• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunyarwanda Butare Esdras niwe ushinzwe ubucuruzi no kwinjiza Interahamwe mu ngabo z’ u Burundi.

Umunyarwanda Butare Esdras niwe ushinzwe ubucuruzi no kwinjiza Interahamwe mu ngabo z’ u Burundi.

Ubwanditsi 31 Oct 2017 ITOHOZA

Abarundi baba hanze y’igihugu ndetse n’abatuye mu gihugu bakomeje kwibaza ku bwenegihugu ndetse n’ inshingano z’ Umunyarwanda Butare Esdras wakomeje gutungwa agatoki ko akorana na Perezida Pierre Nkurunziza.

Esdras Butare ufite ubwenegihugu bw’ Ubunyarwanda ndetse n’ ubw’ ubuholandi, ngo ni umwishywa wa Kabuga Felicien uregwa kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Ikinyamakuru Bwiza kivuga ko M.Félicien Kabuga yageze i Bujumbura mu Burundi mu mwaka wa 2008 ubwo yavaga mu Buholandi aho yabanaga n’ umwishywa we Butare.

Esdras Butare yakoranye na Gén. Adolphe Nshimirimana wishwe

Butare akigera mu mujyi wa Bujumbura mu mwaka wa 2008 yacumbikiwe muri Hotel Safaris Gate yubatse ku nkombe za Lac Tanganyika, yakirwa na Gén. Adolphe Nshimirimana.

Umutekano we n’ imikoranire ye n’ abategetsi bakuru ba Leta ya Pierre Nkurunziza byakomeje bigaragara umunsi ku wundi nk’ uko yagiye yakirwa na perezida w’ u Burundi.

Gufasha inzego z’ ubutasi n’ iperereza (SNR) ubwo Gén. Adolphe Nshimirimana yatozaga Imbonerakure zitorezaga muri Kivu y’ Amajyepfo mu gace ka Kiliba ONDES byatumye Butare Esdras yemerwa mu maso ya Pierre Nkurunziza.

Ibi byose yabifashijwemo n’ ubunararibonye ngo yari afite muri Mafia bitewe n’ ubundi n’ uruhare acyekwaho yagize muri jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, kuko icyo gihe yari umukozi wa Nyirarume Kabuga.

-8523.jpg

Si ibyo gusa, kuko ku mufuka we bwite ngo Butare niwe waguze isanduka Adolphe Nshimirimana yashinguwemo ubwo yayitumizaga mu Butaliyani kugira ngo yifatanye n’ umuryango we.

Ibikorwa bye yakoze mu Burundi, nibyo yatumye aba inshuti magara ya Gen. Nshimirimana Adolphe ndetse na Pierre Nkurunziza mu gihe gito cyane.

Butare Esdras inshuti magara ya Pierre Nkurunziza n’ ibyegera bye

Mu ntangiriro y’ imyigaragambyo yarwanyaga manda ya 3 ya Pierre Nkurunziza muri Mata 2015, Esdras Butare yahawe misiyo yo kujya kugura ibimodoka by’ ibifaru byateraga amazi ku bigaragambyaga.

Amaze kwese iyi mihigo yose, Butare yanahawe isoko ryo kugura jeep 5 zo mu bwoko bwa v8 zimitamenwa ndetse anahabwa isoko ryo gukora imodoka zose za gisirikare n’ iza polisi biciye mu igaraje rye rizwi nka SAVITEB.

Si ibyo gusa kuko , Esdras Butare yashoboye kumvisha Perezida Nkurunziza n’ ibyegera bye ko kwinjiza Interahamwe mu gisirikare cye na polisi bizatuma ubwoko bw’ Abahutu burushaho kuganza ku ngoma aho mu Burundi.

Ubu bwinshi bw’Interahamwe mu Burundi ngo niyo mpamvu uyu munsi mu Mujyi wa Bujumbura zihagaragara zambaye imyenda ya polisi ziri mu madoka zikora amarondo nk’ uko tubikesha Igihe fr.

Kugeza magingo aya, Esdras Butare ukorana bya hafi n’ abajenerari Alain Guillaume Bunyoni, G Steve Ntakarutimana Gervais Ndirakobuca alias Ndakugarika niwe ushinzwe ubucukuzi n’ ubucuruzi bw’ amabuye y’ agaciro amaze iminsi yarabonetse mu Burundi.

Umupolisi ukora mu rwego rukuru rw’ ubutasi n’ iperereza (SNR), Swedi niwe ushinzwe kuyobora abarinda. Esdras Butare.

Uyu munyarwanda Butare Esdras niwe mutoni wa hafi wa Pierre Nkurunziza kandi ufite ibigwi bidasanzwe mu baherwe nk’ uko biherutse no kuririmbwa n’ umuhanzi Koffi Olomide.

-8522.jpg

Uri mu ruziga, Butare Esdras

2017-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [  M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Umupaka wa Goma Umugore yatawe muri yombi afite ikarita y’urugamba [ M23 iravugwaho gutegura indi ntambara ]

Ubwanditsi 21 May 2018
Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ubwanditsi 24 May 2024
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira  yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Swede : Umunyamakuru Jean Bosco Gasasira yajyanywe igitaraganya munzu y’abasazi ( Rehab )

Ubwanditsi 01 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rwa Wamala ukekwaho kwica Mowzey Radio rwasubitswe
SHOWBIZ

Urubanza rwa Wamala ukekwaho kwica Mowzey Radio rwasubitswe

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Mu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Espoir FC 3-0, abakunzi ba Gikundiro bifurije isabukuru nziza Perezida Paul Kagame
Amakuru

Mu mukino w’umunsi wa 6 wa shampiyona Rayon Sports yatsinzemo Espoir FC 3-0, abakunzi ba Gikundiro bifurije isabukuru nziza Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 24 Oct 2022
N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho
ITOHOZA

N’uwanga Urukwavu yemera ko ruzi kwiruka, Twagiramungu yashimye ibyiza U Rwanda rwagezeho

Ubwanditsi 09 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru