• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Ubwanditsi 06 Feb 2018 Mu Rwanda

Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye igikorwa ku nshuru ya mbere kigamije gukomeza kugishigikira imibereho y’umunyarwanda mu iterambere hakurikijwe intubero igihugu kihaye yo guha ububasha umuturage kugira uruhare mu bimukorerwa.

Ni muri urwo rwego hateguwe iminsi ibiri yo gusobanurira abazitabira ayo mahugurwa n’imurikabikorwa bizabera I Kigali ku 1 kugeza kuya 2 werurwe 2018 aho hitezwe ko imirwango itegamiye kuri Leta isaga 100 izitabira iki gikorwa .

Ni gihe hari  hamenyerewe  ko barwiyemezamirimo n’abacuruzi baciriritse bategura imurikabikorwa  aho baba bafite umugambi wo kwerekana ibikorwa byabo, bakanagurisha, kuri ubu noneho imiryango idaharanira inyungu NGOs ikorera mu Rwanda nayo yateguye imurikabikorwa ridasanzwe  igamije kwerekana serivisi itanga ku Banyarwanda.

Mu mwiteguro y’iki gikorwa n’inama zagiye giba mbere zitandukanye muri uku kwezi  zitabirwaga n’imiryango itegamiye kuri Leta  hagarutseho gushyigikirana hagati y’ibikorwa by’imiryango ikorera mu Rwanda yaba mpuzamahanga cyangwa ikorera mu gihugu ,

Amakuru abashinzwe gutegura iri murikabikorwa batanze bavuze ko bazakira gusa imiryango idaharanira inyungu iri hagati 100 na 125.

Ubu igera kuri 30 ikaba imaze kwiyandikisha. Kuba uyu mubare ari muto ugereranyije ni imiryango dufite mu Rwanda Kabagambe yavuze ko ari ko Isi iteye ko mu  bintu byose habaho gupiganwa

Ni ku nshuro ya mbere mu mateka y’imiryango idaharanira inyungu mu Rwanda iteguye imurikabikorwa muri gahunda yo kugaragariza Abanyarwanda zimwe muri serivise zitangwa n’iyo miryango.

Mu kiganiro n’abanyamakuru  Ignatius Kabagambe Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Apex Media and Promotions yavuze ko uyu ari umwanya mwiza imiryango idaharanira inyungu yaba iyo mu Rwanda ndetse n’indi mpuzamahanga izaboneraho umwanya wo guhura ikungurana ibitekerezo ndetse ikaboneraho n’umwanya wo kwegera abaturage dore ko ari bo bagenerwabikorwa bayo.

Intego yiri murikabikorwa ni ukubaka urwego rw’imiryango mpuzamahanga n’ikorera mu gihugu itegamiye kuri Leta aho bazasangira ibitekerezo kuri buri ruhande bikabafasha mu kurushaho kongera ubunararibonye .

Akomeza avuga ko nubwo ari ubwambere batangiye iki gikorwa ko kizajya kiba buri mwaka mu rwego rwo kureba hamwe abyagezweho mu mwaka ushije .

Mukanyarwaya,ushizwe ibikorwa  no gutegura iri murikabikorwa avuga ko rizongera umubano n’ubufatanye hagati y’imiryango

Sekanyange  Jean Leonard ,  Perezida w’ihuriro nyarwanda ry’imiryango itagegwa na Leta yavuze ko ubu ari uburyo  bwiza  bwongera ibyiza byagaragaraga mu miryango itegamiye kuri Leta kandi avuga ko bizatanga umusaruro ushimishije hagati y’imiryango izitabira iryo murikabikorwa muri werurwe 2018.

yakomeje  avuga  ko iri murikabikorwa ari uburyo bumwe bwo guhuza imyuvire hagati y’imiryango idaharanira inyungu hamwe na Guverinoma y’u Rwanda akaba yizeye ko iri murikabikorwa rizatanga umusaruro ku mpande zombi

Iri  murikabikorwa rikaba rizamara iminsi ibiri  ni kuvuga guhera tariki   1-2  werurwe 2018 muri Camp  Kigali.

Iri murikabikorwa rikaba ryarateguwe na Apex Media and Promotion kubufatanye n’ihuriro nyarwanda ry’imiryango itagengwa na Leta hamwe ni kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RDB) hamwe ni ihuriro ry’imiryango mpuzamahanga idaharanira inyungu.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Polisi yafashe  abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Polisi yafashe abantu 2 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 18 Apr 2017
Gen Kabarebe yahaye impanuro  abanyamakuru bari mu cyiciro cya kabiri cy’itorero  ry’ Impamyabigwi

Gen Kabarebe yahaye impanuro abanyamakuru bari mu cyiciro cya kabiri cy’itorero ry’ Impamyabigwi

Ubwanditsi 24 Apr 2017
Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Ubwanditsi 08 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ababyeyi b’abasore  bivugwako  bajyanywe i Wawa barakeka ko abana babo baba batakiriho
Mu Mahanga

Ababyeyi b’abasore bivugwako bajyanywe i Wawa barakeka ko abana babo baba batakiriho

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Umunyamakuru Ntwali John Williams yafunguwe by’agateganyo
Mu Mahanga

Umunyamakuru Ntwali John Williams yafunguwe by’agateganyo

Ubwanditsi 09 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru