• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Editorial 15 Jun 2017 ITOHOZA

Uyu munyeshuri yigaga mu mwaka wa Gatandatu, ku Ishuri ribanza rya Kiriba, riherere mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke.

Abanyeshuri biganaga na nyakwigendera, bavuga ko mbere y’uko apfa yababwiye ko atameze neza bari kwiga isomo ry’ikoranabuhanga mu cyumweru gishize, bahita bamusohokana hanze.

Nyuma yo kumusohokana bakabona atamerewe neza, ngo bahise bamujyana kwa Se wa batisimu utuye hafi y’iryo shuri. Mu gihe cya saa Moya z’umugoroba nibwo yitabye Imana.

Umwarimu ukuriye abandi muri iki kigo yatangaje ko bikekwa ko yaba yarakubiswe n’umwarimu. Ati “Abaturage bose bavugaga ko ari umwarimu wamukubise. Cyakora hari abanyeshuri twabajije bavuga ko atigeze amukoraho kuko yari umuhanga.”

Nubwo abanyeshuri bemeza ko uwo mwarimu yajyaga abakubita inshyi, ngo uwo munsi ntiyigeze amukubita nkuko umwe yabisobanuye agira ati “Yahise aryama ku ntebe, mwarimu aramubaza ngo ‘wowe ko uryamye uko?’ tumubwira ko arwaye, ahita amwihorera, ntiyigeze amukoraho. Yagiye akubita abari gukora amakosa, abakubita urushyi.”

Abareraga uyu mwana nabo bavuze ko yari asanzwe atameze neza ndetse ko bakeka ko yaba yarazize uburwayi yari asanganywe.

Umwe yagize ati “Yajyaga agira ikibazo. Imodoka yigeze kumugonga. Ubwo rero kureba mu mashini hari ubwo yavugaga ngo iri kumukurura. Twatekereje ko wenda aricyo cyabiteye cyane ko yakundaga kurwaragurika.”

Umukozi w’Umurenge wa Muzo ushinzwe irangamimerere witwa Dushime Ruvuta Innoncent, yavuze ko nubwo uwo mwarimu atarahamwa n’icyo cyaha, abarimu bakwiye kwirinda gukubita abanyeshuri

Yagize ati “Abarimu bajye bitwararika mu gihe umwana akoze ikosa. Nubwo umwarimu atarahamwa n’icyo cyaha, twabagira inama, hari ubwo ushobora gukora ikosa yari yisanganiwe ibibazo bigahita bimuviramo urupfu.”

Ubuyobozi buvuga ko uyu mwarimu ari mu maboko ya Polisi mu gihe hagikorwa iperereza hanategerejwe n’ibisubizo bizatangwa na muganga ku cyaba cyarateye urwo rupfue.

2017-06-15
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda  rwateye utwatsi amakuru ari muri  Uganda avuga ko rushaka gufasha   IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

U Rwanda rwateye utwatsi amakuru ari muri Uganda avuga ko rushaka gufasha IGP Kale Kayihura kuzasimbura Museveni

Editorial 06 Oct 2017
Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Editorial 11 Dec 2023
Icyizere cya Museveni cyashegeshwe n’Abanyarwanda, ibyahishuwe na William Pike mu gitabo cye- Museveni arakekwa amababa mu rupfu rwa Fred Rwigema 

Icyizere cya Museveni cyashegeshwe n’Abanyarwanda, ibyahishuwe na William Pike mu gitabo cye- Museveni arakekwa amababa mu rupfu rwa Fred Rwigema 

Editorial 06 Aug 2019
Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma  yo guhatwa ibibazo  baraye basubijwe murugo na Polisi

Diane Rwigara n’Umuryango we nyuma yo guhatwa ibibazo baraye basubijwe murugo na Polisi

Editorial 05 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubiligi Ivan Jack Minaert yatangije imyitozo mu ikipe ya Gorilla FC iheruka gutandukana na Gatera Mussa
Amakuru

Umubiligi Ivan Jack Minaert yatangije imyitozo mu ikipe ya Gorilla FC iheruka gutandukana na Gatera Mussa

Editorial 20 Feb 2024
Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge
INKURU NYAMUKURU

Abazi neza kandi babana n’uwiyita “Padiri” Nahimana Thomas Batubwiye Ibye aho abayeho nk’inzererezi itunzwe n’ibiyobyabwenge

Editorial 19 Sep 2020
Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa
Mu Mahanga

Umuyobozi muri Polisi ya Uganda yagonzwe ahita apfa

Editorial 17 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru