• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN 2018:Ibiciro byo kureba umukino uzahuza Amavubi na Ethiopia byamenyekanye

CHAN 2018:Ibiciro byo kureba umukino uzahuza Amavubi na Ethiopia byamenyekanye

Editorial 10 Nov 2017 IMIKINO

Umukino Abanyarwanda batezeho icyizere cyo kubona itike yo kwitabira imikino ya CHAN 2018 ugomba kubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki Cyumweru tariki 12 Ugushyingo, ibiciro byo kuwureba byamaze gushyirwa ahagaragara abifuza kwicara mu cyubahiro bakazishyura ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda.

Mu mukino ubanza wabereye muri Ethiopia ku Cyumweru gishize, u Rwanda rwahavanye itsinzi y’ibitego 3-2 nubwo ari rwo rwari rwabanje kwinjizwa igitego hakiri kare ku munota wa 18 cya Asechalew Girma cyishyurwa na Rutanga Eric ku munota wa 55.

Rwatsinzwe icya kabiri ku munota wa 65 cya Abubakher Sanni kiza kwishyurwa na Muhadjili Hakizimana mbere y’uko Biramahire Abeddy ashyiramo icya gatatu ari nacyo cyatanze intsinzi.

Bagarutse mu Rwanda, yaba kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame n’Umutoza wungirije w’Amavubi, Mashami Vincent bahurije ku kuba Ethiopia ari ikipe ikomeye, yabahaye akazi gakomeye ndetse ifite ubushobozi bwo kuba yanabatsindira i Kigali.

Mashami yagize ati “Wari umukino mwiza ku ruhande rwacu kuko twabonye intsinzi ariko ntabwo byari byoroshye. Twahuye n’ikipe imenyeranye kandi ifite umupira wihuta. Intego yacu yo kutemera kwinjizwa ibitego yashyizwe mu bikorwa. Kuko bazi gukina natwe twafashe umwanzuro wo gushaka ibitego.”

“ Gusa si ikipe yoroshye ngo kuko twayitsinze ibitego bitatu. Ni igihugu cyagutsinda igitego umunota uwo ariwo wose. Niyo mpamvu twemeza ko bitararangira kuko uko twabatsinze iwabo nabo bashobora kudutsinda iwacu. Ntidushaka kwitesha amahirwe twabonye.”

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryamaze gushyira ahagaragara ibiciro byo kuzareba uyu mukino ufite byinshi uvuze ku gihugu kuko nirutsinda cyangwa rukanganya rugomba guhita rubona itike yo kuzakina CHAN 2018 izabera muri Maroc.

Uyu mukino uzabera kuri Stade ya Kigali aho Amavubi aheruka gutsinda Uganda ibitego 2-0 nubundi hari mu mikino yo gushaka itike yo kwitabira iri rushanwa ariko rwari rwasezerewe kuko i Kampala rwari rwatsinzwe 3-0.

Ku bifuza kwicara mu myanya y’icyubahiro bazishyura ibihumbi 15 by’amafaranga y’u Rwanda, hafi yaho bishyure ibihumbi bitatu naho ahasigaye hose bishyure ibihumbi bibiri. Abafana bazatangira kwinjira saa tanu mu gihe umukino uzatangira saa cyenda n’igice.

Uzasifurwa n’abanya-Somalia bayobowe na Mohamed Hagi hagati mu kibuga, Hamza Hagi Abdi na Salah Omar Abukar bari ku ruhande, Bashir Olad Arab akazaba ari uw’agateganyo mu gihe Umurundi, Aimable Habimana azaba ari komiseri w’umukino.

2017-11-10
Editorial

IZINDI NKURU

Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Abayobozi , abakinnyi ndetse n’abafana b’ikipe ya Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Editorial 13 Apr 2021
APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

Editorial 26 Jan 2024
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Mashami Vincent yahamagaye abakinnyi bagomba kwitegura imikino ya Mozambique ndetse na Cameroon

Editorial 06 Mar 2021
Abakobwa b’u Rwanda muri Cricket batarengeje imyaka 19 berekanye igikombe cya Afurika batwaye kikabahesha itike y’igikombe cy’Isi

Abakobwa b’u Rwanda muri Cricket batarengeje imyaka 19 berekanye igikombe cya Afurika batwaye kikabahesha itike y’igikombe cy’Isi

Editorial 14 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!
Amakuru

Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Editorial 06 Jul 2021
Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida
Amakuru

Ethiopie yitegura gukina n’Amavubi yageze mu Rwanda, Rayon Sports ikomeje gutegura imikino ya gishuti mpuzamahanga irimo iyo izakina na URA FC na Singida

Editorial 01 Sep 2022
Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye
ITOHOZA

Rwanda-Uganda: Ukuri guca mu ziko ntigushye

Editorial 08 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru