• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»USA: Abadepite b’Aba- républicains bemeje ko Perezida Putin atafashije Trump mu matora

USA: Abadepite b’Aba- républicains bemeje ko Perezida Putin atafashije Trump mu matora

Editorial 13 Mar 2018 POLITIKI

Abadepite n’Aba- républicains bari muri Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe iperereza kuri uyu wa Mbere bemeje ko Perezida w’u Burusiya, Vladmir Putin atigeze agerageza gushyigikira Donald Trump mu matora yatsinze mu 2016.

Batangaje ko nta kimenyetso babonye ko ibikorwa byo kwamamaza Trump byagize aho bihurira n’u Burusiya, bakaba bagiye gufunga iperereza ryari rimaze umwaka rikorwa.

Ibitekerezo byabo ariko byitezwe ko bitazemeranywaho n’aba- démocrate ndetse ko bishobora gutera ukutavuga rumwe kuri komisiyo ishinzwe guperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora aheruka.

Trump yakirije yombi iyo nkuru, agaragaza ibyishimo bye kuri Twitter mu magambo yandikishije inyuguti nkuru gusa.

Yagize ati “Komisiyo y’Abadepite ishinzwe iperereza, nyuma y’amezi 14 y’iperereza ryimbitse, nta bimenyetso yabonye byo kwinjirirwa cyangwa gukorana n’u Burusiya mu kwamamaza Trump hagamijwe kugena ibizava mu matora yo mu 2016.”

Umwanzuro w’aba- républicains wo guhagarika iri perereza ufashwe mu gihe Robert Mueller nawe wahawe gukurikirana iki kibazo ari kwihutisha iperereza rye.

Nk’uko CNN yabitangaje, Depite Mike Conaway w’umu- républicains uyoboye iryo perereza ku Burusiya, kuri uyu wa Mbere yatangaje ko komisiyo yarangije kubaza abo yashakaga, kandi bamaze gutegura imbanzirizamushinga ya raporo ya paji 150 bagomba gushyikiriza aba- démocrate ngo bayisuzume, kuri uyu wa Kabiri.

Iyi komisiyo yavuze ko Abarusiya bivanze mu matora bashaka guteza akavuyo, ariko ntibemeranya n’abavugaga ko bari bagamije gufasha Trump.

Gusa Depite w’umu- démocrate Adam Schiff nawe uba muri iyo komisiyo, yanenze icyemezo cyo guhagarika iperereza cyafashwe n’aba- républicains.

Yagize ati “Mu guhagarika inshingano zayo zo gukurikirana ibikorwa by’izindi nzego mu Nteko Ishinga Amategeko, abafite ubwiganze bahisemo gushyira imbere kurengera perezida kurusha igihugu, kandi amateka azagaragaza ububi bwabyo.”

Komisiyo ya Sena ishinzwe iperereza yo iracyakomeza ibikorwa byayo ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya 2016, ariko Perezida wayo, Richard Burr yavuze ko kugeza ubu nta bimenyetso barabona ko u Burusiya bwari bugamije gufasha Trump gutsinda Hillary Clinton.

Abadepite b’Aba- démocrate bo bavuga ko hari abatangabuhamya benshi bari bagikeneye kubazwa, ariko ngo aba- républicains bananiwe gukoresha ububasha bafite mu kubona inyandiko zose ngo abagomba kubazwa bazisobanureho.

2018-03-13
Editorial

IZINDI NKURU

Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Menya abakandida bahatanira kuyobora u Rwanda

Editorial 14 Jul 2017
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Editorial 30 Aug 2023
Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Leta 17 zajyanye Trump mu nkiko kubera politiki itandukanya imiryango y’abimukira

Editorial 27 Jun 2018
Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Editorial 13 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi
Mu Rwanda

Abaturage ba Kinyinya batangiye igikorwa cyo kwiyubakira sitasiyo ya Polisi

Editorial 28 Feb 2017
Abategetsi b’u Burundi banze gutatira igihango bafitanye n’abajenosideri
Amakuru

Abategetsi b’u Burundi banze gutatira igihango bafitanye n’abajenosideri

Editorial 08 Apr 2024
Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi
INKURU NYAMUKURU

Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi

Editorial 20 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru