• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka

Ubwanditsi 12 Jun 2017 Mu Rwanda

Ku mugoroba wo ku cyumweru taliki ya 11 Kamena , amakipe ya Police Handball Club (Police HBC) na Police FC yagejeje ku buyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ibyo yagezeho mu mwaka ushize w’imikino ndetse n’uyu ugikomeza.

Ni umuhango wayobowe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K.Gasana ari nawe wari umushyitsi mukuru , ari kumwe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ubuyobozi n’abakozi DIGP Juvenal Marizamunda na ba Komiseri batandukanye muri Polisi y’u Rwanda, abakinnyi n’abatoza b’amakipe yombi.

Mu ijambo yabagejejeho, IGP Gasana yashimye aho aya makipe ageze muri iki gihe, aho Police Handball Club ariyo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 45 kuri 45 , ahasigaye imikino 3 ngo shampiyona irangire; Police FC nayo ikaba ari iya 2 ku rutonde rw’agateganyo, ahasigaye umukino umwe izahuramo na Malines FC.

IGP Gasana yagize ati:” Mbashimiye icyubahiro n’agaciro muhesha Polisi y’u Rwanda n’umuyobozi wayo w’ikirenga ariwe Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame; nishimiye ibikombe Police Handball yatwaye, n’umwanya wa kabiri Police FC iriho, kandi dukomeze guharanira inzira y’intsinzi.”

Yagize kandi ati:” Ubwitonzi, kubaha, kubahana no kugira umurava w’intsinzi y’ikipe yawe ,…byose nibyo byatumye mugera aho mugeze kandi twifuza ko mwazagera kubirushijeho kuko gutsinda bizana ishema n’amateka meza, mubizirikane.”

Mu gusoza, IGP Gasana yasabye abahagarariye Polisi y’u Rwanda mu mikino yose ko bakomeza guhagararira Polisi neza kandi ko ubuyobozi buzakomeza kubaba hafi aho yagize ati:” Kwishima bidutere imbaraga zo gukomeza gukora cyane.”

Muri uyu muhango kandi, ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibikombe bitatu Police HBC iheruka gutwara aribyo: Igikombe cya shampiyona y’igihugu ya handball 2016; igikombe cy’irushanwa ryahuje amakipe ane yabaye aya mbere umwaka ushize ndetse n’igikombe iheruka gutwara mu irushanwa ryo kwibuka abakinnyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ( Genoside memorial tournament) rikaba ryarahuje amakipe y’akarere k’ibiyaga bigari, aho yatsinze APR HBC yo mu Rwanda ku mukino wa nyuma.

-6939.jpg

-6940.jpg

-6941.jpg

-6942.jpg

-6943.jpg

2017-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2024
Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Ubwanditsi 18 Apr 2022
Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi umuturage bikekwo ko ari umunyarwanda

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Abakinnyi 39 b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore bari munsi y’imyaka 20, yatangiye umwiherero mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022

Ubwanditsi 10 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo  y’umupira w’amaguru (Police FC)
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyizeho Umutoza mushya w’Ikipe yayo y’umupira w’amaguru (Police FC)

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Nyina wa Diamond yandagajwe, aravugwaho kwipfubuza ku musore arusha imyaka 18
SHOWBIZ

Nyina wa Diamond yandagajwe, aravugwaho kwipfubuza ku musore arusha imyaka 18

Ubwanditsi 06 Jan 2018
RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo
ITOHOZA

RDC irishyuza Uganda miliyari $10 ku bikorwa by’ingabo zayo mu ntambara ya Congo

Ubwanditsi 15 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru