• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

‘ IGISWAHILI ‘ Kunyungu z’Umunyarwanda

Ubwanditsi 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Mu mwaka ushije 2016 Leta y’ u Rwanda yemeje Igiswahili nk’ururimi rwa kane rugomba gukoreshwa mu buzima bw’umunyarwanda. Kuva icyi cyemezo cyafatwa, abanyarwanda ndetse nabandi bose bakunda Igiswahili n’u Rwanda muri rusange ntabwo barasobanukirwa neza impamvu, uburyo, imiterere ndetse nukuntu icyo cyifuzo cyagerwaho n’igihe cyajya mu bikorwa ngo kibe impamo.

Abanyarwanda bamenyereye ko “imvugo ariyo ngiro” kandi nkuko biri mu ndirimbo yubahiriza igihugu bati “Ijabo ryawe riguhe ijambo”.

Abakurikiranira hafi Politiki y’u Rwanda haba mu karere rurimo cyangwa amahanga bemeza ko Perezida Paul Kagame afatwa nk’umukuru w’igihugu w’intangarugero muri byinshi no gushyira mu bikorwa icyo yavuze cyangwa yiyemeje, bemeza ko mu gihe gito Igiswahili mu Rwanda kizabera urugero rwiza ibindi bihugu mu bwisanzure bw’akarere k’umuryango w’ibihugu bya Afurika yuburasirazuba (EAC) na Afurika yose muri rusange ifata ururimi rw’Igiswahili nk’indangamuntu n’indangagaciro ye, mu kwiteza imbere mu buhahirane, mu bwisanzure, mu mibereho ya buri munsi, akazi, uburezi, ubucuruzi, ubukerarugendo nibindi abantu bahuriraho mu buzima.

Iki gikorwa rero cyo guteza imbere imikoreshereze y’ururimi mu Rwanda, mu karere no muri Afurika ntikigomba gucecekwa cyangwa ngo abantu bakibazeho byinshi bategereje ahubwo kigomba kuva mu madosiye, mu mvugo kikajya mu ngiro kugira ngo kigeze abanyarwanda ku iterambere n’ubwisanzure mu gihugu no mu karere kose.

Inshingano cyangwa ibikorwa byashingirwaho n’ibyagaragajwe mu bushakashatsi mu byindimi n’imyumvire y’abantu ni ibi bikurikira:

Gushyiraho itegeko rigasohoka mu igazeti ya Leta

Gukoresha ibiganiro mbwirwaruhame ku maradiyo, Televiziyo n’ibinyamakuru mu gusobanurira abanyarwanda inyungu n’impamvu zo kwiga no kumenya urwo rurimi.
Gushyiraho Komisiyo y’igihugu ishinzwe Igiswahili yo kumenyekanisha, gukangurira, gutegura no guteza imbere imyigire n’imikoreshereze y’urwo rurimi ku banyarwanda bose, abakuru n’abato, abize n’abatarize, mu mijyi no mu byaro n’ibindi…

Mu gihe cy’umwaka umwe gusa icyo cyemezo cya Leta gifashwe hari ibimaze gukorwa n’abantu ku giti cyabo bafite ubushake bwo gukorera igihugu n’abanyarwanda mu guteza imbere umuco, imyumvire, ururimi, ubufatanye n’ubwisanzure bwo mu karere n’iterambere rirambye ry’abanyarwanda nubwo Leta itaratanga icyerekezo gitomoye muri urwo rugamba, hari abafashe iya mbere bakaba bamaze gushyiraho:

Ihuriro ry’abanyamakuru bakoresha Igiswahili mu Rwanda.

Ihuriro ry’abarimu bigisha Igiswahili mu mashuli yisumbuye na za kaminuza.
Ubufatanye hagati y’umukomiseri w’umukorerabushake wa Komisiyo nyafurika y’indimi (ACALAN) na Kaminuza y’ubukerarugendo n’ubucuruzi (UTB), kwigisha ingeri zitandukanye n’abandi.

Gahunda zo kwandika ibitabo n’izindi mfashanyigisho n’ibindi…

Hari byinshi byavugiwe kandi birimo gukorwa mu mahuriro y’abanyeshuli n’abafatanyabikorwa n’impuguke mu by’ururimi rw’Igiswahili nka:

CHAUKIDU: Chama cha Ukuzaji wa Kiswahili Ulimwenguni (World Kiswahili development Association).

ACALAN: African Academy of Languages
EAKC: East African Kiswahili Commissioner
Bayreuth Kiswahili Colloquium (Germany)

Hari kandi igitekerezo cyo guhuza abafatanyabikorwa n’abakoresha Igiswahili bagahurizwa hamwe bakaganira ku cyakorwa ngo icyo cyemezo cya Leta cy’Igiswahili n’imikoreshereze yacyo ishyirwe mu bikorwa kibere Akarere n’amahanga urugero nkuko impuguke y’umunyakenya Prof. Ken Walibora, uzwi cyane mu karere kubera ubwanditsi n’ubunyamakuru yanditse muri The East African ati “mwitegure urugero rw’Igiswahili mu Rwanda ati kizakizwa no gutezwa imbere mu karere kose n’umugabo w’icyitegererezo mu buyobozi bwa Afurika Paul Kagame”.

Ni byiza ko abatuye akarere k’umugabane wa Afurika batega amaso kuri icyo cyemezo cyafashwe n’u Rwanda ku bijyanye n’Igiswahili ariko ni byiza ko nkuko uwahoze ari Perezida wa Amerika John Kennedy yavuze ati “Mbere yuko ubaza icyo Leta ikora, banza wibaze wowe ubwawe icyo wikorera nicyo ukorera bagenzi bawe”.

Reka buri wese akangukire no gukangurira mugenzi we ibyiza byo kwiga no kumenya gukoresha ururimi rw’Igiswahili mu iterambere ry’u Rwanda, Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) na Afurika muri rusange.

Karibuni tujifunze Kiswahili kwa maendeleo endelevu.

-7330.jpg

Prof. Pacifique Malonga
Umushakashatsi mu by’indimi n’umunyamakuru wigenga.
E-mail: becos1@yahoo.fr

2017-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Ubwanditsi 04 Jan 2022
Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Amafoto – Byiringiro Lague na Ishimwe Anicet bakinira ikipe ya APR FC, buri umwe yongereye amasezerano y’imyaka ine akinira iyi ikipe y’ingabo z’igihugu

Ubwanditsi 08 Feb 2022
Minisitiri w’Intebe yarahije Lt. Col Déo Rusizana, Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare

Minisitiri w’Intebe yarahije Lt. Col Déo Rusizana, Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare

Ubwanditsi 26 Jun 2017
Barafinda ari mugahinda  nyuma y’uko ngo  hari abantu bakomeje kumutwara  ‘Udukoryo’

Barafinda ari mugahinda nyuma y’uko ngo hari abantu bakomeje kumutwara ‘Udukoryo’

Ubwanditsi 04 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta
INKURU NYAMUKURU

Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Mu gushaka guhindura itegeko nshinga hari icyo Museveni amaze kwigira kuri Nkurunziza

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo
ITOHOZA

Uganda: Uko uwahoze muri M23 yatawe mu mutego wo kugura imbunda akaba yakatiwe imyaka 6 y’igifungo

Ubwanditsi 25 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru