• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

RDF yasabye iperereza ku mirwano yayishyamiranyije n’ingabo za RDC

Ubwanditsi 16 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zasabye itsinda ry’ingabo z’ibihugu by’Akarere zishinzwe kugenzura imipaka (EJVM), gukora iperereza ku mirwano yashyamiranyije ingabo za FARDC n’iz’u Rwanda kuwa Kabiri w’iki cyumweru.

Mu nama yahuje iri tsinda na RDF, Umuyobozi w’ingabo mu Ntara y’Amajyaruguru, Brig.Gen Eugene Nkubito, yavuze ko ingabo za FARDC zavogereye ibirindiro by’iz’u Rwanda biri ahitwa Mutara mu Karere ka Musanze, Umurenge wa Shingiro, Akagari ka Mugari, Umudugudu wa Terimbere, ku wa 13 Gashyantare saa moya za mu gitondo.

Yavuze ko ubusanzwe imipaka y’ibihugu byombi ibungabungwa neza mu rwego rwo kwirinda ko imitwe y’abarwanyi nka FDLR n’abandi yahungabanya umutekano mu karere.

Yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zavogerewe hakabaho kurasana, abasirikare batatu ba FARDC bagapfa, bagateshwa intwaro n’ibindi bikoresho.

Ubutasi bw’u Rwanda bwaramenyeshejwe na bwo bumenyesha RDC imirwano irahagarikwa.

RDF yasabye EJVM kugenzura impamvu yihishe inyuma y’uko kuvogera ubusugire bw’u Rwanda, ikagera ahabereye imirwano igatangaza ibyavuyemo ku bihugu byombi.

RDF kandi yahakanye ibivugwa ko ari yo yavogereye RDC kuko ibyo birindiro byayo bihamaze imyaka itanu kandi bizwi. Ikindi ni uko RDF ariyo yahamagaje iri tsinda ngo rikore ubugenzuzi. Rihuriyemo ibihugu bigize bigize Akarere k’Ibiyaga bigari, ICGLR.

Nkubito yavuze ko u Rwanda rushyize imbere umubano mwiza n’ibindi bihugu ariko rutazihanganira icyashaka guhungabanya umitekano warwo.

Itsinda ry’ingabo z’u Rwanda ryahuye n’iry’iz’ibihugu by’Akarere zishinzwe kugenzura imipaka (EJVM)

RDF yasabye ko hakorwa iperereza ku mirwano yabaye hagati yayo n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

2018-02-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda

RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda

Ubwanditsi 09 Nov 2021
Kizito Mihigo arasabira abo yasize mu buroko

Kizito Mihigo arasabira abo yasize mu buroko

Ubwanditsi 16 Oct 2018
Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2021
Mu Mafoto : Burasa Jean Gualbert yasezeweho bwa nyuma

Mu Mafoto : Burasa Jean Gualbert yasezeweho bwa nyuma

Ubwanditsi 09 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye
Mu Rwanda

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yeguye

Ubwanditsi 20 Jun 2017
Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya
Mu Mahanga

Ivan Minnaert watozaga Rayon Sports yerekanwe muri Al-Ittihad yo muri Libya

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025
Amakuru

Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025

Ubwanditsi 16 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru