• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Ntibisanzwe ,Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye imurikabikorwa.

Ubwanditsi 06 Feb 2018 Mu Rwanda

Imiryango y’imbere mu gihugu n’imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta bateguye igikorwa ku nshuru ya mbere kigamije gukomeza kugishigikira imibereho y’umunyarwanda mu iterambere hakurikijwe intubero igihugu kihaye yo guha ububasha umuturage kugira uruhare mu bimukorerwa.

Ni muri urwo rwego hateguwe iminsi ibiri yo gusobanurira abazitabira ayo mahugurwa n’imurikabikorwa bizabera I Kigali ku 1 kugeza kuya 2 werurwe 2018 aho hitezwe ko imirwango itegamiye kuri Leta isaga 100 izitabira iki gikorwa .

Ni gihe hari  hamenyerewe  ko barwiyemezamirimo n’abacuruzi baciriritse bategura imurikabikorwa  aho baba bafite umugambi wo kwerekana ibikorwa byabo, bakanagurisha, kuri ubu noneho imiryango idaharanira inyungu NGOs ikorera mu Rwanda nayo yateguye imurikabikorwa ridasanzwe  igamije kwerekana serivisi itanga ku Banyarwanda.

Mu mwiteguro y’iki gikorwa n’inama zagiye giba mbere zitandukanye muri uku kwezi  zitabirwaga n’imiryango itegamiye kuri Leta  hagarutseho gushyigikirana hagati y’ibikorwa by’imiryango ikorera mu Rwanda yaba mpuzamahanga cyangwa ikorera mu gihugu ,

Amakuru abashinzwe gutegura iri murikabikorwa batanze bavuze ko bazakira gusa imiryango idaharanira inyungu iri hagati 100 na 125.

Ubu igera kuri 30 ikaba imaze kwiyandikisha. Kuba uyu mubare ari muto ugereranyije ni imiryango dufite mu Rwanda Kabagambe yavuze ko ari ko Isi iteye ko mu  bintu byose habaho gupiganwa

Ni ku nshuro ya mbere mu mateka y’imiryango idaharanira inyungu mu Rwanda iteguye imurikabikorwa muri gahunda yo kugaragariza Abanyarwanda zimwe muri serivise zitangwa n’iyo miryango.

Mu kiganiro n’abanyamakuru  Ignatius Kabagambe Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Apex Media and Promotions yavuze ko uyu ari umwanya mwiza imiryango idaharanira inyungu yaba iyo mu Rwanda ndetse n’indi mpuzamahanga izaboneraho umwanya wo guhura ikungurana ibitekerezo ndetse ikaboneraho n’umwanya wo kwegera abaturage dore ko ari bo bagenerwabikorwa bayo.

Intego yiri murikabikorwa ni ukubaka urwego rw’imiryango mpuzamahanga n’ikorera mu gihugu itegamiye kuri Leta aho bazasangira ibitekerezo kuri buri ruhande bikabafasha mu kurushaho kongera ubunararibonye .

Akomeza avuga ko nubwo ari ubwambere batangiye iki gikorwa ko kizajya kiba buri mwaka mu rwego rwo kureba hamwe abyagezweho mu mwaka ushije .

Mukanyarwaya,ushizwe ibikorwa  no gutegura iri murikabikorwa avuga ko rizongera umubano n’ubufatanye hagati y’imiryango

Sekanyange  Jean Leonard ,  Perezida w’ihuriro nyarwanda ry’imiryango itagegwa na Leta yavuze ko ubu ari uburyo  bwiza  bwongera ibyiza byagaragaraga mu miryango itegamiye kuri Leta kandi avuga ko bizatanga umusaruro ushimishije hagati y’imiryango izitabira iryo murikabikorwa muri werurwe 2018.

yakomeje  avuga  ko iri murikabikorwa ari uburyo bumwe bwo guhuza imyuvire hagati y’imiryango idaharanira inyungu hamwe na Guverinoma y’u Rwanda akaba yizeye ko iri murikabikorwa rizatanga umusaruro ku mpande zombi

Iri  murikabikorwa rikaba rizamara iminsi ibiri  ni kuvuga guhera tariki   1-2  werurwe 2018 muri Camp  Kigali.

Iri murikabikorwa rikaba ryarateguwe na Apex Media and Promotion kubufatanye n’ihuriro nyarwanda ry’imiryango itagengwa na Leta hamwe ni kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RDB) hamwe ni ihuriro ry’imiryango mpuzamahanga idaharanira inyungu.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-02-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

APR FC na AS Kigali zitwaye neza, Rayon Sports itakaza umukino wa mbere mu guhatanira igikombe, Musanze inyagirwa na Gasogi umutoza Seninga ahita yirukanwa.

Ubwanditsi 24 May 2021
Abantu 7 mu Rwanda bakize Coronavirus, abanduye bagera ku 134 bavuye ku 127

Abantu 7 mu Rwanda bakize Coronavirus, abanduye bagera ku 134 bavuye ku 127

Ubwanditsi 15 Apr 2020
Nairobi : Perezida Kagame  ari mu ba Perezida  bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD  ( Video )

Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Ubwanditsi 27 Aug 2016
Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA

Umunyarwanda Martin Ngoga yashyizwe mu kanama k’imyitwarire ka FIFA

Ubwanditsi 11 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paris: Perezida Kagame yitabiriye inama y’ikoranabuhanga ya VivaTech
IKORANABUHANGA

Paris: Perezida Kagame yitabiriye inama y’ikoranabuhanga ya VivaTech

Ubwanditsi 17 May 2019
Kigali: Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rwasubitswe
ITOHOZA

Kigali: Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rwasubitswe

Ubwanditsi 07 May 2018
Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.
Mu Mahanga

Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.

Ubwanditsi 14 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru