• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 28 Dec 2017 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, yagabanyije inyungu amabanki aherwaho inguzanyo ivanwa kuri 6% igezwa kuri 5.5% mu rwego rwo gukomeza korohereza banki uko zabonaga amafaranga.

Muri Kamena iyi nyungu yari yagabanyijwe ivanwa 6.25% ishyirwa kuri 6%; gusa nyuma y’igenzura ry’uko ubukungu buhagaze, BNR yongeye kugabanya iyi nyungu ishyirwa kuri 5.5%.

Ni umwanzuro watangajwe kuri uyu wa Kane, nyuma y’inama yahuzaga Akanama Gashinzwe ubusugire bw’urwego rw’imari (Financial Stability Committee, FSC) n’Akanama gashinzwe politiki y’ifaranga (Monetary Policy Committee, MPC), iba buri gihembwe.

Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, yabwiye itangazamakuru ko kugabanya urwunguko ngenderwaho ruva kuri 6.25% kugeza kuri 6% byagize ingaruka nziza bigendeye ku buryo amabanki aguriza abikorera.

Ati “Byagize ingaruka nziza ku mibare y’ukuntu banki zitanga imyenda ku bikorera kuko mu mezi icyenda ya mbere y’uyu mwaka, inguzanyo zahawe abikorera zazamutseho 14.3% ugereranyije n’uko byari byazamutse 8.8% mu 2016.”

Ibi ni byo Akanama gashinzwe politiki y’ifaranga muri Banki Nkuru y’Igihugu, kahereyeho gafata ‘icyemezo cyo kugabanya urwunguko ngenderwaho rwa BNR ruva kuri 6% kugera kuri 5.5% muri iki gihembwe cya mbere cya 2018 tugiye gutangira’.

Rwangombwa yakomeje avuga ko ari inshuro nke cyane Banki ziguza amafaranga muri Banki Nkuru y’Igihugu ahubwo ko zigurizanya hagati yazo.

Banki y’Igihugu isobanura ko iba yifuza ko kugabanya uru rwunguko byanagira ingaruka ku rwo abakiliya baherwaho amafaranga mu mabanki gusa ngo hari impamvu nyinshi zituma bidahita bihinduka bigendanye n’imiterere y’ubukungu bw’igihugu.

Urwego rw’imari rw’u Rwanda ntirujegajega

BNR isobanura ko urwego rw’imari mu Rwanda ‘rutajegajega’ hashingiwe ku kuba mu mezi icyenda y’umwaka wa 2017, umutungo wa za Banki wazamutseho 17% ugereranyije n’ukwezi kwa cyenda umwaka ushize, aho ubu ubarirwa miliyari 2600 Frw.

Ku bigo by’imari iciriritse, wiyongereye ku kigero cya 9.5% bikaba bigeze kuri miliyari 242.4 Frw. Umutungo w’ibigo by’ubwishingizi nawo wazamutseho 13% ungana na miliyari 386.6 Frw, mu bigo by’ubwiteganyirize uzamukaho 15%, mu mafaranga ukaba ugeze kuri miliyari 690.6 Frw.

Igipimo cy’inguzanyo zitishyurwa neza cyaragabanutse kuko muri banki cyari kuri 8.2% muri Kamena, ariko ubu kigeze kuri 7.7% naho ku bigo by’imari iciriritse kikaba cyarageze kuri 8% kivuye 12.3%.

Ibigo by’imari mu Rwanda ni bimwe mu byihagazeho mu kubona urwunguko kuko inyungu z’amabanki ukuyemo imisoro muri Nzeri yari igeze kuri miliyari 30.6 Frw, mu bigo by’imari iciriritse igeze kuri miliyari 3.1 Frw naho mu by’ubwishingizi ari miliyari 29.4 Frw.

Ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga byazamutseho 53.7% naho ibitumizwa bigabanukaho 1.4% bituma ikinyuranyo cy’ibitumizwa mu mahanga n’ibyoherezwayo kigabanukaho 21.1%.

BNR isobanura ko ibi byagize ingaruka nziza ku ifaranga ry’u Rwanda ku isoko ry’ivunjisha kuko hari icyizere ko uyu mwaka uzarangira ‘ritaye agaciro ho 3.07% ugereranyije n’uko ryari ryataye agaciro 9.7% mu mwaka ushize.’

2017-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Gen. Nyamvumba yakomoje ku mpamvu ingengo y’imari y’igisirikare ikunze kugirwa ibanga

Ubwanditsi 14 May 2019
EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Ubwanditsi 09 Apr 2020
BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Uburyo dukoresha uyu munsi mu miyoborere y’Isi ntabwo ari uburambye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 May 2023
Uburyo ASP Kirumira yishwe
ITOHOZA

Uburyo ASP Kirumira yishwe

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga
Mu Rwanda

Umugabo yakubise Umugore Mumuhanda Amwambura ubusa kubera ko Yamuririye Amafaranga

Ubwanditsi 25 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru