• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Aug 2017 Mu Rwanda

Igihugu cy’u Bwongereza n’u Rwanda bikomeje kujya impaka ku kibazo cy’Abanyarwanda babiri bakekwaho uruhare muri jenoside iki gihugu cyarekuye ndetse n’icy’abandi batatu urukiko rwanze kohereza kuburanishwa mu butabera bw’u Rwanda. U Bwongereza bukaba bukomeje gushimangira ko aba batatu bagomba kuburanira mu Bwongereza, bitaba ibyo, bakazahabwa abunganizi b’abanyamahanga bazabunganira mu nkiko zo mu Rwanda.

Usibye ibi, u Bwongereza buranasaba ko ubutabera bw’u Rwanda bwazemera ko mu bacamanza bazakurikirana aba bantu hagomba kubamo umwe w’umunyamahanga mbere y’uko u Rwanda rwohererezwa aba bantu batatu bakekwaho uruhare muri jenoside.

Mu cyumweru gishize, Urukiko Rukuru rw’u Bwongereza rwarekuye Celestin Mutabaruka na Emmanuel Nteziryayo, babiri mu bantu batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bari ku butaka bw’u Bwongereza.

-7521.jpg

UK Supreme Court.

U Bwongereza bukaba buvuga ko aba babiri baciriwe imanza badahari mu nkiko gacaca. Ngo kubagarura rero ngo byaba binyuranyije n’amahame mu Cyongereza bise ‘double jeopardy’ abuza ko ushinjwa icyaha yongera kuburanishwa ku byaha bimwe cyangwa agahanwa kabiri ku cyaha kimwe.

Celestin Mutabaruka yari umuyobozi w’ikigo gishinzwe gucunga amashyamba muri Musebeya, mu gihe Nteziryayo yari Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Mudasomwa mu majyepfo y’u Rwanda.

Urukiko mu Bwongereza rwavuze ko abandi batatu, ari bo; Vincent Bajinya (Alias Vincent Brown), Charles Munyaneza na Celestin Ugirashebuja, bashobora kudahabwa ubutabera baramutse boherejwe mu Rwanda, ariko ngo kubohereza bikaba bishoboka gusa mu gihe habaho impinduka mu nzego z’ubucamanza z’u Rwanda.

Muri izi mpinduka zisabwa n’ubutebaera bw’u Bwongereza nk’uko The East African dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, harimo gutera inkunga ibikorwa by’iperereza, guhagararirwa kw’aba mu rukiko n’abunganizi bafite ubunararibonye kandi b’abanyamahanga aho bikenewe.

Abakurikiranira hafi ibintu bavuga ko ibyo bibiri bishobora kwemerwa n’u Rwanda byoroshye, ariko icya gatatu cy’uko mu nteko iburanisha hagomba kubamo umucamanza w’umunyamahanga byo ngo ntibizoroha.

Impuguke Dr Phil Clark, wakurikiranye iki kibazo, akaba yarabwiye urukiko mu Bwongereza ko u Rwanda rwafata ubu busabe nko kuvogera ubusugire bwarwo n’umuco warwo wo kwikemurira ibibazo. Dr Clark akaba yibaza impamvu y’ubu busabe bw’urukiko mu Bwongereza.

-7522.jpg

Uyu akaba yemeza ko ubutabera bw’u Bwongereza bwo budashobora kwemera kubona abacamanza b’abanyamahanga bicaye mu nkiko z’iki gihugu.

Ku rundi ruhande, Guverinoma y’u Rwanda yakomeje gushimangira ko byagirira akamaro Abanyarwanda kubona aba bakekwaho ibyaha baburanishirizwa aho babikoreye bakabasha kwikurikiranira uko ubutabera butangwa.

Ubutabera bw’u Bwongereza rero bukaba bwahaye u Rwanda igihe ntarengwa cyo kugaragaza ko rwiteguye kubahiriza ibyo rusabwa bitarenze kuwa 18 Kanama 2017 ku isaha ya saa kumi.

2017-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Kiyovu Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Kipharma akubiyemo guhabwa imiti ndetse n’ibindi bikoresho.

Ubwanditsi 04 May 2021
Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho

Ubwanditsi 14 May 2025
Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Umushyikirano 19: Ntimugatinye ibitumbaraye. Kenshi biba bimeze nk’ibipurizo byuzuyemo umwuka, wakozaho urushinge gusa ibyari bibyimbyemo ukayoberwa aho bigiye “Perezida Kagame”

Ubwanditsi 23 Jan 2024
Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Gen Emmy Ruvusha niwe muyobozi mushya w’ingabo za RDF ziri muri Mozambique

Ubwanditsi 21 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abashinzwe umutekano basatse mu rugo rwa Gen Kale Kayihura bari kumwe nawe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.
Mu Rwanda

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”
Amakuru

Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”

Ubwanditsi 27 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru