibyo birasaba kuganira kuko hari umukozi n’umukoresha akamugenera nibura igihe gito bakaba bakwitabira izo nyigisho…”

Hadji Karimunda akomeza avuga ko hari inyigisho zitangwa mu bihe binyuranye harimo n’umunsi w’umuganda kandi bikaba bikorwa no mu ngeri zinyuranye z’abaturage,kandi ko ubwo bukangurambaga bukomeje.

-6657.jpg
Abakozi bo mu ngo n’abandi bakora imirimo ya nyakabyizi ni bamwe mu bagira umwanya muto bigengaho;ibi bikaba byabangamira ubwitabire komisiyo yifuza ko bwarenga 98% yo mu matora aheruka nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’amatora yabivugiye mu kiganiro yahaye abanyamakuru ku itariki ya 17 Gicurasi 2017.

-6656.jpg

Perezida wa Komisiyo y’igihugu y’amatora Prof Kalisa Mbanda

Sam Kwizera -Rushyashya

2017-05-25
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Editorial 27 May 2021
Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Editorial 11 Sep 2016
Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Editorial 10 Mar 2016
Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Editorial 22 Aug 2021
Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Editorial 27 May 2021
Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Editorial 11 Sep 2016
Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Editorial 10 Mar 2016
Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Manishimwe Djabel abaye umukinnyi wa gatatu uvuye mu mwiherero w’Amavubi, ni nyuma yo kwandura COVID- 19

Editorial 22 Aug 2021
Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Mu mikino y’umunsi wa 8 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda, ukaba umunsi wa kabiri w’imikino ya Kamarampaka waranzwe no kunganya. 

Editorial 27 May 2021
Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Editorial 11 Sep 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru