• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urwego rw’ubutabera ni urwego rwiyubatse cyane kandi vuba: Prof Rugege

Urwego rw’ubutabera ni urwego rwiyubatse cyane kandi vuba: Prof Rugege

Ubwanditsi 15 Jan 2018 Mu Rwanda

Abayobozi bafite aho bahurira n’ubutabera bahuriye mu nama yareberaga hamwe gahunda n’ingamba z’igihe kirekire inashingiye ku byagezweho kuva nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi yo muri mata 1994

Prof. Sam Rugege perezida w’urukiko rw’ikirenga wari umushyitsi mukuru muri iyi nama yashimiye abayobozi bari bitabiriye iyo nama imbaraga bashyize mu kuzamura urwego rw’ubutabera ati”urwego rw’ubutabera ni urwego rwiyubatse cyane kandi vuba ,abaturage barabizi”.

Akomeza avuga ko gukoresha umutungo uhari mu kugumya kuzamura urwego rw’ubutabera ,kongera imbaraga mu mikoranire hagati y’inzego zigize urwego rw’ubutabera

Minisitiri w’ubutabera Busingye Johnson yagarutse ku kibazo cy’abanyereza umutungo wa leta bagategekwa kwishyura ariko bagaterera agate mu ryinyo ko bagomba kwishura bitarafata indi ntera kandi ko kugeza ubu ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gifite ububasha bwo kwishyuza uhamwe n’icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta  .

Yakomeje avuga ko bagiye gushyira imbaraga mu gukurikirana abakoze jenoside bakindegembya mu gihugu aho ubu intara y’iburasirazuba iza kumwanya wa mbere abasaga 10.000 bahamijwe  ibyaha n’inkiko za gacaca  bakindegembya.

Muri iyi nama umuyobozi w’ikigo k’igihugu cy’imiyoborere Prof Shyaka Anastase yagaragaje uko ihihugu gihagaze n’uko abaturage bafata urwego rw’ubutabera.

urwego rw’Ubutabera – JRLOS  ni urwego rwiyubatse cyane kandi vuba; abaturage ko abaturage bamaze kurusobanukirwa.Ubutabera,  ubwangamugayo n’imikorere y’inzego za JRLOS, haracyarimo utubazo; bigira ingaruka henshi;

Serivisi zimwe zikomeye mu butabera ‘ntiziremeza’abatura  abagera kuva 10-20% barazinenga. Abanyuzwe 30- 55%; Abifata bari ku kigero cya  30-45%. Yakomeje avuga ko  ari ihurizo,

Ruswa n’akarengane  avuga ko akarengane kacyiri  ikibazo.  Ko kugeza ubu Ruswa igenda ihindura isura; abantu bakayitaka ariko batayigaragaza.

Iyubahirizwa ry’amahame n’imbaraga zishyirwa mu kurwanya ibiyahungabanya birashimwa cyane ‘inzego n’imikorere’ yazo; icyizere ku mwimerere (Abunzi/MAJ) kirasumba icy’ubutabera busanzwe/inkiko;

Muri ubu bushyakashatsi kandi bwagaragaje ko Ubumwe ari imbuto yarangije gushora imizi. Uruhare rw’izindi    nzego rurasumba urwa NURC; abaturage bizeye umutekano; bafitiye icyizere cyinshi inzego nkuru;

Umuryango (sosiyete ): ubudakemwa, umudendezo-ingenzi mu muryango muzima. Prof Shyaka yagize ati”Ubu harimo ibibazo, tutabihagurukiye, byatwononera ejo hazaza”,Gahunda zitsura imibereho y’abaturage ziracyarimo imikorere mibi, bikagabanya ‘uburyohe’ bw’ubutabera n’ubw’imikorere y’inzego ku baturage.

Prof Shyaka yagaragaje  ahakwiye kongererwa imbaraga no Kuvugurura cyane hongerwa imbaraga   muri  Community policing ku rwego rw’umudugudu , kugira ngo igire uruhare runini mu gukemura ibibazo by’umudendezo w’abanyarwanda ( ibiyobyabwenge, amakimbirane, ihototerwa,…), kandi inzego zitandukanye zibigizemo uruhare.

Kongerera imbaraga umwimerere nyarwanda mu gukemura ibibazo – MAJ & ABUNZI- no kuboneza imikorere yawo (ubushobozi, uburyo, inshingano imikorere,..)

Urwego rw’Ubutabera ,rugaharanira  kuzamura igipimo cy’ubupfura n’ubunyangamugayo mu mikorere, no kubisakaza mu zindi nzego;

Urwego rw’Ubutabera (JRLOS) kuzamura uruhare rwarwo mu kongera ubudakemwa/ubwangamugayo muri gahunda zitsura imibereho myiza y’abaturage;

Inzego za JRLOS zikwiye kurushaho kwegere abaturage kugira ngo bazimenye, bamenye ibyo zikora, zibunganire, zibaryohere.

 

Nkundiye Eric Bertrand

2018-01-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame

Minisitiri muri Israel yashimangiye umubano w’u Rwanda n’igihugu cye ubwo yakiraga Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Ubwanditsi 17 Nov 2024
Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Ubwanditsi 27 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen
ITOHOZA

Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen

Ubwanditsi 06 Mar 2016
Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera
IMIKINO

Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho
ITOHOZA

Ubutekamutwe bwa Mugenzi bumukozeho

Ubwanditsi 07 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru