• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Ubwanditsi 25 Sep 2017 HIRYA NO HINO

Nyuma yo kuba mu mateka mabi y’u Rwanda kugeza kuri Jenoside yakorewe abatutsi, Padiri Theogene Iyakaremye yasanze umusanzu akwiye gutanga ari uwo kwigisha urubyiruko ibijyanye n’amahoro abinyujije mu muryango association de jeunes de saint Charles Lwanga (AJECL).

Kuri iki cyumweru, kuri Paroisse ya Butamwa mu Karere ka Kicukiro, urubyiruko rugera kuri 59 harimo abanyeshuri n’abatari abanyeshuri bahawe impamyabushobozi nyuma y’umwaka bigishwa ibijyanye n’amahoro, mu mushinga wiswe “Gwiza amahoro” wa AJECL.

Uru rubyiruko rwigishwa gutekereza neza no kujya mubikorwa babanje kureba niba byubaka umubano wabo n’Imana, bo ubwabo n’abandi n’ibintu byose kuko kunoza iyo mibano uko ari ine ari yo nzira yonyine yo kugira ituze ry’umutima ariyo mahoro nyakuri nk’uko Padiri abivuga.

Aganira n’itangazamakuru Padiri Iyakaremye yatangaje ko jenoside yabaye yiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye, we na bagenzi be bataramenya ibibazo biri mu gihugu.

Avuga kandi ko yatakaje benshi mu nshuti ze, ngo ariko ntiyiyumvishaga ukuntu abana bakinaga umunsi ku wundi ku ishuri bahise bahinduka abanzi bakanicwa. Ariko icyamushenguye cyane kwari ukubona urubyiruko rwishora mu bwicanyi.

Ati “Hari urubyiruko rwishoye mu bwicanyi muri jenoside atari uko rufite urwango, ahubwo ari ukubera ko rutarezwe mu buryo rugomba kumenya ikibi n’icyiza, hanyuma rugafata icyemezo kizima. Turi kurera urubyiruko ruhora ruri maso ku buryo ntawagira icyo abakinga ngo ahungabanye muri bo iyo mibano ine, cyangwa ngo abashore mu bikorwa byayihungabanya mu bandi aho bari hose. »

Gaju Grace Divine umunyeshuri muri Lycée de Kigali, yatangaje ko amasomo bakuyemo azajya abafasha gukemura amakimbirane mu buzima bwa buri munsi.
Ati « hari ukuntu abantu bagirana amakimbirane maze bakarwana cyangwa se bakangana aho kwicara hamwe ngo baganire mu mahoro bashakire umuti hamwe. Ibi nzabyigisha bagenzi banjye ku ishuri n’aho nkomoka. »

Padiri Iyamuremye avuga ko buri mwana wahuguwe afite inshingano zo kuzana abandi 5 bazahugurwa umwaka utaha.

Ngo intego ni ukuba aya masomo yageze ku bantu 1000 muri 2020, na ho muri 2030 urubyiruko ibihumbi 30 rukaba rwabonye amasomo ku mahoro.

Uyu mupadiri afite gahunda izageza mu mwaka wa 2100, aho urubyiruko miliyoni ruturuka mu Rwanda, mu Karere no muri Afurika ruzaba rwahawe ano masomo.
Justus Kangwagye umukozi ushinzwe imiyoborere na serivisi muri RGB yatangaje ko ikigo akorera gishyigikira buri muntu wese utera intambwe iganisha igihugu imbere, akaba yarasabye urubyiruko guharanira gusiga umusanzu uzatuma bahora bibukwaho ibintu byiza mu myaka myinshi izaza.

-8109.jpg

Uyu muryango ugendera ku buzima bwa Mutagatifu Charles Lwanga. Ukuri, ubwisanzure, ubworoherane, ubuvandimwe no gukunda igihugu, ni bimwe mu byaranze ubuzima bw’uyu mutagatifu wo mu gihugu cya Uganda.

Uyu mutagatifu yishwe kuko yari yanze gukora ibyo umwami yamutegekaga binyuranye n’indangagaciro za gikirisitu.

Norbert Nyuzahayo

2017-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Abarebwa n’umutekano mu Rwanda na Uganda nabo bari mu biganiro hagati y’abakuru b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ibimenyetso 6 byakwereka ko umukunzi wawe mutaberanye wamwibeshyeho

Ubwanditsi 19 Jul 2016
Ntabwo Perezida Nkurunziza aziyamamaza kandi ntazanaba Minisitiri w’Intebe- Umuvugizi we

Ntabwo Perezida Nkurunziza aziyamamaza kandi ntazanaba Minisitiri w’Intebe- Umuvugizi we

Ubwanditsi 25 Jun 2018
Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 14 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zigana Abuja muri Nigeria
UBUKERARUGENDO

RwandAir yemerewe gutangira ingendo zigana Abuja muri Nigeria

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye
Amakuru

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Ubwanditsi 06 Apr 2021
Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago  uramutse urekeye aho  gutera akabariro mu gihe wakamenyereye
SHOWBIZ

Ibintu 10 MusoreMukobwa bitera ibyago uramutse urekeye aho gutera akabariro mu gihe wakamenyereye

Ubwanditsi 14 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru