• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Banki y’Isi yagurije u Rwanda miliyoni 80 $ zo kongera inkunga zihabwa abatishoboye

Editorial 23 Dec 2017 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Isi bashyize umukono ku masezerano y’inguzanyo ihendutse kandi y’igihe kirekire ya miliyoni 80 $ (nibura miliyari 67 Frw) igomba gukoreshwa mu mushinga wo kongera umubare w’abagenerwa inkunga abatishoboye kandi ukagezwa henshi mu gihugu.

Uyu mushinga uzanyuzwa muri gahunda ya VUP mu mirimo ihabwa abatishoboye bakayihemberwa izongererwa igihe, abagenerwa inkunga y’ingoboka n’izindi.

Iyi nguzanyo iriyongera muri gahunda igamije kuzamura imibereho y’abatishoboye, imaze gushyirwamo miliyoni 438 $ kuva mu 2009.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb Gatete Claver, yavuze ko iyi nguzanyo ihendutse cyane kuko izishyurwa mu ku nyungu ya 0.75% mu gihe cy’imyaka 38, hariho n’imyaka itandatu izashira u Rwanda rutaratangira kwishyura.

Yakomeje agira ati “Irakomeza rero ya porogaramu twari dusanganywe kuko irongera abantu babona inkunga y’ingoboka batishoboye mu buryo ubwo aribwo bwose. Tubafasha muri ya mirimo isanzwe ariko noneho icyiyongeraho ni uko hajyaho n’imiryango ifite abana cyangwa abantu babana n’ubumuga kugira ngo nabo barebe ukuntu bafashwa.”

Yavuze ko uretse iyi nguzanyo, Banki y’Isi yafashije u Rwanda kubona miliyoni 20 $, arimo miliyoni 15 $ yatanzwe n’Ikigega gitera inkunga imishinga yo kurwanya imirire mibi mu bana, Power of Nutrition, gikorana na Banki y’Isi na UNICEF.

Hariho n’izindi miliyoni 5 $ zitangwa na Global Financing Facility, ikigega gifasha mu guteza imbere ubuzima bw’abagore, abana n’abangavu, yose hamwe akazafasha ababyeyi batwite bakeneye kurya neza, n’abagifite abana bato batarengeje imyaka ibiri kugeza kuri itanu.

Minisitiri Gatete yakomeje agira ati “Hari n’andi miliyoni 20 $ twafashijwe kubona yunganira aya mafaranga asanzwe tuguza, yo ni impano. Biradufasha ngo twongere kuri ya porogaramu yo gufasha abantu batishoboye. Tukaba dushimira Banki y’Isi ubufatanye dufite.”

Yanahishuye ko mu gihe kiri imbere hari andi miliyoni 55 $ ari gukusanywa ku bufatanye na Banki y’Isi, azajya muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana.

Umuyobozi wa Banki y’Isi mu Rwanda, Yasser El-Gammal, yavuze ko ayo mafaranga azajya mu guhashya imirire mibi, amasezerano yayo nibura akaba ashobora gushyirwaho umukono mu mpera za Gashyantare 2018.

Yavuze ko hari imbaraga zashyizwe mu kongerera abaturage ubushobozi, iyi nguzanyo ikaba ije kongera imbaraga u Rwanda ruri gushyira muri izo gahunda, ku buryo nta muntu n’umwe ugomba gusigara inyuma.

Yakomeje agira ati “Kimwe mu bintu bitari bisanzwemo ni uko ari inkunga ikomeye muri VUP ariko no mu kurwanya imirire mibi mu bana mu Rwanda, nko muri gahunda y’imbonezamikurire y’abana, dushimishijwe no kuba uyu mushinga watangira vuba.”

Yavuze ko kugabanya imirire mibi mu bana bigoye muri buri gihugu ariko iyo bikozwe bizana inyungu ku miryango no ku bukungu muri rusange.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe iterambere mu nzego z’ibanze (LODA), Nkunda Laetitia, yavuze ko iyi nkunga ari ingenzi kuko izatuma abafashwa baba benshi kurushaho.

Ati “Nko muri aka kazi gatanga imirimo ntabwo twari twarashoboye kugera mu mirenge myinshi, ubu iraza kwiyongera. Ikindi abafite ubumuga cyangwa bafite abana bato nabo baraza kubona iyi nkunga kandi n’imirenge yiyongere. Ku nkunga y’ingoboka ho twari mu mirenge yose,”

Muri uyu mushinga biteganyijwe ko Guverinoma yu Rwanda izongeramo miliyoni 6$, ku buryo mu mpera zawo byitezwe ko inkunga y’ingozoka ifasha ingo 95,846 ziri mu Cyiciro cya mbere cy’Ubudehe, iziyongeraho abagera ku 11,000 zo muri icyo cyiciro zifite nibura umwana ufite ubumuga.

Abahabwa imirimo ibahesha amafaranga nabo bazava ku miryango 128,000 ibarizwa mu mirenge 240, igere kuri 141,361 iri mu mirenge 270. Inkunga y’ingoboka yo isanzwe itangwa mu mirenge yose 416.

Impinduka zikomeye zizanagera muri gahunda ifasha abagore n’abana, izagera ku ngo 75,000 mu mirenge 300 zivuye ku 2757 isanzwe zabarwaga mu mirenge 30 mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2016/2017.

2017-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Editorial 11 Sep 2018
BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Editorial 19 Mar 2020
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Editorial 15 May 2017
Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Editorial 03 Oct 2019
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Editorial 11 Sep 2018
BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Editorial 19 Mar 2020
Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Ikoranabuhanga ntirikwiye guhinduka umwanzi w’Abanyarwanda

Editorial 15 May 2017
Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Afurika irashoboye, yagiye ihezwa inyuma n’imiyoborere-Perezida Kagame

Editorial 03 Oct 2019
Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Kagame yakomoje ku mahirwe y’ishoramari atabyazwa umusaruro muri EAC

Editorial 11 Sep 2018
BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Editorial 19 Mar 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru