• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Nkurunziza k’Urutonde rwa UN rw’abayobozi bakuru mu Burundi bakekwaho ibyaha bikomeye

Perezida Nkurunziza k’Urutonde rwa UN rw’abayobozi bakuru mu Burundi bakekwaho ibyaha bikomeye

Ubwanditsi 04 Sep 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Mbere tariki 4 Nzeli inzobere z’ umuryango w’ Abibumbye zasabye urukiko mpuzamahanga mpanabyaha gutangiza ibirego ku byaha birimo ubwicanyi n’ iyicarubozo bikorerwa mu Burundi hagatungwa agatoki abayobozi bakuru b’ iki gihugu.

Izi nzobere zivuga ko zakoze urutonde rw’ abayobozi bakuru bakekwaho ibi byaha, zigaragaza, amazina y’ ukekwaho icyaha, igihe icyaha cyakorewe, n’ uko cyakozwe.

Komisiyo y’ Umuryango w’ abibumbye ivuga ko uwagera mu Burundi yabona ibimenyetso by’ uko ibyo byaha byabayeho kandi n’ ubu bikomeje gukorwa. Iyi komisiyo ivuga ko ibi byaha bifitwemo uruhare n’ abayobozi bakuru b’ iki gihugu.

Izi mpuguke eshatu za UN zatoranyijwe n’ Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu HRW, muri Nzeli 2016, zivuga ko mu Burundi hari icyuka cy’ ubwoba(Climate of fear).

The East African dukesha iyi nkuru ivuga ko muri raporo aba bagenzacyaha/ izi mpuguke bagaragaje ko mu Burundi abantu bakomeje kuburirwa irengero, guhohoterwa bishingiye ku gitsina, n’ ibindi.

Iyi raporo ivuga ko nubwo ibyo byaha byose bikorwa ngo ababikorwa ntibakurikirwa kuko muri iki gihugu hari umuco wo kudahana, ibi bakabiheraho basaba ICC gufungura ibirego vuba bishoboka.

Ngo impamvu basaba ko byakorwa mu maguru mashya ngo ni uko u Burundi bwasabye kuva mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ngo ibyo byaha bidakurikiranywe vuba na bwangu byazasaba ko ICC ihabwa uburenganzira n’ akanama gashinzwe amahoro ku Isi uburenganzira bwo gukurikirana ibyo byaha.

Perezida Nkurunziza abifitemo uruhare?

Muri Mata 2015 nibwo mu Burundi handutse imvururu zishingiye kuri politiki zikongejwe n’ uko Perezida Nkurunziza yari amaze gutangaza ko aziyamamariza manda ayoboye magingo aya itavugwaho rumwe.

Amakuru UN ihabwa n’ imiryango mpuzamahanga itari iya Leta ni uko izo mvururu zahitanye ababarirwa hagati ya 500 na 2000, ibihumbi 400 bagakurwa mu byaho naho abanyapolitiki batavugarumwe n’ ubutegetsi babarirwa muri za mirongo bagahunga igihugu.

-7880.jpg

Perezida Petero Nkurunziza

Raporo y’ izi mpuguke za UN ivuga ko ibi byaha bikorwa n’ inzego zishinzwe umutekano zirimo abakomeye mu gishirikare no mu gipolisi, n’ urubyiruko rushyigikiwe n’ ishyaka riri kubutegetsi ruzwi ku izina ry’ Imbonerakure.

2017-09-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30

Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Nishimwe Naomie ni we wabaye Miss Rwanda 2020

Ubwanditsi 23 Feb 2020
Rubavu : Umusirikare  utaramenyekana yarasiwe ku mupaka  w’u Rwanda na Congo

Rubavu : Umusirikare utaramenyekana yarasiwe ku mupaka w’u Rwanda na Congo

Ubwanditsi 18 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.
INKURU NYAMUKURU

Muri Uganda: Gereza ya Ntungamo Abanyarwanda bakubitishwa insinga z’amashanyarazi bita “black mamba”.

Ubwanditsi 12 Aug 2019
Urutonde rw’ibihugu bifite ibisirikare bikomeye ku isi muri 2018
HIRYA NO HINO

Urutonde rw’ibihugu bifite ibisirikare bikomeye ku isi muri 2018

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu  rizwi nka Rwandan Epic
Amakuru

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Ubwanditsi 30 Nov 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru