• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro

USA: Urukiko rwashimangiye igihano cyahawe uwiyitaga umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu ashaka ubuhungiro

Ubwanditsi 23 Jun 2018 ITOHOZA

Ubujurire bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa gatanu, itariki 23 Kamena bwakomeje guhamya icyaha Umunyarwanda, Gervais Ken Ngombwa, ndetse rushimangira igihano yahawe nyuma y’uko umucamanza asanze yaragize uruhare muri jenoside ndetse akanabeshya inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka muri Iowa.

Urukiko rw’Ubujurire rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rukaba rwateye utwatsi ubujurire bwa Gervais Ngombwa w’imyaka 57 wahamijwe ibyaha muri Mutarama 2016 birimo, amanyanga mu gushaka ubwenegihugu, icyaha cy’ubugambanyi bugamije kubona ubwenegihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse n’icyaha cyo gutanga ubuhamya bw’ibinyoma abuha urwego rushinzwe umutekano w’igihugu (Homeland Security).

Umucamanza mukuru w’akarere muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Linda Reade akaba yari yakatiye Gervais Ngombwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 15 muri Werurwe 2017 ndetse no kwamburwa ubwenegihugu yasaga nk’uwibye.

Ikinyamakuru The Gazette dukesha iyi nkuru kivuga ko mu bujurire yasabaga ko urubanza rwe rwasubirwamo avuga ko umwunganizi we atamuhaye ubufasha bukwiye mu rubanza. Yanamaganaga kandi icyemezo cy’umucamanza, Reade avuga ko yamukatiye agendeye ku buhamya bw’abagizweho ingaruka na jenoside ngo abashinzwe iperereza bakuye mu Rwanda, kuba yarakatiwe n’inkiko mu Rwanda, n’ubuhamya bw’impuguke kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Urukiko rw’ubujurire rwagaragaje ko Ngombwa yabeshye kenshi ubwo yashakaga kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no kubona ubwenegihugu, ariko ngo ikinyoma gikabije ni ukwiyita umuvandimwe wa Faustin Twagiramungu, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mbere yo gufata iy’ubuhungiro.

Nk’uko ibimenyetso byagaragajwe mu rubanza bivuga, Ngombwa ngo yanabeshye no ku wundi muryango yavugaga ko bafitanye isano agerageza ko ubusabe bwe bwo kwimurirwa mu kindi gihugu nk’impunzi mu 1998 bwemerwa, ndetse akabona ubwenegihugu.

Umwanzuro w’urukiko rw’ubujurire ukaba uvuga ko igihano urukiko rw’akarere rwakatiye Ngombwa wagendeye ku mirongo ngenderwaho mu gutanga igihano kandi wanonosoye neza uruhare rwa Gervais Ngombwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ngo hari ibimenyetso kandi byerekana ko Ngombwa agikurikiranwe mu kirego2104 mu Rwanda ku birego bya jenoside, itsembatsemba nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu ndetse n’ubwicanyi nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu.

Umunyamategeko wa leta, Peter Deegan mu itangazo yashyize ahagaragara akaba yavuze ko icyemezo cyo kuri uyu wa gatanu ari urugero rwiza rw’uko amategeko agenga ibijyanye n’ubwimukira akwiye kubahirizwa n’uko abayahonyora bagomba kubibazwa.

Uyu Munyarwanda, Gervais Ngombwa kandi yigeze guhanwa n’urukiko rw’akarere ka Linn azira gutwika inzu yabagamo ahitwa Cedar Rapids mu 2013 bimuviramo gukorwaho iperereza kubera manyanga mu bwishingizi mu 2017.

2018-06-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana

Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana

Ubwanditsi 23 Sep 2017
Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Niki cyihishe inyuma y’amagambo Perezida Museveni yavugiye I Kabale amaze kubonana na bagenzi be b’abakuru b’ibihugu?

Ubwanditsi 22 Feb 2020
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 03 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu
Mu Mahanga

Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera
INKURU NYAMUKURU

Abasenyeri ba Kiliziya Gatorika mu Burundi bamaganiye kure ibyo guhindura Itegeko-nshinga bavuga ko hataragera

Ubwanditsi 03 May 2018
Umutekamutwe wiyita n’umupasitoro Charles Kinuthia yibeshye ku Rwanda ndetse n’Amerika iramushakisha 
INKURU NYAMUKURU

Umutekamutwe wiyita n’umupasitoro Charles Kinuthia yibeshye ku Rwanda ndetse n’Amerika iramushakisha 

Ubwanditsi 15 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru