• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 Frw

Ubwanditsi 07 Feb 2018 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi w’u Rwanda, Amb. Gatete Claver, yatangaje ko ingengo y’imari ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 iva ku 2094.9 iba miliyari 2115.4.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi w’u Rwanda, Amb. Gatete Claver, yatangaje ko ingengo y’imari ivuguruye yiyongereyeho miliyari 20.5 iva ku 2094.9 iba miliyari 2115.4.

Minisitiri Gatete yabigarutseho mu ijambo yatanze mu Nteko Rusange ihuriwemo n’abagize Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi kuri uyu wa Gatatu rigaragaza uko ingengo y’imari ya 2017/2018 imaze gushyirwa mu bikorwa.

Amafaranga ava imbere mu gihugu yariyongereye ava kuri miliyari 1,375.4 z’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari 1,412.9 bivuze inyongera igera kuri miliyari 37.5 z’Amafaranga y’u Rwanda.

Iyi nyongera ikomoka mu kugurisha impapuro mpeshamwenda ku isoko ry’imari n’imigabane n’amahoro y’ibikomoka kuri peteroli byinjizwa mu gihugu biba byazigamwe.

Mu ngengo y’imari ya 2017/2018, imishinga izibandwaho irimo uwo kwagura ibigega bya peteroli, gutunganya ibishanga, kuhira imyaka, guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga inyama i Gako no gutera inkunga iyubakwa ry’Ishuri ry’icyitegererezo rya ‘Ntare School’.

Kugeza mu mpera za Ukuboza 2017 ingengo y’imari ya 2017/2018 yari imaze gushyirwa mu bikorwa ku kigero cya 56%.

Mu gihe amafaranga aturuka mu baterankunga yagabanutseho miliyari 16.9 akava kuri miliyari 719.5 aba 702.6, bitewe n’igabanuka ry’igipimo cy’ivunjisha ry’ifaranga ugereranyije n’amadorali, amafaranga agenerwa imishinga y’iterambere yiyongereyeho miliyari 9.8, ava kuri miliyari 772.7 z’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari 782.5 z’Amafaranga y’u Rwanda.

Amafaranga agenewe ishoramari ni miliyari 178 avuye kuri miliyari 159.1Frw; inyongera ikaba ingana na miliyari 18.9, akazashorwa muri RwandAir na Marriot Hotel.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete yatangaje ko gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda yatangiye gutanga umusaruro aho ingano y’ibyo u Rwanda rwatumijwe mu mahanga mu 2017 yagabanutseho 0,4%.

Ibicuruzwa u Rwanda rwohereza mu mahanga byarazamutse, ibyo rutumizayo biragabanuka. Icyuho hagati y’ibyoherejwe n’ibyo rutumiza hanze cyagabanutse ku gipimo cya 21.7% kuva kuri miliyoni 1,624.6 z’amadolari kugera kuri miliyoni 1,271.9 z’amadolari mu mpera z’Ukuboza 2017.

Ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga kugera mu mpera z’ukwezi k’Ukuboza 2017, byinjije miliyoni 943.5 z’amadolari, bivuze ko byiyongereye ku gipimo cya 57.6% ugereranyije na miliyoni 598.7 zinjiye kugera mu mpera z’umwaka wa 2016.

Ni umusaruro Minecofin ivuga ko wakomotse ku musaruro mwiza w’amabuye y’agaciro wiyongereye ku gipimo cya 210.4% kuko yinjirije igihugu agera kuri miliyoni 248.5 z’amadolari, ugereranyije na miliyoni 80.1 mu mwaka wa 2016.

 

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Igiciro cya lisansi cyashyizwe ku arenga 1100 Frw

Ubwanditsi 04 Jul 2018
Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yemeje ingengo y’imari ya leta y’umwaka utaha ya miliyari 2443.5 Frw

Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yemeje ingengo y’imari ya leta y’umwaka utaha ya miliyari 2443.5 Frw

Ubwanditsi 13 Jun 2018
Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubukungu bw’u Rwanda buziyongeraho 7,2% muri uyu mwaka – IMF

Ubwanditsi 02 Dec 2018
IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

IMF yemereye u Rwanda inguzanyo y’ingoboka ya miliyari 22 Frw

Ubwanditsi 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300
HIRYA NO HINO

Rusizi:FARDC yashyikirije RDF abarwanyi bo mu mutwe wa CNRD bagera hafi kuri 300

Ubwanditsi 16 Dec 2019
USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe
HIRYA NO HINO

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018
Gael Faye na Miss Shanel barahurira mu gitaramo
IMIKINO

Gael Faye na Miss Shanel barahurira mu gitaramo

Ubwanditsi 18 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru