• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Masaka: Bafunganywe n’abana babo kubera babuze ubwishyu.

Masaka: Bafunganywe n’abana babo kubera babuze ubwishyu.

Ubwanditsi 05 Sep 2017 ITOHOZA

Abarenga 30 bafungiye mu bitaro bya Masaka mu karere ka Kicukiro kubera ko bahawe serivisi z’ubuvuzi ntibishyure.

Aba baturage bivurije mu bitaro bya masaka barangije babura ubwishyu bategekwa kutava mu bitaro kugeza igihe bazaba bamaze kwishyura.

Muri aba baturage bategetswe kudasohoka mu bitaro harimo abishyuzwa amafaranga ari hejuru y’ibihumbi magana atanu (500000RWF) y’u Rwanda, bose bahuriza ku kibazo cy’ubukene ko aricyo cyatumye batabasha kubona amafaranga yo kwishyura, ikindi nuko aba bivuje nta mituweli de sante bagira.

Marcel Uwizeye umuyobozi w’ibitaro bya Masaka yatangaje ko koko aba baturage batemerewe kuva mu bitaro kugeza ubwo bazaba bamaze kwishyura gusa avuga ko imvugo ikoresha yuko bafunze atari nziza.

Yakomeje avuga ko iki kibazo gishingiye ku myumvire y’abaturage ko serivisi z’ubuvuzi kwa muganga batazishuyura abandi bakaba bafite ikibazo cy’ubushake buke kuko bamwe muri bo batangiye bavuga ko nta mafaranga nyuma bakaza kwishyura.

Mu gihe ibitaro bivuga ko aba baturage bitazemera ko basohoka batisyuye, bamwe mubo twaganiriye badutangarije ko bo ntacyo bakora keretse ibitaro ngo nibibaha akazi bakazajya bakoropa kuko ntaho babona ho kuvana ayo mafaranga yo kwishyura abandi bavuga ko bizeye ko Imana izabacira inzira bakabona aho bakura ayo mafaranga kuko bo ntaho bayavana bakaba bakomeje batangaza ko babayeho kuri Mana mfasha kuko n’ibyo kurya bibatunga mu gihe bakiri ku bitaro babizanirwa n’abagiraneza.

Ibitaro bya Masaka biri mu ihurizo ryo gushaka amafaranga y’abaza kwivuza batagira mituweli umuyobozi wabyo avuga ko bibangamye kugumana abavuye mu bitaro bagakira kuko ari abantu ubona basilimutse banakomeye kandi basobanukiwe ikindi nuko abana babo badakwiye kuguma mubitaro ngo bahatinde kandi barakize kuko bashobora kuhagirira izindi ngaruka ariko akavuga ko nabo nta bundi buryo babigenza kuko nabo ntaburyo basobanurira umugenzuzi w’Imari aho miliyoni zigera ku ijana na mirongo ine(140) zagiye akaba yavuze ko hakenewe ubufatanye n’inzego zose .

Mu kwezi kwa karindwi ibitaro bya Masaka byahombye miliyoni cumi nimwe (11),kubera abantu bivuje ntibishyure, mu kwezi kwa munani gushize abantu 37 bagombaga kwishyura miliyoni 2.5 ariko ibitaro byabonye ibihumbi 760 gusa.

Mu myaka itanu ibitaro bimaze bikora bimaze guhomba miliyoni zisaga 140 z’amafaranga y’u Rwanda, benshi mu badafite ubwisungane mu kwivuza bavuga ko batigeze bashyirwa mu byiciro by’ubudehe abandi nabo bavuga ko babuze amafaranga yo kwishyura kugira ngo babone Mituweli.

-7913.jpg

Ibitaro bya Masaka byakira abaturage ibihumbi bitanu (5000) buri kwezi, ikibazo cy’abahabwa serivisi mu bitaro kimaze iminsi cyumvikana hirya no hino mu bitaro byo mu Rwanda no bigo nderabuzima bya leta, Minisiteri y’ubuzima iri gukusanya amakuru y’abavurwa mu bitaro hirya no hino mu gihugu ariko ntibishyure serivisi z’ubuvuzi.


Norbert Nyuzahayo

2017-09-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Muri RNC Ibintu biri kugenda bisubira irudubi, abari inkoramutima za Kayumba beguye

Muri RNC Ibintu biri kugenda bisubira irudubi, abari inkoramutima za Kayumba beguye

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Umunyakenya akurikiranweho gutanga ibyangombwa bihimbano ku mpunzi z’Abanyarwanda

Umunyakenya akurikiranweho gutanga ibyangombwa bihimbano ku mpunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 08 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi bane bafatiwe muri Kenya bakekwaho kujya mu mitwe  yiterabwoba
Mu Rwanda

Abarundi bane bafatiwe muri Kenya bakekwaho kujya mu mitwe yiterabwoba

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho
Mu Mahanga

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Gushimangira umubano n’ubufatanye: Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yasuye Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Gushimangira umubano n’ubufatanye: Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Butaliyani yasuye Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru