• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Editorial 16 Dec 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Calestous Juma, umunya-Kenya wigishaga muri Kaminuza ya Havard, ndetse akaba yari azwiho guharanira iterambere ry’uburezi n’uburumbuke bwa Afurika.

Prof. Calestous yitabye Imana ku itariki ya 15 Ukuboza 2017 afite imyaka 64, mu bitaro biherereye i Boston muri Massachusetts aho yari arimo kuvurirwa.

Abinyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yagize ati” Mbabajwe no kumva inkuru y’urupfu rwa Prof Calestous Juma. Tubuze umunyabwenge wari wariyemeje guteza imbere guhanga udushya, uburezi n’uburumbuke bwa Afurika. Nihanganishije umuryango n’inshuti ze. Akomeze aruhukire mu mahoro.”

Prof. yaherukaga kuza ku rutonde rw’abantu 100 bubatse izina muri Afurika, urutonde rushyirwaho abantu bamenyekanye kubera ibikorwa by’indashyigikirwa bakoze rwanagaragayeho Perezida Kagame.

Si ubwa mbere kandi yari aje ku rutonde rw’abantu b’ibihangange kuko kuva mu 2012-2014 yagiye aza ku rutonde rw’Abanyafurika 100 bavuga bakumvwa.

Umunyamategeko wa Juma, Peter Wanyama, yabwiye Nation ko yari amaze igihe arwaye, ku buryo atanabashije kujya gushyingura nyina na we watabarutse mu minsi ishize.

Ati” Prof Juma yari amaze imyaka ibiri atameze neza,none uyu munsi twakiriye inkuru ibabaje ijyanye n’urupfu rwe. Andi makuru arambuye muzayagezwaho n’umuryango we […]. Yari yarambwiye ko ari gutegura kuza mu gihugu mu ntangiriro z’umwaka utaha ku bw’ibyago ariko ibi ntibizashoboka.”

Mu bandi babajwe n’urupfu rwe harimo Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta wagaragaje ko babuze umuhanga kandi wakundaga igihugu, aho yahamije ko yari umugwaneza waranzwe no kwitangira ibikorwa bigamije imibereho myiza y’abandi.

Uyu mugabo witabazwaga n’abakeneye inararibonye mu bijyanye n’ubumenyi, ikoranabuhanga no guhanga udushya hagamijwe iterambere rirambye haba mu bihugu byateye imbere n’ibikiri mu nzira y’amajyambere, yari azwiho gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, nyinshi mu nyandiko ze yazinyuzaga kuri Twitter.

Prof. Juma wavukiye mu gace ka Budalang’I, yabaye umwalimu w’amasomo ya Siyansi hagati ya 1974-1978, ndetse n’umunyamakuru ukora inkuru z’ibidukikije ku kinyamakuru Daily Nation kuva mu 1978 kugeza 1979.

Yakoze indi mirimo itandukanye, aho yayoboye Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga muri Kenya, akaba apfuye yigishaga isomo rirebana n’iterambere mpuzamahanga muri Harvard Kennedy School (HKS).

2017-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Editorial 26 Jul 2025
Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Editorial 19 Apr 2021
Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Editorial 04 Apr 2025
Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Kuki HCR ifite indimi ebyiri ku bimukira bazanwa mu Rwanda?

Editorial 24 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntilivamunda Alphonse, Umujenosideri akaba n’Umukwe wa Habyarimana wari warahungiye mu Bubiligi yapfuye adashyikirijwe ubutabera
Amakuru

Ntilivamunda Alphonse, Umujenosideri akaba n’Umukwe wa Habyarimana wari warahungiye mu Bubiligi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Editorial 19 Nov 2020
Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda
ITOHOZA

Amazing Grace yambuwe uburenganzira bwo gukora nka Radio mu Rwanda

Editorial 24 Apr 2018
Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia
ITOHOZA

Kagame, Addo na Rajaonarimampianina bategerejwe muri Zambia

Editorial 01 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru