• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]

Amavubi yatsinzwe umukino wa kabiri muri Cecafa [ Amafoto ]

Editorial 06 Dec 2017 IMIKINO

Antoine Hey John Paul umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri mu mikino ya CECAFA Senior Challenge Cip 2-17 iri kubera muri Kenya, nyuma yo kunyagirwa na Zanzibar ibitego 3-1 yavuze ko icyo akeneye ari ugutegura ikipe izakina CHAN 2018 no kongera ubunararibonye bw’abakinnyi.
U Rwanda rwatsinzwe na Zanzibar ibitego 3-1 kuri uyu wa Kabiri nyuma yo kuba kuwa Mbere baratsinzwe na Kenya ibitego 2-0 mu mukino wafunguraga irushanwa. Aganira n’abanyamakuru nyuma yo gutsindwa na Zanzibar, Antoine Hey yavuze ko kuba ikipe afite yiganjemo abakinnyi bakiri bato mu mikino mpuzamahanga byamubereye umwanya mwiza wo kubaha umwanya kugira ngo bige kandi abona ko bigenda bitanga umusaruro. Mu magambo ye yagize ati:

Reka mbanze nshimire Zanzibar ku ntsinzi babonye. Byatugoye cyane mu by’ukuri kuko twabanjwe igitego, turakishyura nyuma baza kutwongeramo ibindi. Gusa ibyo ari byo byose ni ikizamini cyiza ku ikipe yanjye, ni isomo ryiza ku bunararibonye ku bakinnyi bacu. Bamwe muri bo bakinaga umukino wabo wa mbere ku rwego mpuzamahanga abandi ni bwo bari kuva mu bibabzo by’imvune. Byari byiza kubabona bakina bakanyereka ibyo bashoboye.

Antoine Hey Paul akomeza avuga ko ikigamijwe ari ukugenda akora igerageza ku bakinnyi batandukanye kugira ngo arebe uko bitwara kuri buri mwanya bakina bityo ngo bizamworohere kugira ikipe ikorana neza mu mikino ya CHAN 2018 izabera muri Maroc. Yagize ati:

Muri macye turi hano (Nairobi) kugira ngo twige bityo tunategura abakinnyi bacu kugira ngo tuzajye mu mikino ya CHAN 2018 duhagaze neza. Ibi kandi bizadufasha kumenya abakinnyi bafite icyo batumarira kuri buri mwanya mu minsi iri imbere. Imikino ibiri tumaze gutsindwa yatweretse ishusho nyayo y’abakinnyi bagira icyo badufasha aho rukomeye.

Mu gukora impinduka zigamije kwiga nibwo Antoine Hey yabanjemo abakinnyi batandukanye 1005 n'abatsinzwe na Kenya

Mu gukora impinduka zigamije kwiga nibwo Antoine Hey yabanjemo abakinnyi batandukanye 1005 n’abatsinzwe na Kenya

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga

Kuba u Rwanda rumaze gutsindwa imikino ibiri ndetse Amavubi akaba ariyo kipe itarabona inota na rimwe mu itsinda A yewe ikanaba ikipe imaze gutsindwa ibitego byinshi, Antoine Hey we avuga ko ari ibintu yishimira kuko ngo buri mukino uramushimisha. Mu magambo ye yagize ati:

Twebwe turi kugenda umukino ku mukino twiga. Ikindi twishimira buri mukino dukina kuko bituma abakinnyi bacu barushaho kwitegura, babona umwanya wo gukina. Nk’uyu munsi (Kuwa 2) twakoresheje umunyezamu ku nshuro ye ya mbere, umukino ukurikira tuzashyiramo undi (Nzarora Marcel). Muri macye turi kugenda twiteguriramo kuko nitumara gusubira mu rugo (Kigali) tuzaba dusigaranye ibyumweru bitatu byo kwitegura CHAN 2018.

Nshimiyimana Imran niwe wari kapiteni w'Amavubi yatsinzwe ma Zanzibar ibitego 3-1

Nshimiyimana Imran ni we wari kapiteni w’Amavubi yatsinzwe ma Zanzibar ibitego 3-1

Kimenyi Yves bwa mbere abanza mu izamu ry'Amavubi makuru yahise yinjizwa ibitego bitatu

Kimenyi Yves bwa mbere abanza mu izamu ry’Amavubi makuru yahise yinjizwa ibitego bitatu

Hakizimana Muhadjili niwe watsinze igitego cy'impozamarira cy'u Rwanda

Hakizimana Muhadjili ni we watsinze igitego cy’impozamarira cy’u Rwanda

Mu mukino u Rwanda rwatsinzwemo kuri uyu wa Kabiri, Zanzibar ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 34′ ubwo Yahya Mudathir yatsindaga igitego cy’umutwe ahagaze hagati ya Niyonzima Olivier Sefu na Emmanuel Imanishimwe mu gihe Rugwiro Herve na Mbogo Ally bakinaga mu mu mutima w’ubwugarizi bari bamaze kuva mu myanya yabo.

Amakipe yombi avuye mu karuhuko ni bwo Hakizimana Mihadjili yishyuye iki gitego ku munota wa 46′ bivuye ku mupira yahawe na Biramahire Abeddy. Igitego cya kabiri cya Zanzibar cyabonetse ku munota wa 52′ gitsinzwe na Mohammed Djuma biturutse ku gihunga cy’abugarira b’u Rwanda bahagaze nabi bityo Zanzibar babona uko bahana umupira. Igitego cya gatatu mu nyungu za Zanzibar cyatsinzwe na Kassimu Khamis ku munota we 86′ w’umukino.

Ni igitego Zanzibar bateguye kuko cyagiyemo Kassim abanje gucenga Imanishimwe Emmanuel wari waje gukiza izamu avuye inyuma ku ruhande rw’ibumoso. Muri uyu mukino waberaga Machackos, Kimenyi Yves umunyezamu wa APR FC wari wabanje mu izamu yahaboneye ikarita y’umuhondo azira kuva mu izamu akajya kwivanga mu kibazo cyari kibereye hagati mu kibuga.

2017-12-06
Editorial

IZINDI NKURU

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Editorial 25 Feb 2016
Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Editorial 27 Feb 2019
Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Editorial 12 Jun 2021
Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Editorial 06 Jul 2024
Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Editorial 25 Feb 2016
Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Editorial 27 Feb 2019
Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Ngwabije Bryan yavuze ku Rwanda, anasobanura iby’urugendo rwe mu ikipe y’igihugu Amavubi.

Editorial 12 Jun 2021
Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Amafoto – Abarimo Sefu, PaPlay na Madjaliwa batangiye imyitozo muri Rayon Sports yitegura kwakira myugariro Omar Gnign wo muri Senegal

Editorial 06 Jul 2024
Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Uwari umutoza wa Rayon Sport yeguye ku mirimo ye

Editorial 25 Feb 2016
Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Tour du Rwanda mu Burengerazuba: Edwin Avila yegukanye agace Rubavu- Karongi (AMAFOTO)

Editorial 27 Feb 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru