• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]

Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]

Editorial 06 Dec 2017 IMIKINO

Antoine Hey John Paul umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri mu mikino ya CECAFA Senior Challenge Cip 2-17 iri kubera muri Kenya, nyuma yo kunyagirwa na Zanzibar ibitego 3-1 yavuze ko icyo akeneye ari ugutegura ikipe izakina CHAN 2018 no kongera ubunararibonye bw’abakinnyi.
U Rwanda rwatsinzwe na Zanzibar ibitego 3-1 kuri uyu wa Kabiri nyuma yo kuba kuwa Mbere baratsinzwe na Kenya ibitego 2-0 mu mukino wafunguraga irushanwa. Aganira n’abanyamakuru nyuma yo gutsindwa na Zanzibar, Antoine Hey yavuze ko kuba ikipe afite yiganjemo abakinnyi bakiri bato mu mikino mpuzamahanga byamubereye umwanya mwiza wo kubaha umwanya kugira ngo bige kandi abona ko bigenda bitanga umusaruro. Mu magambo ye yagize ati:

Reka mbanze nshimire Zanzibar ku ntsinzi babonye. Byatugoye cyane mu by’ukuri kuko twabanjwe igitego, turakishyura nyuma baza kutwongeramo ibindi. Gusa ibyo ari byo byose ni ikizamini cyiza ku ikipe yanjye, ni isomo ryiza ku bunararibonye ku bakinnyi bacu. Bamwe muri bo bakinaga umukino wabo wa mbere ku rwego mpuzamahanga abandi ni bwo bari kuva mu bibabzo by’imvune. Byari byiza kubabona bakina bakanyereka ibyo bashoboye.

Antoine Hey Paul akomeza avuga ko ikigamijwe ari ukugenda akora igerageza ku bakinnyi batandukanye kugira ngo arebe uko bitwara kuri buri mwanya bakina bityo ngo bizamworohere kugira ikipe ikorana neza mu mikino ya CHAN 2018 izabera muri Maroc. Yagize ati:

Muri macye turi hano (Nairobi) kugira ngo twige bityo tunategura abakinnyi bacu kugira ngo tuzajye mu mikino ya CHAN 2018 duhagaze neza. Ibi kandi bizadufasha kumenya abakinnyi bafite icyo batumarira kuri buri mwanya mu minsi iri imbere. Imikino ibiri tumaze gutsindwa yatweretse ishusho nyayo y’abakinnyi bagira icyo badufasha aho rukomeye.

Mu gukora impinduka zigamije kwiga nibwo Antoine Hey yabanjemo abakinnyi batandukanye 1005 n'abatsinzwe na Kenya

Mu gukora impinduka zigamije kwiga nibwo Antoine Hey yabanjemo abakinnyi batandukanye 1005 n’abatsinzwe na Kenya

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga

Kuba u Rwanda rumaze gutsindwa imikino ibiri ndetse Amavubi akaba ariyo kipe itarabona inota na rimwe mu itsinda A yewe ikanaba ikipe imaze gutsindwa ibitego byinshi, Antoine Hey we avuga ko ari ibintu yishimira kuko ngo buri mukino uramushimisha. Mu magambo ye yagize ati:

Twebwe turi kugenda umukino ku mukino twiga. Ikindi twishimira buri mukino dukina kuko bituma abakinnyi bacu barushaho kwitegura, babona umwanya wo gukina. Nk’uyu munsi (Kuwa 2) twakoresheje umunyezamu ku nshuro ye ya mbere, umukino ukurikira tuzashyiramo undi (Nzarora Marcel). Muri macye turi kugenda twiteguriramo kuko nitumara gusubira mu rugo (Kigali) tuzaba dusigaranye ibyumweru bitatu byo kwitegura CHAN 2018.

Nshimiyimana Imran niwe wari kapiteni w'Amavubi yatsinzwe ma Zanzibar ibitego 3-1

Nshimiyimana Imran ni we wari kapiteni w’Amavubi yatsinzwe ma Zanzibar ibitego 3-1

Kimenyi Yves bwa mbere abanza mu izamu ry'Amavubi makuru yahise yinjizwa ibitego bitatu

Kimenyi Yves bwa mbere abanza mu izamu ry’Amavubi makuru yahise yinjizwa ibitego bitatu

Hakizimana Muhadjili niwe watsinze igitego cy'impozamarira cy'u Rwanda

Hakizimana Muhadjili ni we watsinze igitego cy’impozamarira cy’u Rwanda

Mu mukino u Rwanda rwatsinzwemo kuri uyu wa Kabiri, Zanzibar ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 34′ ubwo Yahya Mudathir yatsindaga igitego cy’umutwe ahagaze hagati ya Niyonzima Olivier Sefu na Emmanuel Imanishimwe mu gihe Rugwiro Herve na Mbogo Ally bakinaga mu mu mutima w’ubwugarizi bari bamaze kuva mu myanya yabo.

Amakipe yombi avuye mu karuhuko ni bwo Hakizimana Mihadjili yishyuye iki gitego ku munota wa 46′ bivuye ku mupira yahawe na Biramahire Abeddy. Igitego cya kabiri cya Zanzibar cyabonetse ku munota wa 52′ gitsinzwe na Mohammed Djuma biturutse ku gihunga cy’abugarira b’u Rwanda bahagaze nabi bityo Zanzibar babona uko bahana umupira. Igitego cya gatatu mu nyungu za Zanzibar cyatsinzwe na Kassimu Khamis ku munota we 86′ w’umukino.

Ni igitego Zanzibar bateguye kuko cyagiyemo Kassim abanje gucenga Imanishimwe Emmanuel wari waje gukiza izamu avuye inyuma ku ruhande rw’ibumoso. Muri uyu mukino waberaga Machackos, Kimenyi Yves umunyezamu wa APR FC wari wabanje mu izamu yahaboneye ikarita y’umuhondo azira kuva mu izamu akajya kwivanga mu kibazo cyari kibereye hagati mu kibuga.

2017-12-06
Editorial

IZINDI NKURU

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Umunsi wa kabiri wa shampiyona y’ikiciro cya kabiri mu bagabo usize amakipe nka Kirehe FC, Amagaju FC na Sunrise FC zitwaye neza naho AS Muhanga yatakarije i Kigali

Editorial 08 Nov 2021
Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Editorial 01 May 2021
Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12

Amakipe 20 atarimo Gisagara VC niyo azitabira imikino yo kwibuka Padiri Kayumba igiye gukinwa ku ncuro ya 12

Editorial 04 Mar 2022
Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Minisitiri wa Siporo Aurore Munyangaju yasoje uruzinduko rw’akazi yari yagiriye muri Senegal asura ishuri ryigishirizwamo umukino wa Basketball mu buryo bwa kinyamwuga

Editorial 11 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden
Amakuru

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Editorial 23 Apr 2021
Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop
IKORANABUHANGA

Instagram igiye kujya igenzura amafoto ayishyirwaho yanyujijwe muri Photoshop

Editorial 20 Jan 2020
Uganda: Maj. Gen. Kavuma Na Maj. Gen. Mugira Bashobora Kwishingira Gen Kayihura Akaburana Adafunze
ITOHOZA

Uganda: Maj. Gen. Kavuma Na Maj. Gen. Mugira Bashobora Kwishingira Gen Kayihura Akaburana Adafunze

Editorial 27 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru