• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro

USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro

Ubwanditsi 23 Jun 2018 ITOHOZA

Ubujurire bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa gatanu, itariki 23 Kamena bwakomeje guhamya icyaha Umunyarwanda, Gervais Ken Ngombwa, ndetse rushimangira igihano yahawe nyuma y’uko umucamanza asanze yaragize uruhare muri jenoside ndetse akanabeshya inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri Iowa.

Urukiko rw’Ubujurire rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rukaba rwateye utwatsi ubujurire bwa Gervais Ngombwa w’imyaka 57 wahamijwe ibyaha muri Mutarama 2016 birimo, amanyanga mu gushaka ubwenegihugu, icyaha cy’ubugambanyi bugamije kubona ubwenegihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse n’icyaha cyo gutanga ubuhamya bw’ibinyoma abuha urwego rushinzwe umutekano w’igihugu (Homeland Security).

Umucamanza mukuru w’akarere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Linda Reade akaba yari yakatiye Gervais Ngombwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 15 muri Werurwe 2017 ndetse no kwamburwa ubwenegihugu yasaga nk’uwibye.

Ikinyamakuru The Gazette dukesha iyi nkuru kivuga ko mu bujurire yasabaga ko urubanza rwe rwasubirwamo avuga ko umwunganizi we atamuhaye ubufasha bukwiye mu rubanza. Yanamaganaga kandi icyemezo cy’umucamanza, Reade avuga ko yamukatiye agendeye ku buhamya bw’abagizweho ingaruka na jenoside ngo abashinzwe iperereza bakuye mu Rwanda, kuba yarakatiwe n’inkiko mu Rwanda, n’ubuhamya bw’impuguke kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Urukiko rw’ubujurire rwagaragaje ko Ngombwa yabeshye kenshi ubwo yashakaga kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no kubona ubwenegihugu, ariko ngo ikinyoma gikabije ni ukwiyita umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mbere yo gufata iy’ubuhungiro.

Nk’uko ibimenyetso byagaragajwe mu rubanza bivuga, Ngombwa ngo yanabeshye no ku wundi muryango yavugaga ko bafitanye isano agerageza ko ubusabe bwe bwo kwimurirwa mu kindi gihugu nk’impunzi mu 1998 bwemerwa, ndetse akabona ubwenegihugu.

Umwanzuro w’urukiko rw’ubujurire ukaba uvuga ko igihano urukiko rw’akarere rwakatiye Ngombwa wagendeye ku mirongo ngenderwaho mu gutanga igihano kandi wanonosoye neza uruhare rwa Gervais Ngombwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ngo hari ibimenyetso kandi byerekana ko Ngombwa agikurikiranwe mu kirego2104 mu Rwanda ku birego bya jenoside, itsembatsemba nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu ndetse n’ubwicanyi nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu.

Umunyamategeko wa leta, Peter Deegan mu itangazo yashyize ahagaragara akaba yavuze ko icyemezo cyo kuri uyu wa gatanu ari urugero rwiza rw’uko amategeko agenga ibijyanye n’ubwimukira akwiye kubahirizwa n’uko abayahonyora bagomba kubibazwa.

Uyu Munyarwanda, Gervais Ngombwa kandi yigeze guhanwa n’urukiko rw’akarere ka Linn azira gutwika inzu yabagamo ahitwa Cedar Rapids mu 2013 bimuviramo gukorwaho iperereza kubera manyanga mu bwishingizi mu 2017.

2018-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Mugihe igihugu kitegura icyunamo abarwanya u Rwanda bariye karungu

Mugihe igihugu kitegura icyunamo abarwanya u Rwanda bariye karungu

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Nta gihamya yuko Uburaya buterwa n’ubukene

Ubwanditsi 14 Jan 2017
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 09 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora
Amakuru

Abo muri “opozisiyo” baharanira kuyobora u Rwanda nabo ubwabo badashoboye kwiyobora

Ubwanditsi 19 Nov 2021
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 18 Mar 2016
Amatora muri RPF : Paul Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman n’amajwi 99.9%
INKURU NYAMUKURU

Amatora muri RPF : Paul Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman n’amajwi 99.9%

Ubwanditsi 16 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru