• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 15 Sep 2017 ITOHOZA

Abarinda Itegeko Nshinga ry’u Bufaransa bafashe umwanzuro wo kwima uburenganzira umushakashatsi François Graner washaka kwinjira mu ishyinguranyandiko ry’uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa, François Mitterand, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Umushakashatsi Graner uyobora ikigo cy’ubushakashatsi, CNRS, yatanze ikirego nyuma yo kwangirwa kugera mu ishyinguranyandiko rya Mitterand hagendewe ku mategeko agenga ubushyinguro bw’inyandiko z’abayobozi bakuru. Izo nyandiko za Mitterand zicungwa n’uwahoze ari Minisitiri witwa Dominique Bertinotti.

Nk’uko tubikesha Jeune Afrique, abarinda Itegeko Nshinga bafashe icyo cyemezo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 15 Nzeri 2017, bagaragaza ko kutemerera Graner kwinjira muri izo nyandiko ntaho binyuranye n’Itegeko Nshinga.

Basobanura ko mu kurinda inyandiko z’abayobozi bakuru, ubishinzwe ashobora kugira izo yagira ababikeneye kuzigeraho mu gihe zishobora kuba zifite amakuru y’ibanga y’ubutegetsi. Ibyo bigakorwa mu nyungu rusange.

Icyemezo cyasobanuye ko uwo mwihariko ku kugera ku nyandiko za Perezida wa Repubulika, Minisitiri w’Intebe, n’abandi bagize Guverinoma ntaho binabangamiye ubwisanzure mu itumanaho.

Muri Mata 2015, u Bufaransa bwatangaje ko bugiye gushyira ahagaragara inyandiko zerekana ibikorwa byabwo na Guverinoma y’u Rwanda hagati ya 1990 na 1995, nyamara si ko byagenze kuko zose atari ko zafunguriwe amaso ya rubanda.

U Rwanda ntirusiba kugaragaza ko u Bufaransa bwagize uruhare mu gutera inkunga Guverinoma yariho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko bwo bubitera utwatsi. Nyamara kuba hari inyandiko butemera ko zijya ahabano ababikurikiranira hafi bakabibonamo inzira yo guhisha uruhare rwabwo muri Jenoside.

Umushakashatsi Graner wanditse ibitabo byinshi ku Rwanda anakorana bya hafi n’umuryango “Survie” uharanira impinduka za politiki y’u Bufaransa kuri Afurika.

Uretse izo nyandiko, umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda urimo agatotsi kuko rubushinja gukingira ikibaba abagize uruhare muri Jenoside, aho kubafata ngo bubohereze mu Rwanda cyangwa ngo bubaburanishe, dore ko Jenoside ari icyaha mpuzamahanga.

-7970.jpg

Uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa, François Mitterand

2017-09-15
Editorial

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Ingabo z’u Rwanda [ RDF ] zishe batatu mu bagabye igitero ku Kitabi

Editorial 18 Dec 2018
Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Editorial 20 Sep 2018
Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Kayumba yanyiciye umwana , sinzongera kumufasha ukundi –Pastoro Nyirigira

Editorial 16 Apr 2020
Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Uko CMI na RNC bajyanye abanyamakuru barimo aba New Vision na NTV gusura ibikorwa bya Rujugiro Arua mu Bugande.

Editorial 29 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 muri Basketball
Amakuru

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yitabiriye ibirori byo gutangiza Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 16 muri Basketball

Editorial 03 Sep 2025
Perezida Kagame yahishuye uko Sesth Sendashonga  yari mu nama  I Nairobi n’abajenerali bo muri Uganda bagamije gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahishuye uko Sesth Sendashonga yari mu nama I Nairobi n’abajenerali bo muri Uganda bagamije gutera u Rwanda

Editorial 09 Mar 2019
Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge
INKURU NYAMUKURU

Umwiryane n’amakimbirane muri CNRD- Ubwiyunge

Editorial 29 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru