• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Ubwanditsi 12 Mar 2018 POLITIKI

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yahishuye uko mu 2014 yatanze amabwiriza yo guhanura indege yari yatanzweho amakuru ko itwaye abagenzi bafite igisasu cya kirimbuzi bashakaga gutera mu Mujyi wa Sochi, wabereyemo imikino ya Olempike.

Aya makuru Putin yayatangarije muri filime mbarankuru y’amasaha abiri yashyize ahagaragara, ikanakwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga.

Perezida Putin asobanura ko yahawe amakuru ko hari indege yavaga muri Ukraine yari mu nzira yerekeza muri Turikiya, ishaka kuyoberezwa mu Burusiya aho imikino Olempike yari igiye gutangizwa ku mugaragaro ku wa 7 Gashyantare 2014, gusa nyuma ngo yaje kumenyeshwa ko byari ibihuha, iyo ndege ntiyahanurwa.

Putin yagize ati “Nabwiwe ko indege iturutse muri Ukraine yerekeza mu Mujyi wa Istanbul yari yashimuswe, abayishimuse bashaka kuyiyobereza mu Mujyi wa Sochi.”

Umunyamakuru wa BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko umupilote w’iyo ndege yari itwaye abantu bagera 110 yamenye ko harimo umugenzi ufite igisasu agasabwa guhindura icyerekezo akayijyana mu Mujyi wa Sochi muri Stade yarimo abasaga 40,000.

Perezida Putin asobanura ko abashinzwe umutekano bamugiriye inama ko mu gihe habaye ikintu kidasanzwe nk’icyo mu ndege nta kindi cyakorwa uretse kuyirasa. Ati “Nahise mbabwira ngo babikore.”

Akomeza avuga ko nyuma y’igihe gito yaje guhabwa andi makuru ko ari ibihuha itararaswa, bikarangira amategeko atubahirijwe ndetse agahita ajyana n’abateguye imikino aho yagombaga kubera.

Muri iyo filime, Umunyamakuru wa Televiziyo y’Igihugu akaba n’umunyamabanga we mu by’itumanaho, Kondrashov, yamubajije niba hari ikintu gishobora gutuma asubiza agace ka Crimea kuri Ukraine u Burusiya bwigaruriye mu 2014, amusubiza agira ati “Ibyo uvuga ni ibiki, ibyo ntibishora kubaho ndetse ntibizanashoboka.”

Gusa muri Nzeri 2017, Umuryango w’Abibumbye washinje u Burusiya kugira uruhare mu bikorwa byo kubangamira uburenganzira bwa muntu muri Crimea.

Muri iyo filime kandi Putin anavuga ko ashobora gutanga imbabazi ku bintu bimwe uretse gusa icyaha cy’ubugambanyi. Yanahishuye ko sekuru yakoze akazi ko gutekera Vladimir Lenin na Joseph Stalin bamamaye cyane mu ishyaka rya Gikominisite mu Burusiya.

Iyi filime yasohotse mbere gato y’amatora ya Perezida w’u Burusiya ateganyijwe ku wa 18 Werurwe 2018, aho Putin ahabwa amahirwe yo kuyegukana, dore ko umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, Alexei Navalny, atemerewe kwiyamamaza.

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi byakekwaga ko irimo anafite ibisasu bashaka kudobya ibirori byo gutangiza imikino Olempike

Stade yarimo abasaga ibihumbi 40 barebye ibirori byo gufungura imikino Olempike ya 2014

Perezida Putin; Minisitiri w’Intebe, Dmitry Medvedev (uwa kabiri mu bicaye hejuru) na Minisitiri wa Siporo, Vitaly Mutko (ibumoso) bareba umukino wo kunyerera ku rubura u Burusiya bwatsinzemo Koreya y’Epfo wabaye ku wa 8 Werurwe 2014

Putin yavuze ko sekuru yakoze akazi ko gutekera Vladimir Lenin na Joseph Stalin bamamaye mu ishyaka rya Gikominisite mu Burusiya


2018-03-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Ubwanditsi 12 Jun 2025
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Ubwanditsi 05 Sep 2024
Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo

Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo

Ubwanditsi 13 Dec 2018
New York : Perezida Kagame yitabiriye  inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 20 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwiyita umukozi b’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka
ITOHOZA

Kigali: Umugabo akurikiranyweho kwiyita umukozi b’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka

Ubwanditsi 27 Sep 2017
Urugaga rw’Abavoka rwihanganishije umuryango wa Me Mutunzi witabye Imana
Mu Rwanda

Urugaga rw’Abavoka rwihanganishije umuryango wa Me Mutunzi witabye Imana

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Nta shyaka na rimwe rya opposition  rikorera mu buhungiro  ryahungabanya umutekano w’u Rwanda –Rutayisire Boniface
INKURU NYAMUKURU

Nta shyaka na rimwe rya opposition  rikorera mu buhungiro  ryahungabanya umutekano w’u Rwanda –Rutayisire Boniface

Ubwanditsi 30 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru