• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe
Didier Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali

Sagashya wari Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe

Ubwanditsi 15 Nov 2017 Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 14 Ugushyingo, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwirukanye ku kazi uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi, Didier Sagashya .

Umuvugizi w’Umugi wa Kigali, Bruno Rangira yavuze ko yirukanwe kubera amakosa mu kazi  yagaragaweho.

Amakuru aravuga ko Inama Njyanama y’Umujyi yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2017, niyo yanzuye ko Eng. Didier Sagashya wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali, ahagarikwa ku mirimo ye kubera imyitwarire mibi yagiye imuranga akihanangirizwa ariko ntiyisubireho.

Mu myitwarire mibi ashinjwa, harimo gusuzugura inzego z’ubuyobozi bakoranaga ndetse no kuba yaraciye amadosiye y’Umujyi wa Kigali ajyanye n’imyubakire nk’uko byatangajwe na Athanase Rutabingwa, Perezida wa Njyanama y’Umujyi wa Kigali.

 “Ati : Eng. Didier Sagashya yategetse abakozi yayoboraga kujya mu biro by’undi mukozi w’Umujyi wa Kigali atabizi, bagaca impapuro zijyanye n’iby’imyubakire mu mujyi wa Kigali. Nyuma yo yaje kubyemera anabivuganaho na Meya w’Umujyi, amusaba ko ahana abo bakozi ariko amara ibyumweru bibiri ntacyo abikozeho, abajijwe avuga ko aho kubahana azemera akegura ku mirimo ye, ibintu Rutabingwa avuga ko ari amakosa adashobora kwihanganirwa “.

Eng Didier Sagashya wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imyubakire (RHA) kuva muri Kanama 2015, hagati muri Gashyantare uyu mwaka nibwo yatsindiye kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali asimbuye Matabaro Jean Marie wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali kuva muri 2010, akaza kwandika ibaruwa isezera kuwa 6 Gashyantare 2017.

2017-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Opozisiyo muri DRC ntishaka Kodjo kuba umuhuza kubera Zuma

Ubwanditsi 11 Sep 2016
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2023
RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze

RMC yasuye abanyamakuru babiri bafunze

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Darfur: UN yambitse ingabo z’u Rwanda imidari y’ishimwe

Darfur: UN yambitse ingabo z’u Rwanda imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 29 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga
Amakuru

Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa
POLITIKI

Umubiligi agiye gusohora igitabo gihuza ubutwari bwa Kagame na Gen. de Gaulle wubatse ikuzo ry’u Bufaransa

Ubwanditsi 06 Sep 2017
Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro
POLITIKI

Sena yatumije Minisitiri w’Intebe ngo asobanure ibiteganywa muri gahunda zo kuboneza urubyaro

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru