• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yanyagiye Espoir imbere ya Mamelodi ihita ifata umwanya wa mbere

Rayon Sports yanyagiye Espoir imbere ya Mamelodi ihita ifata umwanya wa mbere

Ubwanditsi 05 Mar 2018 IMIKINO

Umukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Espoir  ku munsi w’ejo warangiye ku ntsinzi ya Rayon Sports y’ibitego 3 ku busa bituma ihita ifata umwanya wa mbere n’amanota 24.

Uyu mukino waberaga kuri sitade ya Kigali Rayon Sports yari yakiriye Espoir FC, wari umukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona.

Rayon Sports yongeye kwereka abafana bayo wa mupira bakunda wo gusatira ndetse no guhererekanya cyane. Ibi ni nabyo byajr gutuma banatsinda ibitego byinshi, gusa Espoir yabanje kwihagararaho ihagarika ubusatirizi bwa Rayon Sports bwari buyobowe na Christ Mbondi na Bimenyimana Bonfils Caleb.

Gusa ku munota wa 42 Mbondi yahise ayitsinda igitego cya mbere ku mupira w’umuterekano wari utewe na Manishimwe Djabel usanga Manzi Thierry awukoraho awuhereza Mbondi ahita atera ishomu mu izamu atsinda igitego cya mbere.

Igice cya mbere cyarangiye ku gitego kimwe cya Rayon Sports, igice cya kabiri kigitangira Muhire Kevin yahise asimbura Manishimwe Djabel.

Kevin yahise ahurirana n’ikosa rya Espoir maze arihannye atera umupira mwiza imbere y’izamu maze Caleb ashyiraho umutwe atsinda igitego cya kabiri.

Umukino wakomeje gukomeza Rayon Sports isatira cyane ibifashinjwemo na Muhire Kevin wahise uyobora umukino neza ariko na Espoir ikanyuzamo ikagera imbere y’izamu Rayon Sports ari nako abatoza bombi bakora impinduka mu bakinnnyi.

Umupira wenda kurangira ku munota wa 92 Nyandwi Sadam wakinnye neza uyu mukino yahinduye umupira imbere y’izamu rya Espoir maze Christ Mbondi atsinda igitego cya 3 kikaba icya 2 kuri we.

Rayon Sports yarangije umukino itsinze ibitego 3 ku busa bwa Espoir , uyu wari umukino wa mbere umutoza Ivan Jacky Minnaert yicaye ku ntebe y’ubutoza kuva yahabwa akazi ko gusimbura Kerekezi Olivier.

Rayon Sports ihise ifata umwanya wa mbere n’amanota 24 inganya na Kiyovu Sports ariko Rayon Sports ikaza imbere kuko yatsinze umukino wabahuje ndetse ikanazigama ibiteho byinshi 9 mu gihe Kiyovu izigamye ibitego 6.

Uyu mukino kandi warebwe n’abakinnyi b’ikipe ya Mamelod Sundowns izakina na Rayon Sports kuwa gatatu mu marushanwa ya Champions League.

Abakinnyi nka Ndayishimiye Eric ’Bakame’, Nyandwi Saddam, Eric Irambona Gisa, Manzi Thierry, Usengimana Faustin, Mutsinzi Ange ’Jimmy’, Mugisha Francois, Mukunzi Yannick, Manishimwe Djabel, Bimenyimana Bonfils Caleb, Christ Mbondi nibo Rayon Sports yabanje mu kibuga.

2018-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

U Rwanda rwatsinze Angola mu mukino wa kabiri w’irushanwa rya Afrobasketball rwiyongerera amahirwe yo kugera muri 1/4, Minisitiri Aurore abashimira kuba bimanye igihugu

Ubwanditsi 27 Aug 2021
Neymar Jr akomeje kwibasirwa n’abafana bamuziza kuvuga ko afasha Mbape.

Neymar Jr akomeje kwibasirwa n’abafana bamuziza kuvuga ko afasha Mbape.

Ubwanditsi 23 Jul 2018
Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda

Rayon Sports yatsindiye Gor Mahia muri Kenya, yigarurira icyizere cyo kurenga amatsinda

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Ubwanditsi 25 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irongera kwibutsa abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko

Ubwanditsi 16 Mar 2016
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!
Amakuru

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse
Mu Rwanda

Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse

Ubwanditsi 27 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru