• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro

USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro

Ubwanditsi 23 Jun 2018 ITOHOZA

Ubujurire bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa gatanu, itariki 23 Kamena bwakomeje guhamya icyaha Umunyarwanda, Gervais Ken Ngombwa, ndetse rushimangira igihano yahawe nyuma y’uko umucamanza asanze yaragize uruhare muri jenoside ndetse akanabeshya inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri Iowa.

Urukiko rw’Ubujurire rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rukaba rwateye utwatsi ubujurire bwa Gervais Ngombwa w’imyaka 57 wahamijwe ibyaha muri Mutarama 2016 birimo, amanyanga mu gushaka ubwenegihugu, icyaha cy’ubugambanyi bugamije kubona ubwenegihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse n’icyaha cyo gutanga ubuhamya bw’ibinyoma abuha urwego rushinzwe umutekano w’igihugu (Homeland Security).

Umucamanza mukuru w’akarere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Linda Reade akaba yari yakatiye Gervais Ngombwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 15 muri Werurwe 2017 ndetse no kwamburwa ubwenegihugu yasaga nk’uwibye.

Ikinyamakuru The Gazette dukesha iyi nkuru kivuga ko mu bujurire yasabaga ko urubanza rwe rwasubirwamo avuga ko umwunganizi we atamuhaye ubufasha bukwiye mu rubanza. Yanamaganaga kandi icyemezo cy’umucamanza, Reade avuga ko yamukatiye agendeye ku buhamya bw’abagizweho ingaruka na jenoside ngo abashinzwe iperereza bakuye mu Rwanda, kuba yarakatiwe n’inkiko mu Rwanda, n’ubuhamya bw’impuguke kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Urukiko rw’ubujurire rwagaragaje ko Ngombwa yabeshye kenshi ubwo yashakaga kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no kubona ubwenegihugu, ariko ngo ikinyoma gikabije ni ukwiyita umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mbere yo gufata iy’ubuhungiro.

Nk’uko ibimenyetso byagaragajwe mu rubanza bivuga, Ngombwa ngo yanabeshye no ku wundi muryango yavugaga ko bafitanye isano agerageza ko ubusabe bwe bwo kwimurirwa mu kindi gihugu nk’impunzi mu 1998 bwemerwa, ndetse akabona ubwenegihugu.

Umwanzuro w’urukiko rw’ubujurire ukaba uvuga ko igihano urukiko rw’akarere rwakatiye Ngombwa wagendeye ku mirongo ngenderwaho mu gutanga igihano kandi wanonosoye neza uruhare rwa Gervais Ngombwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ngo hari ibimenyetso kandi byerekana ko Ngombwa agikurikiranwe mu kirego2104 mu Rwanda ku birego bya jenoside, itsembatsemba nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu ndetse n’ubwicanyi nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu.

Umunyamategeko wa leta, Peter Deegan mu itangazo yashyize ahagaragara akaba yavuze ko icyemezo cyo kuri uyu wa gatanu ari urugero rwiza rw’uko amategeko agenga ibijyanye n’ubwimukira akwiye kubahirizwa n’uko abayahonyora bagomba kubibazwa.

Uyu Munyarwanda, Gervais Ngombwa kandi yigeze guhanwa n’urukiko rw’akarere ka Linn azira gutwika inzu yabagamo ahitwa Cedar Rapids mu 2013 bimuviramo gukorwaho iperereza kubera manyanga mu bwishingizi mu 2017.

2018-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Ubwanditsi 02 May 2017
Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019
RNC –NEW : Rudasingwa Theogene yiyemeje  kwiyegereza no gushakira imibereho mu butinganyi

RNC –NEW : Rudasingwa Theogene yiyemeje kwiyegereza no gushakira imibereho mu butinganyi

Ubwanditsi 17 Mar 2017
“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

“Nta nyungu zo kwivanga mu bibazo by’Abanyekongo” Uganda

Ubwanditsi 15 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Mahanga

IGP Gasana yahaye impanuro abapolisi bajya gusimbura abandi mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Abiyita Abanyarwanda ari abanyamahanga nibo basebya u Rwanda ku isonga Noble Marara 
ITOHOZA

Abiyita Abanyarwanda ari abanyamahanga nibo basebya u Rwanda ku isonga Noble Marara 

Ubwanditsi 08 Dec 2017
Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame aratanga ikiganiro ku guha umutekano abatuye Isi

Ubwanditsi 18 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru