• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Nkurunziza k’Urutonde rwa UN rw’abayobozi bakuru mu Burundi bakekwaho ibyaha bikomeye

Perezida Nkurunziza k’Urutonde rwa UN rw’abayobozi bakuru mu Burundi bakekwaho ibyaha bikomeye

Editorial 04 Sep 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Mbere tariki 4 Nzeli inzobere z’ umuryango w’ Abibumbye zasabye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha gutangiza ibirego ku byaha birimo ubwicanyi n’ iyicarubozo bikorerwa mu Burundi hagatungwa agatoki abayobozi bakuru b’ iki gihugu.

Izi nzobere zivuga ko zakoze urutonde rw’ abayobozi bakuru bakekwaho ibi byaha, zigaragaza, amazina y’ ukekwaho icyaha, igihe icyaha cyakorewe, n’ uko cyakozwe.

Komisiyo y’ Umuryango w’ abibumbye ivuga ko uwagera mu Burundi yabona ibimenyetso by’ uko ibyo byaha byabayeho kandi n’ ubu bikomeje gukorwa. Iyi komisiyo ivuga ko ibi byaha bifitwemo uruhare n’ abayobozi bakuru b’ iki gihugu.

Izi mpuguke eshatu za UN zatoranyijwe n’ Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu HRW, muri Nzeli 2016, zivuga ko mu Burundi hari icyuka cy’ ubwoba(Climate of fear).

The East African dukesha iyi nkuru ivuga ko muri raporo aba bagenzacyaha/ izi mpuguke bagaragaje ko mu Burundi abantu bakomeje kuburirwa irengero, guhohoterwa bishingiye ku gitsina, n’ ibindi.

Iyi raporo ivuga ko nubwo ibyo byaha byose bikorwa ngo ababikorwa ntibakurikirwa kuko muri iki gihugu hari umuco wo kudahana, ibi bakabiheraho basaba ICC gufungura ibirego vuba bishoboka.

Ngo impamvu basaba ko byakorwa mu maguru mashya ngo ni uko u Burundi bwasabye kuva mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ngo ibyo byaha bidakurikiranywe vuba na bwangu byazasaba ko ICC ihabwa uburenganzira n’ akanama gashinzwe amahoro ku Isi uburenganzira bwo gukurikirana ibyo byaha.

Perezida Nkurunziza abifitemo uruhare?

Muri Mata 2015 nibwo mu Burundi handutse imvururu zishingiye kuri politiki zikongejwe n’ uko Perezida Nkurunziza yari amaze gutangaza ko aziyamamariza manda ayoboye magingo aya itavugwaho rumwe.

Amakuru UN ihabwa n’ imiryango mpuzamahanga itari iya Leta ni uko izo mvururu zahitanye ababarirwa hagati ya 500 na 2000, ibihumbi 400 bagakurwa mu byaho naho abanyapolitiki batavugarumwe n’ ubutegetsi babarirwa muri za mirongo bagahunga igihugu.

-7880.jpg

Perezida Petero Nkurunziza

Raporo y’ izi mpuguke za UN ivuga ko ibi byaha bikorwa n’ inzego zishinzwe umutekano zirimo abakomeye mu gishirikare no mu gipolisi, n’ urubyiruko rushyigikiwe n’ ishyaka riri kubutegetsi ruzwi ku izina ry’ Imbonerakure.

2017-09-04
Editorial

IZINDI NKURU

Hafashwe ngamba zikaze  ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Hafashwe ngamba zikaze ku baturage bavoma Nyabarongo mu kwirinda Ingona zibatwara abantu

Editorial 22 Aug 2017
Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Editorial 12 Sep 2019
Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Perezida Kagame yatangije imirimo y’ikigo nyafurika giteza imbere ubumenyi bushingiye ku mibare

Editorial 03 Apr 2017
Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Editorial 25 Mar 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burusiya Na Isiraheli Ntibivuga Rumwe Ku Ndege Yabwo Yahanuwe
UBUKERARUGENDO

U Burusiya Na Isiraheli Ntibivuga Rumwe Ku Ndege Yabwo Yahanuwe

Editorial 19 Sep 2018
Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye
Amakuru

Stéphanie Frappart yabaye umugore wa mbere usifuye hagati mu mikino y’igikombe cy’Isi, Morocco isohoka mu itsinda iyoboye

Editorial 02 Dec 2022
Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!
Amakuru

Didas Gasana wavuye mu Rwanda ahunze amadeni nawe ngo arashaka kuba Perezida w’uRwanda. Mbere yo kuba umukandida yabanje akaba umuntu muzima!

Editorial 24 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru