• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2018:Ibiciro byo kureba umukino uzahuza Amavubi na Ethiopia byamenyekanye

CHAN 2018:Ibiciro byo kureba umukino uzahuza Amavubi na Ethiopia byamenyekanye

Editorial 10 Nov 2017 IMIKINO

Umukino Abanyarwanda batezeho icyizere cyo kubona itike yo kwitabira imikino ya CHAN 2018 ugomba kubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki Cyumweru tariki 12 Ugushyingo, ibiciro byo kuwureba byamaze gushyirwa ahagaragara abifuza kwicara mu cyubahiro bakazishyura ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda.

Mu mukino ubanza wabereye muri Ethiopia ku Cyumweru gishize, u Rwanda rwahavanye itsinzi y’ibitego 3-2 nubwo ari rwo rwari rwabanje kwinjizwa igitego hakiri kare ku munota wa 18 cya Asechalew Girma cyishyurwa na Rutanga Eric ku munota wa 55.

Rwatsinzwe icya kabiri ku munota wa 65 cya Abubakher Sanni kiza kwishyurwa na Muhadjili Hakizimana mbere y’uko Biramahire Abeddy ashyiramo icya gatatu ari nacyo cyatanze intsinzi.

Bagarutse mu Rwanda, yaba kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame n’Umutoza wungirije w’Amavubi, Mashami Vincent bahurije ku kuba Ethiopia ari ikipe ikomeye, yabahaye akazi gakomeye ndetse ifite ubushobozi bwo kuba yanabatsindira i Kigali.

Mashami yagize ati “Wari umukino mwiza ku ruhande rwacu kuko twabonye intsinzi ariko ntabwo byari byoroshye. Twahuye n’ikipe imenyeranye kandi ifite umupira wihuta. Intego yacu yo kutemera kwinjizwa ibitego yashyizwe mu bikorwa. Kuko bazi gukina natwe twafashe umwanzuro wo gushaka ibitego.”

“ Gusa si ikipe yoroshye ngo kuko twayitsinze ibitego bitatu. Ni igihugu cyagutsinda igitego umunota uwo ariwo wose. Niyo mpamvu twemeza ko bitararangira kuko uko twabatsinze iwabo nabo bashobora kudutsinda iwacu. Ntidushaka kwitesha amahirwe twabonye.”

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze gushyira ahagaragara ibiciro byo kuzareba uyu mukino ufite byinshi uvuze ku gihugu kuko nirutsinda cyangwa rukanganya rugomba guhita rubona itike yo kuzakina CHAN 2018 izabera muri Maroc.

Uyu mukino uzabera kuri Stade ya Kigali aho Amavubi aheruka gutsinda Uganda ibitego 2-0 nubundi hari mu mikino yo gushaka itike yo kwitabira iri rushanwa ariko rwari rwasezerewe kuko i Kampala rwari rwatsinzwe 3-0.

Ku bifuza kwicara mu myanya y’icyubahiro bazishyura ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda, hafi yaho bishyure ibihumbi bitatu naho ahasigaye hose bishyure ibihumbi bibiri. Abafana bazatangira kwinjira saa tanu mu gihe umukino uzatangira saa cyenda n’igice.

Uzasifurwa n’abanya-Somalia bayobowe na Mohamed Hagi hagati mu kibuga, Hamza Hagi Abdi na Salah Omar Abukar bari ku ruhande, Bashir Olad Arab akazaba ari uw’agateganyo mu gihe Umurundi, Aimable Habimana azaba ari komiseri w’umukino.

2017-11-10
Editorial

IZINDI NKURU

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Editorial 25 Feb 2019
FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Editorial 13 Apr 2021
Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

Editorial 21 Jul 2019
Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Editorial 22 Mar 2022
Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Editorial 25 Feb 2019
FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Editorial 13 Apr 2021
Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

Ibihumbi by’abanya-Algérie byakiriye bidasanzwe ikipe yabo yegukanye Igikombe cya Afurika

Editorial 21 Jul 2019
Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Editorial 22 Mar 2022
Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Editorial 25 Feb 2019
FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

FERWACY yatangaje urutonde rw’abamaze kumenyekana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.

Editorial 13 Apr 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru