• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Perezida Kagame kuri Televiziyo na Radiyo by’Igihugu, yagaragaje imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda

Editorial 25 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko imitekerereze ikwiriye kuranga abanyarwanda ari ukubanza gutekereza ibyiza hanyuma bakabona kureba uburyo babigeraho, bagashaka ubushobozi bwo gutuma ibyo batekereza bijya mu ngiro.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri iki Cyumweru mu kiganiro yagiranye na Radio na Televiziyo y’u Rwanda cyayobowe n’Umunyamakuru Cleophas Barore na Novella Nikwigize.

Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo nyinshi kuva ku kuba aherutse kwemera gukomeza kuyobora u Rwanda nyuma yo kubisabwa n’abaturage kugera ku nshingano yahawe mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe ndetse n’ibindi bibazo bireba u Rwanda.

Abaturage batanze ibitekerezo n’ibibazo byabo bakoresheje imbuga nkoranyambaga n’umurongo wa telefoni, ndetse hari abanyeshuri biga muri Kaminuza zitandukanye bari muri studio za Radio na Televiziyo y’u Rwanda bahawe umwanya wo kubaza ibibazo.

Perezida Kagame yavuze gutekereza ibyiza mbere y’ubushobozi aricyo cya mbere cyari gikwiye kuranga abanyarwanda, nyuma yaho bagashaka uko ibyo byiza babigeraho.

Ati “Gushaka ibyiza utaranatekereza n’ubushobozi ibyo ni byo, abantu niko bakwiye gutekereza. Bakwiye gutekereza ibyiza no mu mutwe ndetse ukiha gutekereza kugera kure hanyuma warangiza ugasubira inyuma gato ukavuga uti nzahagera nte? Gutekereza kugera kure, ku byiza, narangiza nkasubira inyuma nti ariko ndagerayo nte? Noneho nkatangira kubikorera kugira ngo mbone uko ngerayo.”

“Ubwo rero ndabanza mvuze ko gutekereza gutyo ni byiza cyane njye niko numva abantu bakwiye gutekereza. Niko abanyarwanda dukwiye gutekereza hanyuma twarangiza tugashaka uburyo butugeza aho twifuza kugera.”

Yakomeje asobanura ko muri iki gihe umuntu iyo asubije amaso inyuma agatekereza aho u Rwanda rwavuye mu myaka 15 cyangwa 20 ishize ‘hari nubwo n’uyu munsi ushobora kuvuga uti ariko hariya twahavuye dute?’.

Perezida Kagame yakomeje avuga ko iyo umuntu yatekereje ibyiza nyuma agashaka uburyo bwo kubigeraho, atangira kubona ko n’ibyo yabonaga nk’ibidashoboka nabyo bishoboka.

Ati “Icya mbere ni nko kuvuga ngo uwari uziko nyuma ya 94 uko abantu bishwe, ibyasenyutse bindi byose abantu ukuntu byabagizeho ingaruka ukavuga uti ariko byashoboka ko nyuma y’iki gihe gito igihugu gishobora kugira n’amahoro n’umutekano abantu bakicarana bagashakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bihari cyangwa bagasangira bike byiza bamaze kugeraho.”

“Wumva ubundi rimwe na rimwe bigoye kuba byashoboka ariko icyo navuga ni uko n’ubu hagaragara ko hari inzira y’uko n’ibitarakemuka bishobora kuba byakemuka.”

-7081.jpg

2017-06-25
Editorial

IZINDI NKURU

Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Editorial 05 May 2017
Impamvu 5 abasore b’imico myiza bakunze kubona abakunzi bibagoye

Impamvu 5 abasore b’imico myiza bakunze kubona abakunzi bibagoye

Editorial 28 Mar 2017
Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Editorial 28 Apr 2017
Rubavu: Abacoracora  barashwe bagerageza kwinjira mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Rubavu: Abacoracora barashwe bagerageza kwinjira mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Editorial 06 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja
INKURU NYAMUKURU

RDC: Gen.Wilson Irategeka wa FLN ruramugera amajanja

Editorial 18 Dec 2019
Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.
Amakuru

Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.

Editorial 26 Jan 2023
Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
ITOHOZA

Gloria Kayitesi Umugore wa Lt. Joel Mutabazi arafatanya na Kayumba mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 14 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru