• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Editorial 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Umukuru w’igihugu Paul Kagame, ubwo yishimiraga intsinzi hamaze gutangazwa ku mugaragaro ibyavuye mu matora by’agateganyo, yashimiye abanyarwanda benshi bamufashije mu bikorwa byo kwiyamamaza yakoreye mu gihugu cyose, by’umwihariko ashimira uruhare abanyamakuru bagize muri icyo gikorwa.

Yagize ati “…hari ndetse n’abanyamakuru mu gihugu hano, baba abo hanze, abo bose bakora imirimo itandukanye, bafotora, bakoresha imbuga nkoranyambaga (social media), n’abandi, mbese ibyabaga byose muri iki gikorwa cy’amatora nta hantu bitabaga bigera ku Isi muri uwo mwanya bibereyeho, mwarakoze namwe cyane.”

-7503.jpg

Abanyamakuru batandukanye bakoze akazi gakomeye cyane

Uku gushima uruhare rw’Itangazamakuru mu kumenyekanisha ibibera mu Rwanda, si Perezida Kagame wabigarutseho kubera kumwamamaza gusa, ahubwo mbere ho umunsi umwe kugira ngo kwiyamamaza bitangire, ku wa 13 Nyakanga 2017, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Ngarambe François, mu kiganiro n’abanyamakuru ubwo yatangazaga gahunda zo kwiyamamaza, na we yashimye uruhare rw’itangazamakuru n’intambwe rimaze gutera ariko urugendo rugikomeje.

Ibi bikaba bigaragaza ko muri iyi manda y’imyaka irindwi, itangazamakuru rizashyirwamo imbaraga, dore ko abarikoramo bagaragaje kenshi ko ryirengagijwe ukurikije uko izindi nzego zazamuwe, kandi rifite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu n’imiyoborere.

Muri uko gukomeza kwishimira intsinzi, Perezida Kagame yakomeje agira ati “Ahasigaye rero, ngira ngo amateka atugejeje hano nayo murayazi, murareba imyaka irindwi ishize, twari mu gikorwa nk’iki na cyo cyarabaye kigenda neza ndetse cyagenze neza kurushaho; ariko ntabwo icyo gihe byari bayarateguwe ko ibyo bintu bizakomeza nkuko byagenze uku. Hagati aho abanyarwanda bose, benshi, uhereye ku masinyatire miliyoni enye, n’ibirenga, ukagera kuri referendumu, bikagera no kuri FPR, ubwayo, ni naho byose byaganishaga kandi byemezaga gusaba ko nkomeza kubabera umuyobozi.”

Perezida Kagame wegukanye intsinzi yo gukomeza kuyobora u Rwanda ku majwi 98,63 ku ijana nk’uko ibarura ry’amajwi rya komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) ryabitangaje ku mugaragaro, muri manda y’imyaka irindwi iri imbere afite gukomeza guteza imbere abanyarwanda bose ntawe usigaye inyuma kandi bose bakihuta.

“Intsinzi ni iyanyu, ni amateka asanzwe ya FPR Inkotanyi ihangana n’ibibazo yahanganye n’ibibazo byinshi, ariko tukaba dukomeza gutera imbere, tukaba tugejeje aha, tuhigejeje ndetse tuhagejeje n’igihugu cyose dufatanije.”

Kagame yasezeranije abanyarwanda bose bahamije amasezerano y’ibyo basabye muri referendumu banamwamamaza, ko ibikorwa byo guteza imbere igihugu bikomeje.

-7502.jpg

Perezida Kagame ashimira buri wese wagize uruhare ngo amatora agende neza

Yagize ati “Rero akazi ubu kagiye gutangira nanone nk’uko twari dusanzwe tubaho. Ubu ni imyaka irindwi yo gukomeza kwita ku bibazo dufite mu Rwanda byugarije abanyarwanda, ndetse birimo gukomeza ko umunyarwanda aba umunyarwanda, kuko tudaharanira kuba ikindi kintu kitari umunyarwanda. Dushaka umunyarwanda muzima uteye imbere, wigeza kuri byinshi uko tubyifuza.”

2017-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA AHORUKOMEYE Victor RUSABA GUHINDURA IZINA

Editorial 04 Feb 2019
Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Abantu 652 bafashwe batwaye imodoka banyoye ibisindisha mu byumweru umunani

Editorial 24 Oct 2019
Areruya Joseph na Ingabire Diane begukanye isiganwa ryo Gukunda Igihugu ryazengurukaga Kimihurura ndetse na Remera

Areruya Joseph na Ingabire Diane begukanye isiganwa ryo Gukunda Igihugu ryazengurukaga Kimihurura ndetse na Remera

Editorial 31 Oct 2021
Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange

Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange

Editorial 04 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi
Amakuru

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Editorial 26 Jan 2022
Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu
Amakuru

Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Editorial 03 Sep 2020
Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze

Editorial 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru