• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abanyarwanda baba muri Congo no mu Burundi ntibemerewe gutorerayo

Abanyarwanda baba muri Congo no mu Burundi ntibemerewe gutorerayo

Ubwanditsi 04 Aug 2017 Mu Rwanda

Abanyarwanda baba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no mu Burundi ntibagize amahirwe yo kwitorera Umukuru w’Igihugu mu matora yabaye muri Diaspora kuri uyu 3 Kanama 2017.

Nk’uko byari biteganyijwe, amatora y’Umukuru w’Igihugu ku Banyarwanda baba hanze yari ateganyijwe uyu munsi, ariko ababa muri RDC no mu Burundi ntibemerewe kubera ibibazo by’umutekano biri muri ibyo bihugu nk’uko Komisiyo y’amatora yabitangarije abanyamakuru ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza, yavuze ko icyo cyemezo cyafashwe muri Werurwe nyuma yo kubona ko muri ibyo bihugu nta mutekano uhari watuma amatora agenda neza.

Yagize ati “Nubwo Komisiyo y’igihugu y’amatora ishinzwe amatora ntabwo ishobora gufata icyemezo kimeze gityo yonyine itagize izindi nzego za Leta igisha inama zibishinzwe; izo zose rero twazigishije inama. Icyo cyemezo rero twagifashe ahagana muri Werurwe, ni nayo mpamvu ibindi bikorwa muri ibyo bihugu bijyanye no kwandika ntibyakozwe kuko n’umutekano waho ntiwemeraga ko byakorwa.”

Yavuze ko mu gihe cy’amatora umutekano uba ari ingenzi, avuga ko banze ko amatora yaba ahantu batizeye umutekano w’Abanyarwanda n’ibizahakorerwa.

Munyaneza yasobanuye ko bashyizeho ingamba zigamije korohereza abantu babaga muri ibyo bihugu bashaka kwitorera Umukuru w’Igihugu, aho banashyizeho ibiro by’itora ku biro by’iyo komisiyo kugira ngo abazabasha kuza mu Rwanda abe ariho batorera.

Uretse mu Burundi no muri Congo, hirya no hino ku isi Abanyarwanda bazindukiye mu matora. Ababa imbere mu Rwanda bo barazindukira mu matora kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 4 Kanama, akazatangira saa moya za mugitondo akageza saa cyenda z’amanywa.

Biteganyijwe ko bizagera saa tatu z’ijoro kuri uyu wa Gatanu Abanyarwanda bamaze kumenya 70% y’ibyavuye mu matora, amajwi rusange amenyesha uwatorewe kuyobora u Rwanda akazamenyekana ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha.

Perezida wa NEC, Prof. Kalisa Mbanda yasabye Abanyarwanda kuzatora mu bwisanzure no mu mahoro nk’uko bisanzwe bibaranga.

Yagize ati “Icyo dusaba Abanyarwanda ni uko bazitabira amatora ari benshi kandi bakazatora neza birinda imfabusa. Bazatore ari benshi kandi batore neza, bihitiremo umukandida ubereye u Rwanda.”

Yasabye ko Abanyarwanda bazakirana umutima mwiza ibizava mu matora kuko ari bo bazaba bitoreye.

-7466.jpg

Abayobizi ba Komisiyo y’Igihugu y’Amatora

2017-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasoje umwiherero w’abayobozi, dore impanuro yabageneye

Perezida Kagame yasoje umwiherero w’abayobozi, dore impanuro yabageneye

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Mu Rwanda : Leta yiyemeje kwishyurira amazi, amashanyarazi n’imihanda abubaka ‘appartments’

Mu Rwanda : Leta yiyemeje kwishyurira amazi, amashanyarazi n’imihanda abubaka ‘appartments’

Ubwanditsi 12 May 2017
Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Abayisilamu bo mu Rwanda ntibazagwe mu mutego w’intagondwa zitwaza idini, zigategura ibikorwa by’iterabwoba

Ubwanditsi 02 Oct 2021
Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Ubwanditsi 23 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba
Amakuru

Abakinnyi basaga 1200 bagiye guhurira mu Rwanda mu mikino ya EAPCCO ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba

Ubwanditsi 18 Mar 2023
Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO
Amakuru

Mecky Kayiranga yasohoye amashusho y’indirimbo ‘Garuka’ abwira umukunzi we kugaruka bakubaka -VIDEO

Ubwanditsi 07 Jun 2021
U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.
Amakuru

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

Ubwanditsi 30 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru