• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface yagize icyo avuga kuri Casimiry Kayumba witabye Imana

Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface yagize icyo avuga kuri Casimiry Kayumba witabye Imana

Editorial 17 Jan 2018 Mu Mahanga

Ndatangariza abantu bose ko nifatanije mu kababaro n’abanyamakuru bose bo mu Rwanda hamwe n’umuryango w’umunyamakuru Casimiry Kayumba witabye imana tariki ya 15/01/2018.

Casimiry namumenyeye i Kigali guhera mumyaka ya za 1995 n’imyaka yakurikiye mu itangazamakuru ry’u Rwanda yakoranaga umurava n’ubuhanga bwinshi.

Yari umugabo ukunda cyane umwuga we w’itangamakuru kandi yari umuhanga cyane ndetse akarangwa no kwakira no kubaha ibitekerezo bya buri wese umugannye agamije kubaka igihugu.
Yakunze kandi gutangaza n’inkuru zanjye mukinyamakuru cye UKURI.

By’umwihariko njye nk’umuntu watowe muri comite y’inyangamugayo bise comite de surveillance abandi bakayita comite des sages ya Press House (Maison de Presse du Rwanda) igishingwa, abandi batowe muri iyo comite akaba ari Madamu Ingabire Marie Immaculee na Bwana Ntaganzwa, ndemezako Casimiry Kayumba yari umuntu udacika intege kucyo yabaga yiyemeje, nkaba nkekako ari nabyo byamuhaye imbaraga zo gukomeza kuba umunyamakuru mubihe bitari byoroshye kugeza ubu. Twibukiranye ko nyuma ya genocide yakorewe Abatutsi, itangazamakuru ry’u Rwanda naryo ryiyubatse rihereye kubusa nk’izindi nzego z’igihugu. Itangazamakuru mubihe bishize ryari rifite ubushobozi buke cyane burifasha kugera kunshingano zaryo. Casimiry Kayumba rero ari mubanyamakuru bubatse itangazamakuru ry’u Rwanda bahereye kubusa.

Ibi kandi nkaba mbishimira abanyamakuru bose bari mumwuga muri icyo gihe hamwe n’abandi bawujemo nyuma. Ibi bikaba bishimangira ko abanyamakuru b’u Rwanda nabo ari abantu bakunda igihugu cyacu cyane kuko atari abantu bakora akazi kabo bakurikiye indonke. Ndetse njye nk’umuhamya wagiye abyibonera iyi myaka yose, buri muturarwanda yaba umuturage cyangwa unutegetsi agomba kubaha no kuzirikana ko mubantu batumye igihugu cyiyubaka kuburyo bwiza kandi bwihuse ndetse kikagira isura nziza mumahanga, abanyamakuru ba Leta n’abigenga nabo babigizemo uruhare rukomeye cyane kuko bagiye bakomeza kwihangana bagakora umurimo wabo neza bifashishije uburyo budahagije babaga bafite.

Ndarangiza nshimira abanyamakuru ko mu bushobozi buke baba bafite bihangana bagatunganya umurimo wabo neza, ariko cyane cyane nkaba mbashimira uburyo baguma ari umuryango umwe bagatabarana haba kuwagize ibyago n’ibindi.

Ikindi mbashimira niboneye ubwo nari mu Rwanda mu kwezi kwa cumi n’abiri 2017, ni uburyo bashoboye gufatanya na leta yacu y’ u Rwanda kwiyubakira inzego zibubahisha kandi zibafasha gutunganya umurimo wabo neza.

Ikindi mbashimira by’umwihariko n’uburyo bakomeje gukomeza umutsi muri ibi bihe bya new technology aho itangazamakuru rigenda rihindura isura buri muntu wese aho ari mu gihugu no ku isi yose agahinduka uvomwaho amakuru cyangwa agahinduka uyatangaza n’uyakwirakwiza byaba ngombwa akayibikaho agamije kuyasangiza abandi batuye isi atagombeye gukenera igitangazamakuru gisanzwe.

Abanyamakuru b’u Rwanda kimwe n’ab’ibindi bihugu ntabwo bari mubihe biboroheye bikaba bitera n’ingaruka nyinshi kubitangazamakuru by’ubwoko bwose n’umwuga wabo muri rusange. Kuba umunyamakuru muri iki gihe cy’ubu ukabishobora nuko uba uri intwari ukaba n’umunyabwenge udasanzwe.

Bwana Casimiry Kayumba rero yakomeje kuba muri izo ntwari z’abanyamakuru zikomeje guhangana n’ibihe zigakomeza umwuga wazo kandi zikawuteza imbere. Buri wese ushyira mu gaciro ahe icyubahiro gikwiye abanyamakuru bose b’abanyarwanda n’abandi, baba abakorera leta cyangwa abakorera itangazamakuru ry’abikorera kugiti cyabo.

Kugiti cyanjye ndetse no mu izina ry’abanyarwanda bazirikana kandi bubaha itangazamakuru, abanyamakuru mwese mukomeje umwuga wanyu neza ndagirango mbabwire nti MURI INTWARI Z’IGIHUGU CYACU CY’U RWANDA, ABANYARWANDA BOSE N’ABATUYE ISI BOSE BAZAHORA BAZIRIKANA UBUTWARI N’UBWITANGE BWANYU KANDI MURI INDORERWAMO N’URUTI RW’UMUGONGO BYA SOSIYETE NYARWANDA IKOMEJE KWIYUBAKA KANDI IGENDA IHINDUKA INTANGARUGERO KUBATUYE ISI BOSE.

Ndetse by’umwihariko w’ibanga ry’akazi, nziko abanyamakuru benshi bigomwa ibyagombye kubatunga no kubatungira imiryango yabo, bakabyifashisha mugutuma bakomeza gukora umwuga wabo neza. Abanyamakuru benshi rero ni Imfura zishinjagira zishira, niyo mpamvu buri wese (kunzego zose) abagomba icyubahiro gikomeye kuko ni intwari zitangira iguhugu na sosiyete nyarwanda muri rusange.

Casimiry Kayumba imana imwakire kandi ikomeze kwihanganisha umuryango we.

Bitangarijwe i Bruxelles tariki ya 16/01/2018

RUTAYISIRE Boniface umwe mubatowe muri comite y’inyangamugayo ya Press House mu mwaka wa 2000 ishingwa.
Tel : +32 466 45 77 04 ( Tel & Watsapp)
Ubu atuye mu Rwanda rwa Diaspora yo mu Bubirigi

2018-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Fidèle Ndayisaba yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC

Fidèle Ndayisaba yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa NURC

Editorial 25 Feb 2016
Dr. Agnes Binagwaho yabonye akazi yishimiye Rwinkwavu

Dr. Agnes Binagwaho yabonye akazi yishimiye Rwinkwavu

Editorial 19 Sep 2016
Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Editorial 21 Feb 2023
16 Kamena 1994, ​umunsi Abatutsi 2000 twakuwe muri st Paul n’Ingabo za RPF -Inkotanyi

16 Kamena 1994, ​umunsi Abatutsi 2000 twakuwe muri st Paul n’Ingabo za RPF -Inkotanyi

Editorial 21 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano
Mu Rwanda

Abitabiriye inama ya ECCAS barimo na Perezida Kagame baganiriye ku bucuruzi n’umutekano

Editorial 02 Dec 2016
Mu mukino wa gishuti, APR FC yatsinze Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa.
Amakuru

Mu mukino wa gishuti, APR FC yatsinze Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa.

Editorial 06 Jun 2021
Ibimenyetso 10 NATO izereka Trump ko Uburusiya burimo gutegura Intambara
ITOHOZA

Ibimenyetso 10 NATO izereka Trump ko Uburusiya burimo gutegura Intambara

Editorial 19 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru