• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia

Perezida Lungu yijeje guta muri yombi abakekwaho jenoside bahungiye muri Zambia

Ubwanditsi 22 Feb 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Edgar Lungu wa Zambia, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda guhera kuri uyu wa gatatu, aratangaza ko igihugu cye kizakomeza gukora ibishoboka abagize uruhare muri jenoside bahahungiye bagashyikirizwa ubutabera.

Perezida Lungu waje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi 2 akaba yaratangaje ibi nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali kuri uyu wa 21 Gashyantare.

Kugeza ubu u Rwanda rumaze gusohora inyandiko zo guta muri yombi abantu 11 bagize uruhare muri jenoside bahunze ubutabera byizewe ko bari muri Zambia. Perezida Lungu akaba yabwiye abanyamakuru ko Guverinoma y’igihugu cye yiyemeje kubahiga mu rwego rwo gufasha gutanga ubutabera.

Ibi bihugu byombi mu minsi ishize akaba ari bwo byashyize umukono ku masezerano yo kohererezanya abanyabyaha bahunze ubutabera.

Perezida Lungu ati: “Mu gihugu cyacu twubahiriza amategeko”, yongeraho ko Zambia itazaba ubuhungiro bw’abakekwaho jenoside.

Ubwo yari ku rwibutso, perezida Lungu yasabye ko ibyabaye mu Rwanda mu 1994 byaba isomo ku Banyafurika bose mu rwego rwo kwirinda politiki y’amacakubiri.

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Kane, abakuru b’ibihugu byombi bagirana ibiganiro ndetse bakagirana ikiganiro n’itangazamakuru mbere y’uko uruzinduko rw’iminsi 2 rwa perezida Edgar Lungu rusoza.

 

2018-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abicanyi bari bahitanye Gen Katumba Wamala Imana ikinga akaboko ariko umukobwa we n’umushoferi bahasiga ubuzima

Abicanyi bari bahitanye Gen Katumba Wamala Imana ikinga akaboko ariko umukobwa we n’umushoferi bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 01 Jun 2021
RNC ikomeje kugira Ihuriro P5 ikimoteri ndetse n’ikusanyirizo ry’ibindi bigarasha

RNC ikomeje kugira Ihuriro P5 ikimoteri ndetse n’ikusanyirizo ry’ibindi bigarasha

Ubwanditsi 25 Nov 2019
Amakimbirane muri RRM, Sankara yirukanye Noble Marara mu ishyaka

Amakimbirane muri RRM, Sankara yirukanye Noble Marara mu ishyaka

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye

Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye

Ubwanditsi 16 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo
ITOHOZA

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali
INKURU NYAMUKURU

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Aline Gahongayire yatangije irushanwa ry’umugore uhiga abandi mu babyibushye
Mu Mahanga

Aline Gahongayire yatangije irushanwa ry’umugore uhiga abandi mu babyibushye

Ubwanditsi 23 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru