• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Ubwanditsi 15 Jun 2017 ITOHOZA

Uyu munyeshuri yigaga mu mwaka wa Gatandatu, ku Ishuri ribanza rya Kiriba, riherere mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke.

Abanyeshuri biganaga na nyakwigendera, bavuga ko mbere y’uko apfa yababwiye ko atameze neza bari kwiga isomo ry’ikoranabuhanga mu cyumweru gishize, bahita bamusohokana hanze.

Nyuma yo kumusohokana bakabona atamerewe neza, ngo bahise bamujyana kwa Se wa batisimu utuye hafi y’iryo shuri. Mu gihe cya saa Moya z’umugoroba nibwo yitabye Imana.

Umwarimu ukuriye abandi muri iki kigo yatangaje ko bikekwa ko yaba yarakubiswe n’umwarimu. Ati “Abaturage bose bavugaga ko ari umwarimu wamukubise. Cyakora hari abanyeshuri twabajije bavuga ko atigeze amukoraho kuko yari umuhanga.”

Nubwo abanyeshuri bemeza ko uwo mwarimu yajyaga abakubita inshyi, ngo uwo munsi ntiyigeze amukubita nkuko umwe yabisobanuye agira ati “Yahise aryama ku ntebe, mwarimu aramubaza ngo ‘wowe ko uryamye uko?’ tumubwira ko arwaye, ahita amwihorera, ntiyigeze amukoraho. Yagiye akubita abari gukora amakosa, abakubita urushyi.”

Abareraga uyu mwana nabo bavuze ko yari asanzwe atameze neza ndetse ko bakeka ko yaba yarazize uburwayi yari asanganywe.

Umwe yagize ati “Yajyaga agira ikibazo. Imodoka yigeze kumugonga. Ubwo rero kureba mu mashini hari ubwo yavugaga ngo iri kumukurura. Twatekereje ko wenda aricyo cyabiteye cyane ko yakundaga kurwaragurika.”

Umukozi w’Umurenge wa Muzo ushinzwe irangamimerere witwa Dushime Ruvuta Innoncent, yavuze ko nubwo uwo mwarimu atarahamwa n’icyo cyaha, abarimu bakwiye kwirinda gukubita abanyeshuri

Yagize ati “Abarimu bajye bitwararika mu gihe umwana akoze ikosa. Nubwo umwarimu atarahamwa n’icyo cyaha, twabagira inama, hari ubwo ushobora gukora ikosa yari yisanganiwe ibibazo bigahita bimuviramo urupfu.”

Ubuyobozi buvuga ko uyu mwarimu ari mu maboko ya Polisi mu gihe hagikorwa iperereza hanategerejwe n’ibisubizo bizatangwa na muganga ku cyaba cyarateye urwo rupfue.

2017-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Abaturage bo muri Congo baremeza ko Interahamwe ziherutse kwinjira mu Burundi zaturutse iwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na  Obed Ndahayo

Umusomyi: Ngire icyo mvuga kuri Tharcisse Semana na Obed Ndahayo

Ubwanditsi 10 Oct 2017
Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Ubwanditsi 09 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi
POLITIKI

CNLG yagaragaje imitwe yakomotse mu Ruhengeri yagize uruhare mu kwica Abatutsi

Ubwanditsi 11 Jan 2019
Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite
Amakuru

Mukura VS yatandukanye n’uwari umutoza mukuru Ruremesha Emmanuel azira umusaruro mubi iyi kipe ifite

Ubwanditsi 21 Jan 2022
Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi
Amakuru

Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 03 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru