• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 28 Dec 2017 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, yagabanyije inyungu amabanki aherwaho inguzanyo ivanwa kuri 6% igezwa kuri 5.5% mu rwego rwo gukomeza korohereza banki uko zabonaga amafaranga.

Muri Kamena iyi nyungu yari yagabanyijwe ivanwa 6.25% ishyirwa kuri 6%; gusa nyuma y’igenzura ry’uko ubukungu buhagaze, BNR yongeye kugabanya iyi nyungu ishyirwa kuri 5.5%.

Ni umwanzuro watangajwe kuri uyu wa Kane, nyuma y’inama yahuzaga Akanama Gashinzwe ubusugire bw’urwego rw’imari (Financial Stability Committee, FSC) n’Akanama gashinzwe politiki y’ifaranga (Monetary Policy Committee, MPC), iba buri gihembwe.

Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, yabwiye itangazamakuru ko kugabanya urwunguko ngenderwaho ruva kuri 6.25% kugeza kuri 6% byagize ingaruka nziza bigendeye ku buryo amabanki aguriza abikorera.

Ati “Byagize ingaruka nziza ku mibare y’ukuntu banki zitanga imyenda ku bikorera kuko mu mezi icyenda ya mbere y’uyu mwaka, inguzanyo zahawe abikorera zazamutseho 14.3% ugereranyije n’uko byari byazamutse 8.8% mu 2016.”

Ibi ni byo Akanama gashinzwe politiki y’ifaranga muri Banki Nkuru y’Igihugu, kahereyeho gafata ‘icyemezo cyo kugabanya urwunguko ngenderwaho rwa BNR ruva kuri 6% kugera kuri 5.5% muri iki gihembwe cya mbere cya 2018 tugiye gutangira’.

Rwangombwa yakomeje avuga ko ari inshuro nke cyane Banki ziguza amafaranga muri Banki Nkuru y’Igihugu ahubwo ko zigurizanya hagati yazo.

Banki y’Igihugu isobanura ko iba yifuza ko kugabanya uru rwunguko byanagira ingaruka ku rwo abakiliya baherwaho amafaranga mu mabanki gusa ngo hari impamvu nyinshi zituma bidahita bihinduka bigendanye n’imiterere y’ubukungu bw’igihugu.

Urwego rw’imari rw’u Rwanda ntirujegajega

BNR isobanura ko urwego rw’imari mu Rwanda ‘rutajegajega’ hashingiwe ku kuba mu mezi icyenda y’umwaka wa 2017, umutungo wa za Banki wazamutseho 17% ugereranyije n’ukwezi kwa cyenda umwaka ushize, aho ubu ubarirwa miliyari 2600 Frw.

Ku bigo by’imari iciriritse, wiyongereye ku kigero cya 9.5% bikaba bigeze kuri miliyari 242.4 Frw. Umutungo w’ibigo by’ubwishingizi nawo wazamutseho 13% ungana na miliyari 386.6 Frw, mu bigo by’ubwiteganyirize uzamukaho 15%, mu mafaranga ukaba ugeze kuri miliyari 690.6 Frw.

Igipimo cy’inguzanyo zitishyurwa neza cyaragabanutse kuko muri banki cyari kuri 8.2% muri Kamena, ariko ubu kigeze kuri 7.7% naho ku bigo by’imari iciriritse kikaba cyarageze kuri 8% kivuye 12.3%.

Ibigo by’imari mu Rwanda ni bimwe mu byihagazeho mu kubona urwunguko kuko inyungu z’amabanki ukuyemo imisoro muri Nzeri yari igeze kuri miliyari 30.6 Frw, mu bigo by’imari iciriritse igeze kuri miliyari 3.1 Frw naho mu by’ubwishingizi ari miliyari 29.4 Frw.

Ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga byazamutseho 53.7% naho ibitumizwa bigabanukaho 1.4% bituma ikinyuranyo cy’ibitumizwa mu mahanga n’ibyoherezwayo kigabanukaho 21.1%.

BNR isobanura ko ibi byagize ingaruka nziza ku ifaranga ry’u Rwanda ku isoko ry’ivunjisha kuko hari icyizere ko uyu mwaka uzarangira ‘ritaye agaciro ho 3.07% ugereranyije n’uko ryari ryataye agaciro 9.7% mu mwaka ushize.’

2017-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Minisitiri Gatete yemeje ko mu mezi abiri muri Kigali hazaba hari amazi ahagije

Ubwanditsi 25 Apr 2018
BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

BNR yatanze icyizere ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka 7.2% muri uyu mwaka

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubukungu bw’u Rwanda bwiyongereye ku kigero cya 1.7% mu gihembwe cya mbere cya 2017

Ubwanditsi 10 Jul 2017
U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati – Donald Kaberuka

U Rwanda rwanze imibereho ya Dawidi na Goliyati – Donald Kaberuka

Ubwanditsi 15 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba
ITOHOZA

Impunzi z’Abanyarwanda zafashwe zijyanywe muri RNC zishobora kuregwa iterabwoba

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Mgr Mbonyintege arashyize yemeye ko agiye gukorera yubire abajenosideri
Amakuru

Mgr Mbonyintege arashyize yemeye ko agiye gukorera yubire abajenosideri

Ubwanditsi 10 Jul 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Uncategorized

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 31 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru