• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye – Perezida Kagame

Editorial 23 Feb 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rushyize imbere ibiganiro kugira ngo impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Zambia zitahuke.

Zambia ni kimwe mu bihugu bicumbikiye impunzi nyinshi z’Abanyarwanda zirimo n’abakurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ku myaka mike ishize u Rwanda na Zambia byagize ubucuti bukomeye bwavuye muri politiki bugera no mu mikoranire y’ubukungu.

Byatumye hari abibaza impamvu gahunda yo gucyura impunzi ziri muri iki gihugu itihutishwa ndetse n’abakekwaho Jenoside bahihishe bakagezwa imbere y’ubutabera.

Gusa Perezida Kagame yamaze impungenge ko nta gahunda u Rwanda rufite yo gushyira igitutu kuri Zambiya kuri iki kibazo.

Yavuze ko u Rwanda rwimakaje inzira y’ibiganiro kugira ngo iki kibazo kibonerwe umuti unyuze impande zombi.

Yabitangarije mu kiganiro we na Perezida Edgar Lungu bagiranye n’abanyamakuru, mbere gato y’uko asoza uruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda, kuri uyu wa Kane tariki 22 Gashyantare 2018.

Yagize ati “Byose ni amahitamo kuko ntiwahatira umuntu ubwenegihugu cyangwa ngo umuhatire gusubira iwabo utarebye niba bimwe mu byifuzo bye byarubahirijwe. Natwe ni muri urwo rwego u Rwanda rwagiye ruganira n’ibihugu bitandukanye.

“Ndizera kandi ko biri mu nzira bikorwa kandi impande zombi zibyumvikanaho, kuko n’abandi bafatanyabikorwa bagombwa kugaragaramo nk’abo mu Muryango w’Abibumbye bashinzwe iby’impunzi. Si ikibazo cy’ibihugu bibiri gusa.”

Perezida Lungu, uvugwaho ko igihugu cye gicumbikiye abakekwaho ibyaha bya Jenoside, avuga ko igihugu cye cyafunguye imiryango kititaye ku binjira kuko bose baje basaba ubuhunzi.

Gusa yongeyeho ko Zambia yiteguye gufatanya n’u Rwanda kugira ngo abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside bahihishe bagezwe imbere y’ubutabera.

Ati “Abanyarwanda twakiriye guhera mu 1994 ni Abanyarwanda baje ari impunzi ariko ntitwari tuzi ibyo basize bakoze kuko ntitwari aha (mu Rwanda). Ariko imiryango mpuzamahanga na UN bagiye badufasha gushyiraho uburyo bwo gutandukanya impunzi zari zarakoze ibyaha n’izari abere.”

Yavuze ko igihugu cye nta kibazo gifite cyo gufasha u Rwanda na UN gukurikirana Abanyarwanda bakurikiranyweho Jenoside bari mu gihugu cye. Anizeza ko Zambia itazacumbikira iteka ryose abantu bahaba nta mpamvu ifatika itumye batura.

Mbere y’uko Perezida Lungu asoza uruzinduko yagiriraga mu Rwanda, hanabayeho gushyira umukono ku masezerano anyuranye hagati y’ibihugu byombi. Mu yasinywe harimo ay’ubutwererane yashyizweho imikono na ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi.

Hanasinywe kandi amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ishoramari, amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye no guterana inkunga mu bumenyi n’ikoranabuhanga, amasezerano y’ubufatanye hagati z’urwego rw’abikorera mu Rwanda n’urwa Zambia.

2018-02-23
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Editorial 25 Jun 2025
RDC: Ishyaka riri ku butegetsi, PPRD, riravuga ko Kabila ari perezida kandi azahora ari perezida

RDC: Ishyaka riri ku butegetsi, PPRD, riravuga ko Kabila ari perezida kandi azahora ari perezida

Editorial 11 May 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde

Editorial 12 Mar 2018
Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Editorial 29 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu  cumi n’umwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngororero barazira iki ?
Mu Mahanga

Abantu cumi n’umwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngororero barazira iki ?

Editorial 15 Apr 2016
Safi Madiba n’umugore we bongeye kwibasirwa n’abafana bitewe n’ifoto yagiye hanze
SHOWBIZ

Safi Madiba n’umugore we bongeye kwibasirwa n’abafana bitewe n’ifoto yagiye hanze

Editorial 16 Dec 2017
Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia  & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi
Amakuru

Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Editorial 02 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru