• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Imiryango y’Abanyarwanda 6 bafungiye Uganda iratabaza

Ubwanditsi 29 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Imiryango y’Abanyarwanda 6 batawe muri yombi n’Ubuyobozi bw’Ubutasi bwa gisirikare muri Uganda (CMI) barasaba abayobozi ba UPDf ko benewabo bakomeje gufungwa bagezwa imbere y’urukiko cyangwa bagafungurwa.

Aba banyarwanda biravugwa ko batawe muri yombi kuwa 19 na 20 Ukuboza bakuwe Nalufenya n’abakozi b’inzego z’umutekano babashinja ibikorwa by’ubutasi n’iterabwoba.

Aba bafashwe ni; Herbert Munyangaju, Freddy Turatsinze, Jessica Muhongerwa, Vanessa Gasaro, Diane Kamikazi na Diane Kamashazi.

Nk’uko bivugwa na Claudette Ninsiima, umugore wa Munyangaju, ngo umugabo we yatawe muri yombi kuwa 20 ukuboza 2017, akuwe mu kabari gaherereye ku Muhanda wa Nyanama muri Kampala, aho yafashwe n’abantu bitwaje intwaro n’imodoka ye bakayitwara.

Ninsiima uvuga mu izina ry’imiryango ifite ababo bafunze, yabwiye itangazamakuru ko nyuma yo guperereza yasanze umugabo we yaratwawe n’abakozi ba CMI, nyuma y’iminsi ibiri akajya ku cyicaro gikuru cy’ubutasi bwa gisirikare asaba kubonana n’umugabo we no gusaba ko afungurwa ariko ngo kugeza ubu nta gisubizo arahabwa nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ivuga.

Uyu mugore aragira ati: “Abanyamategeko bacu, Gawaya Tegulle na Eron Kiiza nabo bandikiye minisiteri y’ingabo n’ubutasi bwa gisirikare basaba kubonana n’imfungwa ariko kugeza ubu ibi byarirengagijwe.”

Yakomeje avuga ko nk’umuryango bahangayikishijwe n’abantu babo bafunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi bafungiye ahantu hatazwi kandi bakaba barengeje igihe giteganywa n’amategeko bafunze bataragezwa imbere y’urukiko.

Yongeyeho ko amakuru bamaze kwegeranya avuga ko bafunzwe mu buryo bubi, butubahiriza uburenganzira bwa muntu kandi barimo gukorerwa iyicarubozo.

Yakomeje agira ati: “Mu izina ry’imiryango y’abafunze, ndahamagarira guverinoma ya Uganda ndetse by’umwihariko UPDF na CMI kubaha imfungwa no kuzifata mu buryo bwa kimuntu kandi bwiyubashye, kubaha no gukurikiza amategeko agenga gufunga abakekwaho ibyaha, kuduha nk’umuryango, abanyamategeko n’abaganga uburenganzira bwo kugera ku bantu bacu.”

Ku birego by’uko aba baba barabaga mu bikorwa by’ubutasi kuri guverinoma ya Uganda no mu bikorwa by’iterabwoba, umunyamategeko Kiiza yavuze ko ibi ari ibintu byakwemezwa gusa ari uko bagejejwe imbere y’urukiko batagumishijwe mu buroko.

Kiiza yongeyeho ko aba bantu bafashwe batari binjiye muri Uganda vuba kuko bahamaze imyaka myinshi bari mu bikorwa bya business, aboneraho kwamagana ko abakiriya be binjiye muri Uganda binyuranyije n’amategeko.

2017-12-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Abanya-Uganda 54% ntibashaka ko Museveni yongera kwiyamamaza kubera ibokorwa bye by’ubugizi bwanabi

Abanya-Uganda 54% ntibashaka ko Museveni yongera kwiyamamaza kubera ibokorwa bye by’ubugizi bwanabi

Ubwanditsi 08 May 2019
Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021
Monusco yunze murya Raporo y’ Itsinda ry’inzobere za Loni yemeza ko Kayumba afite umugambi wo gutera u Rwanda

Monusco yunze murya Raporo y’ Itsinda ry’inzobere za Loni yemeza ko Kayumba afite umugambi wo gutera u Rwanda

Ubwanditsi 01 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo
Amakuru

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwanditsi 02 Jul 2025
Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara
Amakuru

Chairman wa RPF Kagame Paul yatangaje uko Yeretse igihandure Umujandarume wa Habyara

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale
Mu Rwanda

Indaya 500 n’abakiriya bazo ba bagabo 300 mu maboko ya polisi muri Panda gale

Ubwanditsi 17 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru