• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ibintu 9 Kiliziya Gatorika yasabye Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 05 Feb 2018 Mu Rwanda

Hari ibyo Kiliziya mu Rwanda yasabye Leta itari yarigeze isaba : gushyingura ababo muri uyu mwaka w’ubwiyunge

Kuri iki cyumweru tariki ya 4 Gashyantare 2018, hirya no hino mu Rwanda hiriwe humvikana ubutumwa Abepiskopi gatolika bageneye abakristu.

Nk’uko tubikesha ibaruwa banditse cyane cyane mu gika cya 27, bigaragara ko Kiliziya gatolika isaba Leta ibintu byinshi bihambaye kugira ngo bwa bwiyunge bushoboke. Ese Leta izabasha kubishyira mu bikorwa? Tubitege amaso. Ntibizabe nka ya mabati!

Ni mu rwego rw’umwaka udasanzwe binjiyemo w’ubwiyunge. Abepiskopi bahamya ko Ubwiyunge ari inzira ndende isaba igihe, ubushishozi n’ubusabaniramana. Mu rwego rwo kubaka ubwiyunge nyabyo, hakenewe ukuri, imyumvire mishya.

Hakenewe umuntu udaheranwa n’amateka ye bwite bituma ananirwa kumva akababaro k’abandi. Ikindi cy’ingenzi gikenewe, muri urwo rugendo rw’ubwiyunge,ni ukuyoborwa n’Ijambo ry’Imana ndetse n’inyigisho za Kiliziya zikihariraumwanya w’ibanze mu kwerekana igikwiye gukorwa.

Ibinyu 9 kiliziya Gatolika yasabye  Leta y’U RWANDA

1) Kiliziya yasabye Ubuyobozi bw’Igihugu gukomeza gushyigikira inzira y’ubwiyunge bwimakaza ukuri, ubutabera n’amahoro mu Banyarwanda. Umuntu yakwibaza niba ukuri kose kuvugwa. Yashaka kumenya kandi igipimo cy’ubutabera aho kigeze. Yakwibaza niba amahoro asagambye, mu ngo niba bimeze neza, niba ntagatanya mu bashakanye ikiharangwa.

2) Kiliziya yasabye Leta gukomeza gufasha abanyarwanda gukura mu myumvire ihamye ituma bashobora kwitaza imigirire y’uwo ari we wese washaka kubagira igikoresho cy’inabi.

3) Kiliziya yasabye Leta ko ikwiye gushyiraho uburyo bwafasha abantu bafite ibikomere n’agahinda baterwa n’uko batarashobora gushyingura ababo.

4) Kiliziya yasabye Leta gukomera ku butabera buboneye

5) Kiliziya yasabye Leta kurwanya ruswa aho iri hose

6) Kiliziya yasabye Leta kubahiriza no gushimangira uburenganzira bw’ikiremwamuntu

7) Kiliziya yasabye Leta kurengera abatishoboye

8) Kiliziya yasabye Leta kubaha ubuzima n’agaciro ka muntu

9) Kiliziya yasabye Leta gukomera ku burezi buteza imbere indangagaciro z’ubumuntu n’iyobokamana

Umwaka w’ubwiyunge, uri mu cyiciro cy’urugendo rw’imyaka itatu, nk’uko Abepiskopi babyanzuye mu nama yabo isanzwe yateranye ku wa 4 Ukuboza 2015 aho biyemeje gukora urugendo nyobokamana.

Bagize bati “Twiyemeje gukora urugendo nyobokamana ruzamara imyaka itatu : dusenga, twivugurura, twiyunga n’Imana n’abavandimwe bacu“. Muri uyu mwaka w’ubwiyunge, Kiliziya gatolika mu Rwanda yiyemeje gukomeza ibikorwa bitandukanye bijyanye no gufasha abantu gukira ibikomere basigiwe n’amateka mabi yagejeje Abanyarwanda kuri Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 n’ingaruka zayo.

Bimwe muri ibyo bikorwa biteganyijwe, harimo ibigamije kubafasha kugera ku myumvire nyayo y’amateka yacu no kugerageza kuyakirana ukwemera kwa gikristu, gukomeza gutega amatwi ababikeneye, gushyiraho amatsinda yo kuvurana ibikomere, aho abantu baganirira kugira ngo umuntu yumve ububabare bwa mugenzi we, kongera gusubukura no kwifashisha imyanzuro yavuye muri Sinode idasanzwe ku kibazo cy’irondakoko mu Rwanda hagamijwe kubakira ku kuri n’urukundo.

Ikindi kizakorwa ni ukuzirikana amagambo y’isengesho rya Fransisko wa Asizi (rizajya riterwa n’umusaserdoti mbere y’umugisha usoza missa ku mibyizi no ku cyumweru n’igihe bishoboka cyose nyuma y’andi masengesho ya buri munsi).

Nkundiye Eric Bertrand

2018-02-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

RUSHYASHYA 26 Nov 2025
Bujumbura : Intambara yahinduye isura,  imbonerakure ziri gusambanya  kungufu abagore baba Tutsikazi, Polisi ibahagarikiye

Bujumbura : Intambara yahinduye isura, imbonerakure ziri gusambanya kungufu abagore baba Tutsikazi, Polisi ibahagarikiye

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Ubwanditsi 16 May 2017
Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Umwiherero w’abayobozi ba Polisi mu butumwa butatu bwa Loni wibanze ku kurinda abasivili no kurwanya ihohoterwa

Ubwanditsi 05 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urujijo kuri Raporo y’iperereza k’urupfu rwa Camille Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Urujijo kuri Raporo y’iperereza k’urupfu rwa Camille Nkurunziza

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro
Amakuru

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Abakozi bo mu bigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano batangiye amahugurwa
Mu Mahanga

Abakozi bo mu bigo byigenga bishinzwe gucunga umutekano batangiye amahugurwa

Ubwanditsi 05 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru