• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – APR FC yatangaje Uwiyaremye Fidali wakiniraga Intare FC nk’umukinnyi wayo mushya wiyongera kuri Rubuguza Jean Pierre wakiniraga Gicumbi FC   |   24 Jun 2026

  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Ubwanditsi 16 Dec 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Calestous Juma, umunya-Kenya wigishaga muri Kaminuza ya Havard, ndetse akaba yari azwiho guharanira iterambere ry’uburezi n’uburumbuke bwa Afurika.

Prof. Calestous yitabye Imana ku itariki ya 15 Ukuboza 2017 afite imyaka 64, mu bitaro biherereye i Boston muri Massachusetts aho yari arimo kuvurirwa.

Abinyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yagize ati” Mbabajwe no kumva inkuru y’urupfu rwa Prof Calestous Juma. Tubuze umunyabwenge wari wariyemeje guteza imbere guhanga udushya, uburezi n’uburumbuke bwa Afurika. Nihanganishije umuryango n’inshuti ze. Akomeze aruhukire mu mahoro.”

Prof. yaherukaga kuza ku rutonde rw’abantu 100 bubatse izina muri Afurika, urutonde rushyirwaho abantu bamenyekanye kubera ibikorwa by’indashyigikirwa bakoze rwanagaragayeho Perezida Kagame.

Si ubwa mbere kandi yari aje ku rutonde rw’abantu b’ibihangange kuko kuva mu 2012-2014 yagiye aza ku rutonde rw’Abanyafurika 100 bavuga bakumvwa.

Umunyamategeko wa Juma, Peter Wanyama, yabwiye Nation ko yari amaze igihe arwaye, ku buryo atanabashije kujya gushyingura nyina na we watabarutse mu minsi ishize.

Ati” Prof Juma yari amaze imyaka ibiri atameze neza,none uyu munsi twakiriye inkuru ibabaje ijyanye n’urupfu rwe. Andi makuru arambuye muzayagezwaho n’umuryango we […]. Yari yarambwiye ko ari gutegura kuza mu gihugu mu ntangiriro z’umwaka utaha ku bw’ibyago ariko ibi ntibizashoboka.”

Mu bandi babajwe n’urupfu rwe harimo Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta wagaragaje ko babuze umuhanga kandi wakundaga igihugu, aho yahamije ko yari umugwaneza waranzwe no kwitangira ibikorwa bigamije imibereho myiza y’abandi.

Uyu mugabo witabazwaga n’abakeneye inararibonye mu bijyanye n’ubumenyi, ikoranabuhanga no guhanga udushya hagamijwe iterambere rirambye haba mu bihugu byateye imbere n’ibikiri mu nzira y’amajyambere, yari azwiho gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, nyinshi mu nyandiko ze yazinyuzaga kuri Twitter.

Prof. Juma wavukiye mu gace ka Budalang’I, yabaye umwalimu w’amasomo ya Siyansi hagati ya 1974-1978, ndetse n’umunyamakuru ukora inkuru z’ibidukikije ku kinyamakuru Daily Nation kuva mu 1978 kugeza 1979.

Yakoze indi mirimo itandukanye, aho yayoboye Ikigo gishinzwe guteza imbere ikoranabuhanga muri Kenya, akaba apfuye yigishaga isomo rirebana n’iterambere mpuzamahanga muri Harvard Kennedy School (HKS).

2017-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Ubwanditsi 16 Jan 2025
Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 26 Oct 2024

Zimbabwe: Perezida Emmerson Mnangagwa w’imyaka 80 ahagarariye Ishyaka rya ZANU-PF mu Matora

Ubwanditsi 23 Aug 2023
James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

James Comey yunze mu ijwi ry’abavuga ko Trump adakwiye kuba perezida

Ubwanditsi 16 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70
HIRYA NO HINO

Abarwayi ba Coronavirus mu Rwanda bageze kuri 70

Ubwanditsi 30 Mar 2020
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.
Amakuru

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Ubwanditsi 28 May 2021
#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima
INKURU NYAMUKURU

#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

Ubwanditsi 01 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru