• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Trump aravugwaho kwishyura umukinnyi wa filime z’urukozasoni ngo atavuga ko baryamanye

Trump aravugwaho kwishyura umukinnyi wa filime z’urukozasoni ngo atavuga ko baryamanye

Ubwanditsi 14 Jan 2018 POLITIKI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump aravugwaho kuba yarifashishije umunyamategeko we akishyura amafaranga umugore ukina filime z’urukozasoni ngo atazavuga ko baryamanye.

Ikinyamakuru Wall Street Journal cyasohoye amakuru avuga ko mu mwaka wa 2016 yaryamanye na Stephanie Clifford uzwi nka Stormy Daniels muri filime z’ubusambanyi. Ubwo Trump yari amerewe nabi n’abagore bamushinjaga kubasambanya, Daniels na we ngo yashatse kubivuga ariko Trump abifashijwemo n’umunyamategeko we Michael Cohen bamwishyura amadolari ibihumbi 130 ngo atabivuga.

Umunyamategeko Cohen yahakanye ayo makuru, avuga ko umukiliya we atigeze aryamana na Daniels, icyakora ntiyakomoza ku mafaranga bivugwa ko yishyuwe uyu mugore mu mpera za 2016.

Iki kinyamakuru kivuga ko cyashingiye ku makuru cyahawe na bamwe mu bazi neza iby’umubano wa Trump na Daniels.

Cohen yerekanye na email yemejwe na Daniels ivuga ko amakuru yo kuryamana kwe na Trump ari ibihuha bidafite ishingiro.

Umwe mu bayobozi muri Perezidansi ya Amerika na we yavuze ko ayo makuru ari ibihuha bimaze igihe, byakwirakwijwe kuva Trump yatangira kwiyamamaza.

Bivugwa ko Daniels mu mpera za 2016 yashatse kujya mu kiganiro Good Morning America gitambuka kuri ABC News ngo avujye iby’umubano we na Trump.

Kuri konti ya Daniels ya Myspace hagaragaraho ifoto ye ari kumwe na Trump, ikaba ivugwa ko yafashwe muri Nyakanga 2006.

Daniels ni umugore wa kabiri uvuzweho guhabwa amafaranga akareka kuvuga umubano we na Trump, nyuma y’umunyamideli Karen McDougal wagurishije uburenganzira bwe n’ikinyamakuru National Inquirer ku nkuru yo kuryamana kwe na Trump agahabwa amadolari ibihumbi 150.

Nubwo icyo kinyamakuru cyamuhaye amafaranga gishaka ko ari cyo cyonyine kizatangaza iyo nkuru, ntabwo yigeze itambuka. Bivugwa ko ari amayeri Trump yakoresheje kugira ngo iyo nkuru iburizwemo kandi uwo mugore atazabona ubundi buryo bwo kubivuga, dore ko umuyobozi mukuru wa Inquirer ari inshuti y’akadosoka ya Donald Trump.

2018-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mugabe wayoboraga Zimbabwe yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko

Mugabe wayoboraga Zimbabwe yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko

Ubwanditsi 24 May 2018
Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Ubwanditsi 07 Mar 2020
Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

RUSHYASHYA 26 Oct 2025
Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Ubwanditsi 13 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Ubwanditsi 21 May 2018
Intumwa za CARE International zashimye ibikorwa bya Isange One Stop Center
Mu Mahanga

Intumwa za CARE International zashimye ibikorwa bya Isange One Stop Center

Ubwanditsi 19 Feb 2016
U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020
UBUKERARUGENDO

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

Ubwanditsi 07 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru