• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

USA ubwoba ni bwose ko Korea yabarekurira H-Bomb ivuye kucyogajuru

Ubwanditsi 06 Sep 2017 ITOHOZA

Ubwoba buriyongera kuri Leta Zunze ubumwa za Amerika ko Korea ya ruguru ishobora kurekura Bombe ya Hydrogen ivuye ku cyogajuru (satellite) ikagwa ku butaka bwa Amerika miliyoni z’abantu zikahagwa.

-7916.jpg

Korea ifite H-bomb ntoya ishobora gutwarwa n’icyogajuru ikanaraswa igiturutseho

Ibyogajuru bibiri bya Korea ya ruguru zitwa Kwangmyongsong-3 na Kwangmyongsong-4 muri iyi minsi ziri kuzenguruka isi ku nzira yayo aho zigeze ku kirere cya Amerika.

Inzobere mu by’umutekano zifuza ko satellites zo kwa Kim zajya zibanza kugenzurwa mbere yo gufata mu isanzure kubera ubwoba ko zishobora gukoreshwa mu kurekura ziriya Bombe a Hydrogene kuri USA.

Bibayeho iturika rihambaye byateza ryahurirana n’ibiturika n’amashanyarazi ya Amerika umuriro ukaba mubi cyane ugahitana za miliyoni nyinshi cyane z’abantu kandi Amerika ikaba umwijima by’imyaka myinshi.

Ibyogajuru bibiri bya Korea ziri mu kirere ngo zishobora gushyirwaho ziriya bombe kuko iki gihugu cyageze ku rwego rwo kuzigira nto cyane (miniaturization).

Ubu Korea ntikeneye ikindi cyayifasha kurekura ziriya bombe kuko bigeze aho zikoze ku buryo no kurasirwa kure cyane mu kirere ubu bishoboka.

Mu cyumweru gishize Perezida Kim yagaragaye iruhande rwa Hydrogen bomb aho bazitunganyiriza ari kumwe n’abasirikare bakuru.

-7917.jpg

Mu cyumweru gishize Kim yagaragaye muri Laboratoire ari iruhande rwa H-bomb

Bombe nk’iriya ngo ishobora gushyirwa mu cyogajuru muri biriya bya Korea cyangwa se zikaba ubu zinariho kuko biri mu kirere. Ibi ni bimwe mu bihangayikishije leta ya Washingiton.

Peter Pry inzobere akaba n’umuyobozi mu rwego rw’umutekano imbere muri USA yavuze ko bishoboka ko Korea yashyira intwaro kirimbuzi ku cyogajuru cyayo iyo ntwaro ikaba yarasirwa mu kirere cya USA.

Jim Oberg umwe mu banyamerika bacye cyane babashije gusura ahantu Korea ya ruguru ihagurukiriza ibyogajuru byayo nawe yavuze ko afite ubu bwoba.

Oberg yavuze ko US zikwiye gukora ibishoboka zikamenya icyo ibyogajuru bya Korea bihagurukanye mbere yo kujya mu isanzure no kunyura hejuru ya US.

Nawe yemeza ko ibyogajuru byabo bashobora kubyifashisha mu gutwara intwaro kirimbuzi bamaze igihe kinini bagerageza kugira ntoya cyane.

Ubwo Jim Oberg yasuraga aho Korea ihagurukiriza ibyogajuru byayo bamuhamirije ko nta kindi bigamije uretse umugambi w’ubushakashatsi, ariko ubu avuga ko atakwizera ibyo yabwiwe.

Korea ya ruguru isanzwe ifite n’izindi missile zambukiranya imigabane (Intercontinental Ballistic Missiles,ICBMs) zishobora kuraswa ku ntera ya 5,500Km.

Ubuhangange mu mbaraga kirimbuzi Korea imaze kugira no kugaragaza muri iyi minsi ishize bumaze gutuma Perezida Donald Trump agabanya amarere yari afite yo kubarasaho nk’uko yabivugaga mu minsi ishize.

Ubu Perezida Trump ashyize imbere cyane gushaka umuti biciye muri Dipolomasiya.

-7918.jpg

Perezida Kim ushyigikiwe n’Ubushinwa n’Uburusiya yabijije icyuya Amerika n’inshuti zayo

-7919.jpg

H-Bomb ngo bayirekuriye kuri USA haba umuriro udasanzwe wahitana za miliyoni nyinshi z’abantu ugasiga Amerika mu icuraburindi. Abanyamerika babifitiye ubwoba

2017-09-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ikibazo cy’Urupfu rwa Padiri Nambaje umutwaro wikorewe na Thomas Nahimana

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Urubanza rwabishe Col Karegeya  ntakirimo n’ubwo rugiye gutangira i Randburg muri Afurika y’Epfo

Urubanza rwabishe Col Karegeya ntakirimo n’ubwo rugiye gutangira i Randburg muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 01 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen Kale Kayihura Mu Nzira Zerekeza Mu Rukiko Nyuma Y’amezi Asaga Abiri Afunze

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze
IKORANABUHANGA

Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Madame wa Perezida wa Bénin yasuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 09 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru